Ubwo yatangaga ikiganiro mu ishuri rya ISAE Busogo mu cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Guverineri Bosenibamwe Aime uyobora intara y’amajyaruguru yasabye abanyeshuri kuba abambasaderi beza b’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho cyane cyane bifashishije ikoranabuhanga rigezweho muri iki gihe.
Ubushakashatsi bwakozwe na Google buremeza ko ngo abareba filimi z’urukozasoni kuri interineti bafite ibyago byinshi byo kwangiza mudasobwa zabo n’ibyo bazikoreraho bindi kuko ngo hari abagizi ba nabi benshi bahitamo gusakaza ibyangiza mudasobwa uko umuntu afunguye filimi y’urukozasoni.
Ubwo yagiranaga inama n’abakozi b’akarere ndetse n’izindi nzego zitandukanye, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, yabasabye ko bajya bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, mu rwego rwo kugaragaza isura nyayo by’umwihariko w’aho bakorera.
Ikoranabuhanga mu itumanaho (ICT) biri muri gahunda z’ibanze Guverinoma y’u Rwanda ibonamo igisubizo mu gukemura bimwe mu bibazo bikunda kugaragara mu mikoranire y’inzego za Leta.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buri gukora ibishoboka kugira ngo za SACCO zose zo muri ako karere zibashe kugezwaho ikorababuhanga rya interineti mu rwego rwo kongera umutekano w’amafaranga abitse muri ibyo bigo by’imari.
Ibihugu bigize umuryango w’itumanaho mu karere ka Afrika y’Uburasirazuba (EACO) birakoza imitwe y’intoki ku iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, nubwo hakiri ibibazo bikomeye muri urwo rwego.
Bigenze neza mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2014, mu Rwanda haratangira gukoreshwa uburyo buri ku isonga mu kwihutisha itumanaho rya internet bwa 4G LTE mu iki gihe, nyuma y’aho Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gisinyanye amasezerano na kompanyi y’itumana yo muri Koreya (KT) izazana ubwo buryo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yiswe e-mboni ikomeye mu ikoranabuhanga, izafasha kwakira inyandiko ikazibika ndetse ikanazoherereza abantu batandukanye nta mpapuro zikoreshejwe.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Rose Mary Mbabazi, atangaza ko nta terambere na rimwe rishobora kugerwaho hadakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse nta gihugu na kimwe mu mateka y’isi cyigeze gitera imbere hatabayeho ikoranabuhanga.
Ku bufatanye na sosiyete Ericksson n’umuryango Millenium Villages, MTN Rwanda yatanze imashini zigendanwa (laptops) 38 n’umurongo wa interinete mu ishuri ryisumbuye rya Kamabuye mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Perezida wa komisiyo y’amatora, Kalisa Mbanda, atangaza ko ubu umuntu ashobora gukoresha telefoni zigendanwa na internet akamenya ko ari ku rutonde rw’itora ndetse no mu minsi iri mbere Abanyarwanda bashobora kujya bakoresha ikoranabuhanga mu gutora.
Abanyarwanda batunze telefone zigendanwa bavuye kuri 41% muri 2011 bagera kuri 53% muri 2012 naho internet yavuye ku 8% igera kuri 26%; nk’uko bitangazwa na Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho (MYCIT).
Urubuga rwa Twitter rwashyiriyeho abayikoresha serivisi ya video yitwa Vine kugira ngo bajye basangira amakuru barebana.
Ubucamanza bwo muri Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwahanishije Christopher Chaney igifungo cy’imyaka 10, kubera kwinjira muri emails z’ibyamamare akiba amaforo yabo bambaye ubusa akayashyira kuri internet.
“Ndekera internet!” Iri ni ryo jambo televiziyo ABC News yatangije inkuru yayo ivuga uburyo Leta Zunze Ubwumwe z’America (USA) zanze gushyira umukono ku mushinga w’amasezerano ya Loni yo kugenzura ikoreshwa rya internet.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Okla’s NetIndext bugaragaza ko u Rwanda aricyo gihugu cya Afurika gifite internet yihuta kurusha ibindi bihugu.
Ministiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi ndetse n’uwa Uganda Amama Mbabazi, bari mu bayobozi ba za Guvernoma bakunze gusubiza abaturage mu biganiro bikorerwa ku rubuga rwa Twitter kurusha abandi.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi (EU) birashinja Google ko itubahiriza amabwiriza agenga kutamena amabanga y’abakoresha internet.
Umuyobozi wa Google, Eric Schmidt, kuwa gatatu yabwiye abanyamakuru ko Apple yokosheje kureka gukoresha amakarita ya Google maps muri telefone za iPhones.
Hari amakuru avuga ko Apple imaze iminsi ireshya abakozi ba Google ikabaha akazi ku bwinshi kubera ko bafite ubumenyi ikeneye mu koranabuhanga ry’amakarita Apple ikeneye cyane.
Urubuga rwa Twitter rumaze gushyiriraho abarukoresha uburyo bwo gushyira ifoto yabo ku mwirondoro (profile) nk’uko bigenda kuri facebook, ibyo bita cover photo.
Ishyirahamwe ry’Ibigo by’Ikoranabuhanga n’Itumanaho mu Rwanda (RICTA), rirakangurira abantu ku giti cyabo n’ibigo bikorera mu Rwanda kwitabira gukoresha domain ya “.rw” ku mbuga zabo za internet, mu kwimenyekanisha no mu kumenyekanisha igihugu cyabo ku rwego mpuzamahanga.
Ubushakashatsi bwakozwe na sosiyete Deloitte mu gihe cy’amezi 18 bugaragaza ko amabanki yo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba yibwe miliyoni 48.3 z’amadolari hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28/07/2012 urubyiruko nyarwanda rwagize umwuga ikoranabuhanga mu isakazabumenyi (ICT) bakoze igikorwa bise e-umuganda kigamije gushyira ibice bigize umujyi wa Kigali ku gishushanyo ndanga karere (openstreetmap).
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Uganda nibo bayobozi basubiza cyane ababandikiye ku rubuga rwa Twitter nk’uko bigaragara mu cyegeranyo kigaragaza uko abayobozi ku isi bakoresha Twitter.
Abaturage ba Afurika muri rusange n’Abanyarwanda by’umwihariko barakangurirwa kwitabira gukoresha imirongo ya internet (domain) iherwa n’akadomo Afrrica (.africa). Iyi domain yerekana imbuga za internet zo muri Afurika ikora nk’izanzwe iherwa na .com, .net, .rw n’izindi.
U Rwanda rugiye gushyiraho ikigo gishinzwe gukumira imikoreshereze mibi ya Internet; nk’uko bitangazwa na Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite ukoranabuhanga mu nshingano ze.
Perezida Kagame aza ku isonga mu baperezida bo ku mugabane wa Afurika bakoresha urubuga mpuzambaga rwa Twitter. Amaze kurwandikaho ubutumwa 2034 kandi akurikirwa n’abantu 63350 kuri Twitter.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/05/2012, yatangaije ku mugaragaro ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga ku Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburengerazuba barangizaga Itorero bari bamazemo iminsi 13 ku Kigo cy’Amahoro n’Imiyoborere Myiza cya Nkumba mu karere mu karere ka Burera.
Binyuze muri ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazamakuru, u Rwanda rwakiriye inama y’umuryango w’itumanaho ku isi (International Telecommunication Union) ifite insanganyamatsiko ivuga iti “Isakazamakuru rikoresha ikoranabuhanga rigere kuri bose” (Equitable Access to ICT).