APR FC izakina na Marine ku munsi wa mbere wa shampiyona

Inteko rusange ya FERWAFA yateranye tariki 09/09/2012, yemeje ko shampiyona y’icyiciro cya mbere izatangira ku wa gatandatu tariki 22/09/2012, APR FC iheruka gutwara igikombe ikazakina na Marine FC.

Muri iyi nama yatangijwe na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, hemejwe ko imikino ya shampiyon ibanza (Phase Aller) izarangira tariki 26/12/2012, icyiciro cy’imikino yo kwishyura (Phase Retour) kikazatangira tariki 12/01/2013, naho shampiyona ikazarangira tariki 15/05/2013.

Muri iyi nama kandi hemejwe ko buri kipe yo mu cyiciro cya mbere igomba kutazajya irenza abakinnyi b’abanyamahanga bane ku rupapuro rw’abakinnyi 18 baba bemerewe gukina umukino, bakazagabanywa bakagera kuri batatu muri shampiyona ya 2013/2014.

Mu nteko rusange ya FERWAFA: Parfait Busabizwa, umunyamabanga wa Komite Olympique; Minisitiri Mitali ushinzwe imikino na Ntagungira Celestin uyobora FERWAFA.
Mu nteko rusange ya FERWAFA: Parfait Busabizwa, umunyamabanga wa Komite Olympique; Minisitiri Mitali ushinzwe imikino na Ntagungira Celestin uyobora FERWAFA.

Mu bindi byemezo byafatiwe muri iyo nama, hari ukwemeza amakipe yo mu cyiciro cya kabiri yahinduye amazina. Iyitwaga Pepiniere yahindutse Pepiniere Kinyinya FC, iyitwara Stella Maris ihinduka Vision Jeunesse Nouvelle FC naho iyitwaha Zebres FC ubu yitwa Gicumbi Zebres FC.

Ku minsi wa mbere wa shampiyona y’icyiciro cya mbere tariki 22/09/2012, APR FC izakira Marine FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, Etincelles yakire Muhanga kuri Stade Umuganda naho Police ikine na La Jeunesse ku Kicukiro.

Ku cyumweru tariki 23/09/2012, Rayon Sports izakira Amagaju kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Kiyovu Sport ikine na Espoir ku Mumena, isonga FC yakire Musanze ku Kicukiro naho Mukura ikine na AS Kigali kuri Stade Kamena i Huye.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka