Gacinya Chance Denys yemerewe kwiyamamariza kuba Visi-Perezida wa FERWAFA

Komisiyo y’ubujurire y’amatora ya FERWAFA yatangaje imyanzuro ku bakandida bajuriye, yemeza ko ubujurire bwa Gacinya Chance Denis ari bwo bwonyine bufite ishingiro

Nyuma y’uko Komisiyo y’amatora ya FERWAFA yari yatangaje urutonde rw’abakandidabemerewe kwiyamamaza mu myanya itandukanye muri Komite Nyobozi ya FERWAFA, bamwe mu bakandida batari bemerewe kwiyamamaza batanze ubujurire.

Gacinya wamenyekanye ayobora Rayon Sports ubu yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Visi-Perezida wa FERWAFA
Gacinya wamenyekanye ayobora Rayon Sports ubu yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Visi-Perezida wa FERWAFA

Bamwe mu bakandida batari bemerewe bakaza kujurira barimo Gacinya Chance Denis wari wiyamamaje ku mwanya wa Visi-Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike, Hakizimana Moussa wiyamamaza muri Komisiyo y’ubuvuzi ndetse na Kanamugire Fidele nawe wari wiyamamaje ku mwanya wa Visi-Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike.

Iyi Komisiyo y’ubujurire yatangaje ko ubujurire bwa Gacinya Chance Denys ari bwo bwonyine bufite ishingiro, akaba yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Visi-Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka