Amavubi ntakitabiriye CECAFA izabera muri Ethiopia

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Amavubi atakitabiriye CECAFA igomba kubera muri Ethiopia.

Amavubi yari amaze iminsi ari mu myiteguro
Amavubi yari amaze iminsi ari mu myiteguro

Nyuma y’ibyumweru bibiri byari bishize ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) iri mu mwiherero n’imyitozo yo gutegura amarushanwa ya CECAFA azahuza abatarengeje imyaka 23, birangiye u Rwanda rutangaje ko rutakitabiriye ayo marushanwa.

Impamvu yatanzwe ni uko hari ingamba zashyizweho n’u Rwanda zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, ndetse FERWAFA ikaba yanatangaje ko ikipe ya Scandinavia itazitabira CECAFA y’amakipe y’abagore.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka