Mafikizolo yagaragarije Abanyakigali ubunararibonye mu muzika - AMAFOTO

Itsinda rya Mafikizolo rikomoka muri Afurika y’Epfo ryaraye ritaramiye Abanyakigali, aho ryerekanye ubuhanga n’ubunararibonye mu muziki w’umwimerere.

Mu gitaramo kiswe Beer Fest cyabaye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 20 Nzeri 2015, cyari cyateguwe na Bralirwa.

Mafikizolo bashimishije abantu bari bitabiriye Beer Fest.
Mafikizolo bashimishije abantu bari bitabiriye Beer Fest.

Iki gitaramo cyasozaga weekend yari imaze iminsi ibiri ibera muri Rugende Park mu karere ka Gasabo, itsinda Mafikizolo ryaririmbye indirimbo zaryo mu njyana y’umwimerere mu gihe cy’amasaha atatu guhera ku isaha y’isaa tatu kugera sa tanu z’ijoro.

Bagaragaje imibyinire irimo imbaraga.
Bagaragaje imibyinire irimo imbaraga.

Abandi bari bagaragaye muri iki gitaramo ni umuhanzi Lilian Mbabazi wari waturutse muri Uganda.

Twabahitiyemo amwe mu mafoto meza yaranze iki gitaramo:

Abafana ba Mafikizolo bari baje ari benshi kubyina indirimbo zabo.
Abafana ba Mafikizolo bari baje ari benshi kubyina indirimbo zabo.
Ababyinnyi babo nabo bagaragaje ubuhanga mu kuvanga imbyino z'iwabo n'izigezweho.
Ababyinnyi babo nabo bagaragaje ubuhanga mu kuvanga imbyino z’iwabo n’izigezweho.
Nhlanhla Nciza mu ijwi ryiza yatangiye igitaramo aririmba indirimbo yakunze "Namba Nawe."
Nhlanhla Nciza mu ijwi ryiza yatangiye igitaramo aririmba indirimbo yakunze "Namba Nawe."
Uretse kubyinana imbaraga Theo Kgosinkwe nawe yanyuzagamo agahogoza.
Uretse kubyinana imbaraga Theo Kgosinkwe nawe yanyuzagamo agahogoza.
Abafana ibikombe birimo icyo kunywa bari babimanitse.
Abafana ibikombe birimo icyo kunywa bari babimanitse.
Uwo mukobwa yari yizihiwe n'indirimbo za Mafikizolo.
Uwo mukobwa yari yizihiwe n’indirimbo za Mafikizolo.
Ababyinnyi ba Mafikizolo basigiye isomo Abanyarwanda mu kwitegura ibitaramo.
Ababyinnyi ba Mafikizolo basigiye isomo Abanyarwanda mu kwitegura ibitaramo.
Uko umuziki wakomezaga ni nako icyo kunywa cyatangwaga ku bwinshi.
Uko umuziki wakomezaga ni nako icyo kunywa cyatangwaga ku bwinshi.
Igihe cyageze basezera ku mbaga yari yaje kubareba.
Igihe cyageze basezera ku mbaga yari yaje kubareba.
Mu gihe cy'amasaha atatu bashyushya Abanyakigali basoje igitaramo cyabo.
Mu gihe cy’amasaha atatu bashyushya Abanyakigali basoje igitaramo cyabo.
Mbere y'uko igitaramo gitangira Albert Rudatsimbura n'itsinda rye bari babanje gushyusha abatu mu mirya y'inanga.
Mbere y’uko igitaramo gitangira Albert Rudatsimbura n’itsinda rye bari babanje gushyusha abatu mu mirya y’inanga.
DJ Afrikana nawe yari yabukereye mu kuangavanga amajwi.
DJ Afrikana nawe yari yabukereye mu kuangavanga amajwi.
Iri tsinda ryari ryageze i Kigali kuri uwo mugoroba, aha bari bageze ku kibuga cy'indege i Kanombe.
Iri tsinda ryari ryageze i Kigali kuri uwo mugoroba, aha bari bageze ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Bahise berekeza kuri hotel mbere y'uko bakomeza gahunda zabazanye.
Bahise berekeza kuri hotel mbere y’uko bakomeza gahunda zabazanye.
Iyo ni imodoka yari ibategereje.
Iyo ni imodoka yari ibategereje.
Bakigera muri hoteli biciwe akanyota mbere y'uko bakomeza gahunda zabo.
Bakigera muri hoteli biciwe akanyota mbere y’uko bakomeza gahunda zabo.
Bari gusoma bimwe mu bitangazamakurubyo mu Rwanda byabanditseho.
Bari gusoma bimwe mu bitangazamakurubyo mu Rwanda byabanditseho.
Bagiye gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Bagiye gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Basobanuriwe amateka ya Jenoside mu Rwanda.
Basobanuriwe amateka ya Jenoside mu Rwanda.
Mu gushyira indabo ku rwibutso, byagaragaraga ko bababajwe n'ibyo babonye.
Mu gushyira indabo ku rwibutso, byagaragaraga ko bababajwe n’ibyo babonye.
Bafahe n'umwanya wo kugirana ikiganiro n'abanyamakuru.
Bafahe n’umwanya wo kugirana ikiganiro n’abanyamakuru.

Amafoto: Muzogeye Plaisir

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo   ( 5 )

nguku uko dukwiye kubaka natwe umuziki nyarwanda.urabona ko uyumugabo yubatse umuziki ahereye hasi.kandi yubakira kuri foundation itajegejega,nkabamwe mubahanzi nyarwanda.

ntare rwagasabo yanditse ku itariki ya: 26-09-2015  →  Musubize

Aha ndemeye kabisa!ndabona amafoto akeye sana yaba bahanzi. courage kigali today kuba musigaye mufite amafoto akeye nkaya

patrick yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

Mafikizolo mwaratwemeje kabisa,muzagaruke

alexandre yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

ubundi nakundaga Kigalitoday ariko nkababazwa n’amafoto yanyu, ariko ubu noneho uyu musore ndabona azanye udushya rwose ntubona amafoto ureke amwe mwajyaga mukoresha ateye isoni. aho rwose mungereye ku nyota mukomeze mutugezeho ibyiza biherekejwe n’amashusho asobanutse

kalim yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

ndabona noneho kubirebana n’amafoto biko biraza daaa

Kibwa yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka