Abatuye mu Karere ka Rusizi bavuga ko mu iterambere batekerezaga rizabageraho vuba batigeze bakeka ko nabo bakwegerezwa internet yihuta izwi nka 4G.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ikoranabuhanga ari ryo rizafasha ibihugu bya Afurika kwihuza ariko bikazagerwaho leta zibigize nizigira ubushake muri politiki bwo gusakaza ikoranabuhanga kuri bose.
Perezida Paul Kagame avuga ko imiterere ya Afurika ikeneye ko abayituye bakoresha umurongo mugari wa Internet uzwi nka Broadband, kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo bidindiza iterambere ry’umugabane.
Mu bukangurambaga bumaze iminsi bukorwa ku ikoreshwa rya interineti yo mu bwoko bwa 4G, hagaragajwe uburyo urubyiruko rushobora kuyikoresha kugira ngo rugere ku iterambere rwifuza.
Abashoramari bo mu Buyapani bafite ikigo cyitwa DMM banyuzwe n’imikorere ya “Tap&Go” maze bashoramo imari kugira ngo irusheho gukora neza.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Musanze bavuga ko ibibazo byo guhererekanya amakuru bigiye gukemuka, nyuma yo kwegerezwa uburyo bwo kubona internet yihuta ku buryo bworoshye.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Rubavu bavuga ko ibibazo byo guhererekanya amakuru bigiye gukemuka, nyuma yo kwegerezwa uburyo bwo kubona internet yihuta ku buryo bworoshye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko gahunda ya buri cyumweru y’abayobozi kuva ku Ntara kugera ku Kagari izajya itangazwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye bishimiye kugezwaho internet ya 4G, bavuga ko bajyaga bahora bayumva batazi imikorere yayo.
Bamwe mu batuye kure y’imirenge baravuga ko amafaranga bakoresha mu ngendo bajya gushaka serivisi z’Irembo arenze aya serivisi bishyura.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko iri gusuzuma ibirego yagejejweho n’abantu binjiriwe na ba rushimusi ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo abo barushimusi bafatwe.
Sosiyete y’Abanya-Suwede Ericsson igiye kuzana interineti ya 5G, izaza kunganira iya 4G yari isanzwe iri ku isonga rya interineti yihuta mu Rwanda.
Minisiteri y’ikoranabuhanga yatangije ikoranabuhanga mu midugudu itanu y’igerageza, hagamijwe gufasha buri muturarwanda kuzaba akoresha ikoranabuhanga bitarenze umwaka wa 2020.
Jack Ma, Umuherwe w’Umushinwa muri bizinesi, yemereye urubyiruko rw’Abanyafurika imishinga itatu minini, irimo amahugurwa muri sosiyete ye n’inkunga yo kuzamura bizinesi ku bafite imishiga myiza.
Ikigo cya KLab cyatangiye kwigisha abana bari mu cyigero cy’imyaka itanu bari kwiga ikoranabuhanga ririmo gukora imbuga za internet.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bibiri byo muri Rwamagana bahamya ko nyuma yo guhabwa interineti y’umwaka wose bizatuma bakoresha neza ikoranabuhanga rya “Urubuto”.
U Rwanda rurateganya gushyiraho ikigo kigamije gutegura no kwirinda ibitero by’ikoranabuhanga bikorerwa kuri internet na mudasobwa.
Korea Telecom Rwanda Network (KtRN), ikompanyi icuruza interineti izwi nka 4G LTE, yatangije ku mugaragaro uburyo bw’iminara ikoresha ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba.
Ikinyarwanda kiri mu ndimi nyinshi zikoreshwa gake mu ikoranabuhanga rya Internet ari yo mpamvu harimo gushakwa uko cyakwiyongera.
Mu Rwanda hagiye gutangira inama ya Transform Africa, ikazibanda ku inozwa rya gahunda yiswe “Smart Cities” igamije kugira imijyi Nyafurika itanga serivisi yifashishije ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’inzego zitandukanye, irashaka uko ikoranabuhanga ryagera ku baturarwanda bose bageze igihe cyo kurikoresha.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe kubaka ubushobozi muri Afurika (ACBF) bwerekanye ko u Rwanda ruza ku mwanya wa gatatu mu gukoresha ikoranabuhanga muri Afurika.
Abayobozi b’amashuri n’ababyeyi, ni bamwe mu bishimiye ikoranabuhanga “urubuto” rya Banki ya Kigali (BK), riha ababyeyi amakuru y’uburezi bw’umwana ku ishuri.
Imirenge SACCO igiye guhuzwa ishyirwemo umurongo wa interineti kuburyo umunyamuryango wazo azajya abasha gukoresha konti ye aho ari hose mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame avuga ko ahazaza h’isi hashingiye ku cyizere internet itanga, ariko bikazashoboka ari uko za guverinoma, ibigo n’abaturage bitahirije umugozi umwe.
Kompanyi yo mu Busuwisi “WISeKey”, mu Nama Mpuzamahanga yiswe “Mobile World Congress” i Barcelone muri Espagne yatangaje ko igiye kubaka i Kigali ikigo cy’icyitegererezo mu guhererekanya amakuru ku bantu n’ibyabo.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda yiswe Digital Ambassadors, izatuma Abanyarwanda bagerwaho n’ikoranabuhanga biyongeraho miliyoni eshanu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragarije isi ko iterambere u Rwanda rugezeho rurikesha gahunda rwihaye yo gushyira ikoranabuhanga muri serivisi zitangirwa mu gihugu.
Abunzi bashyiriweho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bubafasha kohereza raporo ku ikemurwa ry’ibibazo by’ubutaka, bikajya bafasha abaturage ku buryo bwihuse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko mu kurwanya gutekinika mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, 2016-2017 uzasiga imirenge yose ifite interineti.