Minisiteri y’Urubyiruko, Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi yakiriye icyifuzo cy’abantu bashaka gushyiraho ishyirahamwe rizajya rirengera abafatabuguzi b’itumanaho mu gihe amakompanyi aricuruza atujuje inshingano zayo.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyasinye amasezera n’ikigo cyo muri Tanzaniya cyitwa Tanzania Telecommunications Company Limited (TTCL) kugira ngo cyongere ubushobozi bwa internet mu Rwanda.
Abanyarwanda bakoresha internet cyangwa telephone bakoresha serivise za banki barasabwa kuba maso kuko hari abajura bakoresha ikoranabuhanga bakabatwarira amafaranga.
Raporo y’ikoreshwa rya interineti n’umuvuduko wayo, yashyize u Rwanda ku mwanya wa kane muri Afurika mu kugira internet yihuta.
Ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwasobanuye ko ikibazo cya internet abafatabuguzi bayo bamaze iminsi igera kuri itanu bahura na cyo cyatewe n’urusinga runyura munsi y’inyanja y’Abahinde rwacikiye hagati y’icyambu cya Djibout na Sudani.
Ba rushimusi bakomeye mu ikoranabuhanga (hackers) bamaze iminsi binjira kandi bagashimuta amakuru n’ubukungu bukomeye mu mbuga za interineti z’ibigo binyuranye mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba cyane cyane ibyo muri Kenya.
Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe Ikoranabuhanga, Ir Gatare Ignace, arashishikariza abashishikariza Abanyakamonyi n’Abanyarwanda bose muri rusange gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rwo kugabanya igihe gikoreshwa mu kazi.
Ubushakashatsi ku ikoreshwa ry’urubuga mpuzambaga rwa Twitter bugaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa karindwi mu bihugu 20 by’Afurika bikunda gukoresha twitter.
Kubera abantu bakoresha imbuga abantu bahuriraho (social networking website) nabi bagashyiraho ibintu by’urukoza soni, cyane cyane kuri facebook, hari abantu bagenda bagabanya kuzikoresha ndetse abandi bakazivaho burundu.
Ikinyamakuru cyo muri Amerika cyitwa Techcrunch cyanditse ko Google yafashwe yiba imyirondoro y’abafatabuguzi ba sosiyete yitwa Mocality yo muri Kenya mu buryo butemewe n’amategeko.
Kuri benshi gukoresha interineti ntaho bitandukaniye no kubanza kuri site ya google ku buryo bamwe basigaye bitiranya google na internet nkaho cyimwe gisobanuye ikindi. Hari ama cyber café asigaye yitwa “Google café” ngizo telephone zitwa Google n’abana basigaye bitwa google.
Nyuma yo kubona ko abantu benshi bakunda gukoresha chat yayo, facebook yazanye uburyo bushya bwo gukoresha amafoto muri chat.
Abacuruza serivisi ya internet rusange (cyber café) baravuga ko muri iki gihe ikoranabuhanga ritakiri umwihariko w’umurwa mukuru wa Kigali gusa kuko n’i Muhanga mu ntara y’amajyepfo hari abantu bacuruza internet mu muri cyber café kandi bakabona abakiriya.