Patriots itwaye igikombe cya Gatatu yikurikiranya,The Hoops yandika amateka

Ikipe ya Patriots BBC itwaye igikombe cya Gatatu yikurikiranya nyuma yo gutsinda REG BBC amanota 76 kuri 61,The Hoops Rwanda yandika amateka itwara igikombe cyayo cya mbere nyuma yo gutsinda IPRC Huye y’abagore amanota 68 kuri 63.

Imikino ya nyuma ya BK Basketball National League yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Ukwakira 2020.

Umukino wa nyuma mu bagabo wahuje REG BBC na Patriots BBC witabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, wanitabiriye umukino wa 1/2 wahuje REG BBC na APR BBC.

Ni imikino yabanjirijwe n’iyo gushaka umwanya wa Gatatu mu bagabo n’abagore. Mu bagore ikipe y’Ubumwe BBC yatwaye umwanya wa Gatatu itsinze 67 kuri 52 ya APR BBC. Mu bagabo IPRC Kigali yatsinze APR BBC amanota 87 kuri 79.

Uko amakipe yakurikiranye

Abagabo:

1. Patriots BBC
2. REG BBC
3. IPRC Kigali BBC
4. APR BBC

Abagore:

1.The Hoops Rwanda
2. IPRC Huye BBC
3. Ubumwe BBC
4. APR W BBC

Amakipe abiri yegukanye ibikombe azahagararira u Rwanda mu mikino mpuzampahanga. Patriots BBC izahagarariria u Rwanda muri Basketball Africa League mu gihe The Hoops Rwanda izahagarariria u Rwanda mu mikino y’Akarere ka Gatanu (Zone 5).

Banki ya Kigali ni we muterankunga wa shampiyona yatanze ibihembo ku makipe ane ya mbere. Ikipe ya mbere yahembwe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, iya kabiri ihabwa miliyoni imwe n’igice, iya Gatatu yahawe miliyoni imwe, iya kane ihabwa ibihumbi magana inani.

The Hoops Rwanda itwaye igikombe cyayo cya mbere itsinze IPRC Huye
The Hoops Rwanda itwaye igikombe cyayo cya mbere itsinze IPRC Huye
Patriots BBC itwaye ibikombe by'imyaka itatu ikurikirana
Patriots BBC itwaye ibikombe by’imyaka itatu ikurikirana

Kureba andi mafoto menshi, kanda HANO

Inkuru bijyanye:

Perezida Kagame yarebye umukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball (Amafoto)

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka