Amafoto+Video: Kigali nyuma yo gufunga kubera Coronavirus

Kuva kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki ya 21 Werurwe 2020, Leta y’u Rwanda yashyizeho amabwiriza mashya agamije kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Muri yo, harimo ko abantu bagomba kuguma mu ngo, bakirinda gukora ingendo zitari ngombwa, harimo ko amasoko n’amaduka bifunze, uretse gusa ibicuruza ibiribwa, harimo kandi ko utubari twose dufunze, harimo ko moto zitemerewe gutwara abagenzi, uretse igihe zitwaye ibiribwa, ko n’ingendo hagati y’imijyi n’uturere na zo zitemewe, ndetse n’andi.

Kwa Rubangura, ni hamwe mu hantu hakundaga kuba hari umuvundo w'abantu mu masaha y'umugoroba
Kwa Rubangura, ni hamwe mu hantu hakundaga kuba hari umuvundo w’abantu mu masaha y’umugoroba

Nyuma yo gutangaza aya mabwiriza, Kigali Today yazengurutse mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali, ireba uko ayo mabwiriza yashyizwe mu bikorwa.

Henshi mu hakundaga kurangwa urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga ubu harera, ahakundaga kuba haparitse imodoka nyinshi ubu ntiwazihasanga, ndetse no mu mihanda, abantu baragenda umwe umwe, ari na ko inzego z’umutekano zigenzura iyubahirizwa ry’ayo mabwiriza.

Birebe muri aya mafoto:

Mu nzira, inzego z'umutekano zahagurukiye gushyira mu bikorwa amabwiriza ya Leta. Ntawe utambuka adasobanuye aho agiye kandi humvikana
Mu nzira, inzego z’umutekano zahagurukiye gushyira mu bikorwa amabwiriza ya Leta. Ntawe utambuka adasobanuye aho agiye kandi humvikana
Mu mihanda nta bantu barimo. Ibinyabiziga na byo ni bikeya
Mu mihanda nta bantu barimo. Ibinyabiziga na byo ni bikeya
Nyabugogo, hafi y'amarembo yinjira muri gare. Aha hajyaga hakunda kuba umuvundo w'imodoka zinjira muri gare, imbere y'utwo tuduka naho umubyigano w'abantu
Nyabugogo, hafi y’amarembo yinjira muri gare. Aha hajyaga hakunda kuba umuvundo w’imodoka zinjira muri gare, imbere y’utwo tuduka naho umubyigano w’abantu
Amaduka arafunze
Amaduka arafunze
Imodoka zipakiye ibiribwa ziragenda, ndetse bikemererwa no kujya mu masoko. Aha ni ku isoko rya Kimironko
Imodoka zipakiye ibiribwa ziragenda, ndetse bikemererwa no kujya mu masoko. Aha ni ku isoko rya Kimironko
Abatambuka bose bagomba gusobanurira Polisi aho bajya
Abatambuka bose bagomba gusobanurira Polisi aho bajya
Ahacururizwa ibicanwa abantu barahaha nta kibazo
Ahacururizwa ibicanwa abantu barahaha nta kibazo
Muri gare ya Nyabugogo nta modoka zirimo
Muri gare ya Nyabugogo nta modoka zirimo
Henshi harafunze
Henshi harafunze
N'abahaha n'abacuruza ibyo kurya basabwa gukaraba mbere yo kwinjira mu isoko
N’abahaha n’abacuruza ibyo kurya basabwa gukaraba mbere yo kwinjira mu isoko
Amashuri yarafunze, imodoka zitwara abanyeshuri ziraparitse
Amashuri yarafunze, imodoka zitwara abanyeshuri ziraparitse
Amaduka arafunze
Amaduka arafunze
Abacuruza ibyo kurya barafungura nta kibazo
Abacuruza ibyo kurya barafungura nta kibazo
Gare ya Nyabugogo
Gare ya Nyabugogo
Ku kiraro kijya mua Gatsata, haratambuka gusa ufite aho agiye hihutirwa
Ku kiraro kijya mua Gatsata, haratambuka gusa ufite aho agiye hihutirwa
Amaduka ari inyuma ya gare ya Nyabugogo arafunze
Amaduka ari inyuma ya gare ya Nyabugogo arafunze
Abacuruza ibyo kurya bemerewe kubigeza ku bakiriya babibatumye
Abacuruza ibyo kurya bemerewe kubigeza ku bakiriya babibatumye
Uyu agemuye amata, ntiyibagiwe agapfukamunwa kamurinda
Uyu agemuye amata, ntiyibagiwe agapfukamunwa kamurinda
Mu Gakiriro ka Gisozi ni hamwe mu hakunze kuba abantu benshi cyane
Mu Gakiriro ka Gisozi ni hamwe mu hakunze kuba abantu benshi cyane
No mu masaha y'umugoroba, inzego z'umutekano ziri maso
No mu masaha y’umugoroba, inzego z’umutekano ziri maso
Muri gare ya Nyabugogo mu marembo yinjira
Muri gare ya Nyabugogo mu marembo yinjira
Ku Kinamba cya Gisozi, aho abagenzi bategera imodoka, ubusanzwe hakundaga kuba hahagaze abantu benshi
Ku Kinamba cya Gisozi, aho abagenzi bategera imodoka, ubusanzwe hakundaga kuba hahagaze abantu benshi
Nyabugogo, igice cy'aho bategera imodoka zijya i Nyamirambo na Kimisagara. Haruguru y'umuhanda ni ku Mashyirahamwe
Nyabugogo, igice cy’aho bategera imodoka zijya i Nyamirambo na Kimisagara. Haruguru y’umuhanda ni ku Mashyirahamwe
Ashobora kuba yari ajyanye umwana kwa muganga. Agomba kubanza kubisobanura akabona gukomeza
Ashobora kuba yari ajyanye umwana kwa muganga. Agomba kubanza kubisobanura akabona gukomeza
Down Town mu Mujyi, amaduka y'inkweto arafunze
Down Town mu Mujyi, amaduka y’inkweto arafunze
Mu Mujyi amaduka arafunze
Mu Mujyi amaduka arafunze
Resitora zitanga ibyo kurya ku bantu babijyana mu ngo zabo gusa
Resitora zitanga ibyo kurya ku bantu babijyana mu ngo zabo gusa
Down Town, imbere ya CHIC ahakundaga kuba hahagaze abamotari benshi cyane
Down Town, imbere ya CHIC ahakundaga kuba hahagaze abamotari benshi cyane
Imbere muri CHIC imiryango irafunze
Imbere muri CHIC imiryango irafunze
Kuri CHIC ahakundaga kuba haparitse imodoka nyinshi, ubu harimo mbarwa
Kuri CHIC ahakundaga kuba haparitse imodoka nyinshi, ubu harimo mbarwa
Muri gare yo mu mujyi (Down Town)
Muri gare yo mu mujyi (Down Town)
Imbere ya gare ya Remra mu Giporoso, aya maduka yabaga afunguye
Imbere ya gare ya Remra mu Giporoso, aya maduka yabaga afunguye
Ku isoko rya Nyarugenge
Ku isoko rya Nyarugenge
Ku muhanda wa I&M Bank ujya kuri Serena
Ku muhanda wa I&M Bank ujya kuri Serena

Kureba andi mafoto, kanda HANO

Reba mu mashusho (Video) uko byifashe

Video: Richard Kwizera

Amafoto: Plaisir Muzogeye

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka