Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa ry’amamodoka, aho Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude ari bo baryegukanye
Ikipe ya Pipiniere yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri inganyije na Rayon Sport yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction y’i Rubavu ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rytiriwe "Kwibuka", ryavaga mu Ruhango ryerekeza i Karongi
Imodoka 9 zirimo izizaturuka i Burundi eshatu ndetse n’iz’abanyarwanda ni zo zizitabira isiganwa ry’amamodoka ribera i Bugesera kuri uyu wa Gatandatu
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rigiye kwibuka abahoze ari abakinnyi, abayobozi n’abakunzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Bamwe mu batoza b’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri mu Rwanda batangaza ko uko amakipe akina igikombe cy’amahoro atomborana bidakorwa neza.
Ministeri y’umuco na Siporo mu Rwanda iratangaza ko yashimishijwe n’ishema ikipe y’igihugu ya Beach Volley y’abakobwa yahesheje igihugu itwara igikombe cy’afurika
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwegukana igikombe cya Shampiona hari bimwe mu byaranze inzira yanyuzemo kugera itwaye igikombe
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya 8 cya Shampiona itsinzwe rimwe gusa, inganyije inshuro enye, mu gihe isigaje imikino ine ngo Shampiona irangire
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiona nyuma yo gutsinda Mukura ibitego 2-1 byatsinzwe na Moussa Camara
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA riratangaza ko bitewe n’imyiteguro y’ikipe y’igihugu "AMAVUBI", imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere yari isigaye, yamaze kwigizwa imbere.
Kuri uyu wa kabiri i Nyamata mu Bugesera habereye umukino w’igikombe cy’Amahoro wari usigaye muri 1/8 hagati ya Bugesera na As Muhanga, Bugesera inyagira Muhanga iranayisezerera
Ikipe ya Espoir ishobora guterwa Mpaga igasezererwa mu gikombe cy’amahoro bitewe n’amakosa yakoze mu mukino wo kwishyura.
Abatoza babiri bungirije b’ikipe ya Bugesera Fc ndetse n’umuganga bahagaritswe n’ubuyobozi bw’ikipe nyuma y’umwuka mubi wavugagwa muri iyo kipe.
Itariki nk’iyi mu mwaka wa 2013, abafana ba Rayon Sports babyinaga intsinzi bishimira kwegukana ku nshuro ya 7 igikombe cya Shampiona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru
Mu mukino wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade Amahoro, Rayon Sports inganyije na Musanze ibitego 3-3, Musanze ihita isezererwa
Mu irushanwa ryaberaga muri Mozambique, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa yegukanye iki gikombe itsinze Maroc amaseti 2-1
Umutoza wa Sunrise Fc Cassa Mbungo Andre avuga ko adatewe impungenge n’uko umusaruro muke w’ikipe ya Sunrise ushobora kwangiza izina rye yubatse mbere.
Ikipe ya APR Fc imaze kunyagira Sunrise ibitego 4-0 ihita inakatisha itike yo gukina imikino ya ¼ cy’irangiza cy’igikombe cy’amahoro.
Ikipe ya Sunrise igiye gukina na APR Fc mu mukino wo kwishyura wa 1/8 w’igikombe cy’amahoro yamaze guhemba abakinnyi imishahara y’amezi 2.
U Rwanda rwatumiye ibihugu 13 mu irushanwa ryo kwibuka abari abakinnyi n’abakundaga siporo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryashyize Umunyarwanda Martin Ngoga muri komite ishinzwe imyitwarire, mu itsinda rishinzwe iperereza
Ikipe ya Rayon Sports, Amagaju, Police na AS Kigali zateye intambwe muri 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gutsinda imikino ibanza
Abakinnyi b’ikipe ya Sunrise babanje kwanga kujya mu kibuga ngo bakine basaba ko babanza guhembwa umushahara w’amezi atatu baberewemo.
Rusanganwa Fredric Ntare, wamenyekanye mu ikipe ya Mukura, APR FC no mu ikipe y’Igihugu Amavubi yavuze ko yatorotse kubera impungenge z’ubuzima bwa nyuma y’Umupira.
Abakinnyi b’ikipe ya Sunrise bakomeje gutangaza ko bakomeje kubangamirwa n’ikibazo cy’imirire aho ngo hari n’igihe baburara.
Imwe mu mikino yo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro yahinduriwe ibibuga, indi ihindurirwa umunsi, mu gihe imikino ibanza nta mpinduka zabaye
Mu gihe Rayon Sports isa nk’iyegukanye igikombe cya Shampiona, amakipe ahatanira kutamanuka akomeje kurwana inkundura, mu gihe n’umwanya wa kabiri bitarasobanuka
Muhoza Jean Paul Umutoza w’ikipe ya Pepiniere yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri avuga ko Ferwafa ishobora kuba yaragize uruhare mu kumanuka kwa Pepiniere.