Gikundiro Stadium iratangira kubakwa mu myaka ibiri

Kuwa gatanu tariki 15 Ugushyingo 2019, ni bwo habaye ‘Rayon Sport day’, umunsi warimo ibikorwa bitandukanye byateguwe n’ikipe ya Rayon Sport FC.

Igishushanyo mbonera cya sitade ya Rayon sport
Igishushanyo mbonera cya sitade ya Rayon sport

Kimwe mu byerekanwe kuri uwo munsi, ni igishushanyo mbonera cya ‘Gikundiro Stadium’, sitade ya Rayon Sports yitezweho guhindura byinshi muri iyi kipe.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na Kigali Today nyuma y’uwo munsi, umuyobozi wa Rayon Sport FC, Munyakazi Sadate, yaduhamirije ko mu myaka ibiri ‘Gikundiro Stadium’ izatangira kubakwa.

Yagize ati “Twiyemeje ko mu myaka ibiri, bivuze muri iyi manda yacu turateganya gushyiraho ibuye ry’ifatizo aho izubakwa”.

Abakunzi ba Rayon Sports bakomeje kwibaza aho ubutaka bwo kubakaho Gikundiro Stadium buzava.

Munyakazi Sadate asubiza ati “Mu mwaka wa 2003, Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yaduye isezerano ryo kuduha ubutaka bwo kubakaho sitade.

Aka kanya rero dushobora kumwibwirira ko igishushanyo mbonera ndetse n’igitekerezo cyo kuyubaka gihari, kuko ni we waduteye ingabo mu bitugu yo kubaka iyi sitade. Dukeneye hegitari 13.5, kugira ngo tubone aho tuyubaka”.

Yasabye abakunzi ba Rayon Sport kugira uruhare mu iyubakwa ry’iyi sitade, avuga ko, “iyi sitade si iya Perezida wa Rayon, si iya komite ya Rayon, ni iy’abafana ndetse n’abakunzi ba Rayon Sport. Buri mu rayon wese arasabwa uruhare rwe”.

Gikundiro Stadium izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 64, igizwe n’ibi bikurikira:

1.Stade yakira abantu ibihumbi 64

2.Inzu ebyiri z’ubucuruzi z’amagorofa 4 buri imwe, kdi zifatanye na Sitade, harimo aho gucururiza nkaza Super Markets, ubucuruzi bunyuranye, n’ibindi.

3.Ibyumba birenga igihumbi byo gukoreramo imirimo inyuranye (office, Hôtel, Night Club, Bar Restaurent, n’ibindi.

4. Pisine (piscine) mpuzamahanga

5.Ibibuga bibiri by’imyitozo (kimwe cy’ubwatsi busanzwe, ikindi cy’ubwatsi bw’ubukorano na sitade zabyo

6.Ibibuga bitatu bya Basket

7. Ibibuga bibiri bya Volley Ball

8. Ikibuga kimwe cya Handball

9. Ibibuga bitatu bya Tennis

10. Parking yakira imodoka nibura ibihumbi 10

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 31 )

ooohh rayon courage kbs

ishimwe jean claude yanditse ku itariki ya: 23-11-2019  →  Musubize

Ariko muzi kwipasa muremure kweri ubuse mubona muzakura he he ariya mafranga koko

Muhayimana Aphrodis yanditse ku itariki ya: 23-11-2019  →  Musubize

iyi stade irashoboka kuko niba aba rayon turenga millioni eshanu, buriwese yatanga 20,000frw tugakusanya milliyoni 100 z’ama euro tukayubaka kdi urumva byasaba ko haboneka aba rayon milliyoni eshanu wenda batanga 2000frw buri kwezi ubundi tayari tukiyubakira stade ya Gikundiro. murakoze kdi nange nzaboneka muri abangaba kdi hari nabayarenza nge mvuze kurwego rwange rucirirtse

venuste Tuyisenge yanditse ku itariki ya: 22-11-2019  →  Musubize

nibyiza cyane kugira igitekerezo nkocyo ariko ndabna project iremereye kurusha abazahakorera. iyo project lose irangiye yaba iri muri stade za mbere kwisi. ariko byose birashoboka courage sana

bimawuwa yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Rwanyonga mbona Imana sha mufite umushinga mwiza Perezida azabafasha n’Intore yo kumukondo. Intare nayo ni igire icyo ikora nubwo twananiwe gusohoka ko dutsinde tuzacungira ku bikorwa remezo abanabacu bazabikora. Uraba wumva APR na AS KIGALI kuko Gikundiro ntiturusha ubushobozi murinde batazadukandagirira kuri Stade yabo . KNC na GASOGI ye batangiye gusiza aho bazayubaka.

DUMBULI yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

uwo mupapa knc c ni hehe agiye kuyuba twaherutse iya gikomero yuzuye bavuga ngo niye birangira akoreye i ndera ngaho mumfashe mubwire

donat yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Ndashimira abayoboziba Rayon ,bari kureba kure,nigitekerezo kiza nabandi bagaragaze imishinga bafitiye.bitera abafana akanyamuneza

Mpayimana Bonavunture yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Ndashimira abayoboziba Rayon ,bari kureba kure,nigitekerezo kiza nabandi bagaragaze imishinga bafitiye.bitera abafana akanyamuneza

Mpayimana Bonavunture yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Twishimiye cyane iriya stade.
Izahindura isura yumujyi wacu Kigali, ihindure isura y’imyidagaduro mu Rwanda. Abayiteguye barebye kure. hazaberamo imikino yubwoko bunyuranye. Hari aho kwiyakirira.
Aho kuvugako bidahoboka, ahubwo nihatangire kongera ingufu mu gukusanya amafaranga yo kuyubaka. Naho ubundi courage tubari inyuma, ntagusubira inyuma.

Uwimana Venant yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Ndashimira ubuyobozi bwa equipe yacu gikundiro kubwo intumbero nziza kubwajye ndumva ibi bishyoboka cyane burya usibye abantu batagira gukunda igihugu ahubwo twese abanyarwanda twishimire ko harimpinduka nziza zigiye kuzaba mumu pira wamaguru.kdi burya ngo musabe muzahabwa nimushaka muzabona

Theogene yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Abavuga ko sitade itazabona abafana bayicaramo ubwo so ukwigiza nkana. None se bibazako uramutse urumusore wakubaka inzu yi cyumba kimwe kuko uri umwe? Cg wateganya ko hari gihe uzagira umuryango?
Nkumurayon ndabona abayobozi bacu vazi kuturebera ahazaza. Look forward conguz!!!!

Anicet yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Abavuga ko sitade itazabona abafana bayicaramo ubwo so ukwigiza nkana. None se bibazako uramutse urumusore wakubaka inzu yi cyumba kimwe kuko uri umwe? Cg wateganya ko hari gihe uzagira umuryango?
Nkumurayon ndabona abayobozi bacu vazi kuturebera ahazaza. Look forward conguz!!!!

Anicet yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Abavuga ko sitade itazabona abafana bayicaramo ubwo so ukwigiza nkana. None se bibazako uramutse urumusore wakubaka inzu yi cyumba kimwe kuko uri umwe? Cg wateganya ko hari gihe uzagira umuryango?
Nkumurayon ndabona abayobozi bacu vazi kuturebera ahazaza. Look forward conguz!!!!

Anicet yanditse ku itariki ya: 21-11-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka