Ku ntera ya Kilometero 180.6, abakinnyi 70 ni bo bahagurutse mu mujyi wa Nyanza berekezai Rubavu, aho banyuze mu bice bya Ruhango na Muhanga, bakomereza mu turere twa Nyabihu, Ngororero ndetse na Rubavu.
Muri izi nzira, Kigali Today yagiye ihafatira amafoto y’ubwiza butatse utwo duce, aho abasiganwa banyuraga, mu isiganwa ryaje kurangira ryegukanywe n’umusuwisi witwa Simon Pellaud
Amwe mu mafoto yaranze iri siganwa






Areruya Joseph watangiye isiganwa ari we uri imbere ku rutonde

Abafana buriye amazu maremare ya Rubavu ngo barebe uko isganwa risozwa

Mu bice bya Nyabihu basatira Rubavu

Imisozi iteyeho icyayi, iri mu birangaza benshi

Bisaba kujya ahirengeye kugira ngo iyi foto iboneke


Aha ni mu Rwanda

Ku kirere gisa neza, ndetse n’ahantu hatoshye naho bahanyuze

Iyi misozi nayo inogeye ijisho bayinyonzemo

GREENE Edward wa Lowestrates akurikiwe n’abanyarwanda

Abakinnyi bakomoka muri Eritrea akenshi bafashanyaga

Moto za Polisi zikurikirana amagare zinacunga umutekano wo mu muhanda

Simon Pellaud wegukanye isiganwa yishimira intsinzi

Mu bice bya Mukamira hari haguye imvura nyinshi ariko

Simon Pellaud wegukanye isiganwa
Amafoto: Muzogeye Plaisir
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Amafoto nk’aya aba akenewe. Courage!
Kigalitoday ni iya mbere intembereje aho tour du Rwanda yanyuze hose niyicariye iwanjye!Bravo kuri Plaisir
Aha Muzogeye Plaisir aba yakoze akazi!
courage musaza!