Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade ya Cricket

Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2017 nibwo Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade y’umukino wa Cricket, iri muri stade 10 z’uyu mukino zibarirwa ku isi.

Perezida Kagame yafunguye stade ya Cricket i Gahanga
Perezida Kagame yafunguye stade ya Cricket i Gahanga

Iyi stade yubatswe mu murenge wa Gahanga mu karere ka Kicukiro nk’uko bigaragara mu nkuru ya Kigali Today iheruka, Perezida Kagame yavuze ko Leta y’U Rwanda izakomeza kuba hafi y’uyu mukino.

Yagize ati ”Ndashimira buri wese wagize uruhare mu kugirango iyi stade iboneke harimo inshuti zacu zo mu bwongereza,ni igikorwaremezo tubonye tugikeneye kandi kizafatwa neza.”

Perezida Kagame arasaba abaturiye stade ya cricket kuzayifata neza
Perezida Kagame arasaba abaturiye stade ya cricket kuzayifata neza

Perezida Kagame kandi yakomeje anakangurira abayobozi b’inzego zibanze n’abaturiye iyi stade kuzayifata neza kandi bakanashishikarira kumenya uyu mukino uko ukinwa, kuko ngo icyo yifuza ari uko n’umubare w’abakinnyi wakwiyongera.

Iyi stade yuzuye itwaye amafaranga asaga Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda ikaba yarubatswe ku bufatanye bwa leta y’u Rwanda yatanze ikibanza kingana cya Hegitari 4.5, ikaba ifite uburebure bwa metero 124, ubugari bwa metero 137 ikaba kandi igizwe n’ikibuga cy’ubwatsi bugezweho bwitwa “Bermuda Glass”.

Umuhango witabiriwe n'abantu benshi
Umuhango witabiriwe n’abantu benshi

Uyu muhango wo gufungura iyi stade witabiriwe n’umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket ku isi (International Cricket Council (‘ICC’) David John Richardson.

Hari kandi n’igihangange muri uyu mukino wa Cricket ku isi Brian Charles Lara wigeze kuba kapiteni w’Ubwongereza.

Photos: Plaisir Muzogeye

Andi mafoto kanda hano

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Bermuda Glass??

Or Bermuda Grass !

Glass yanditse ku itariki ya: 3-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka