Nyabihu: Gitifu w’umurenge yakiriye umukecuru umutwaro w’inkwi bitangaza benshi

Ndandu Marcel, Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, yagaragaye yikoreye umutwaro w’inkwi yari yakiriye umucecuru bitangaza benshi mu bamubonye.

Gitifu Ngandu Marcel w'Umurenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu yatunguye benshi ubwo yahuraga n'umukecuru wikoreye inkwi akazimutwaza
Gitifu Ngandu Marcel w’Umurenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu yatunguye benshi ubwo yahuraga n’umukecuru wikoreye inkwi akazimutwaza

Uwo muyobozi ngo yahuye n’umukecuru wo mu kigero cy’imyaka 80 yikoreye umutwaro w’inkwi,agenda asukuma mu nzira intege zashize, aramwakira arazimutwaza amugeza iwe mu rugo.

Ndandu Marcel wari utashye n’amaguru ava gusura abaturage ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Gicurasi, avuga ko ibyo yakoze bidakwiye kugira uwo bitangaza, ahubwo bikwiye kubera isomo buri wese, ryo kuba hafi no gufasha abafite intege nke batitaye ku bindi.

Yagize ati” Mbere yo kuba umuyobozi tugomba kugira ubumuntu. Byose biterwa n’aho umuntu yavukiye, uburere yahawe ndetse n’abo umuntu yabanye nabo ku ishuri. by’umwihariko njye nabaye umukorerabushake wa Croix Rouge imyaka myinshi.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 37 )

Ukoraneza abanyamashyari bati aribona koko muzajyeza ryari kuba indashima!?Ugifite umutima wakimuntu nakomeze akore ibyubutwari naho gitifu ndamwemeye!!!!

DJ FABIEN yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

abavuga ko arukwiyamamaza bagire bwangu nabo biyamamaze bishoboke ko ntakiguzi yatanze hariya ngo bamwamamaz.

raul yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

Hhhh. Iki gikorwa nicyiza ariko iyo hajemo gufotorwa umuntu yabyibazaho. Byaba ari ukwirigita ugaseka pe

Gatoyo yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

Indangagaciro nziza kbsa

Hategekimana sixbert yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

Abandi bayobozi barebereho,kuko nibwo bumuntu bukenewe!

Hategekimana sixbert yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

Ariko ko bibiliya itubwira ko Atari byiza ko ukuboko kw’iburyo kumenya ibyo imoso yakoze,ibi si ukwiyamamaza?ugasanga umuhanzi runaka agiye gusuura imfubyi cg abapfakazi yitwaje abanyamakuru bikanyobera .mwene muzehe sinzafasha NGO niyamamaze

Kiki yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Wowe uvugako bitaringombwa ko bamufotorase,kuki icyiza kitagaragazwa aho bibaye ngombwa nabandi bakareberaho? gabanya rwose kugaragaza icyiza ntakosa cg kwibona birimo,ahubwo wowe you have to change your mind

Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Iriya niyo mind change noneho rero?
Ese ko mbona yifotoreza kubishingwe umukecuru avuye kwiyorera ngo ni inkwi,buriya ari nk’udukweto yamuguriye ntiyahamagaza na za CNN,BBC,VOA,...

Derrick yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

Wooow ni byiza peee, uyu mugabo afite ubumuntu.

Alice yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Ahubwo gitifu abe ategura mituelle yo kuvuza umukecuru indwara z’ubuhumekero azaterwa n’imyotsi ya biriya byatsi ngo ni inkwi!

Derrick yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Yemwe,ziriya ni inkwi cg ni ibisa nazo?maze nawe baramufotora aremera koko?
Nari kubishima iyo mwandika ko gitifu yaguriye umukecuru inkwi nziza z’imyase asanze yikoreye ibyatsi.
Ibi ni kwiyamamaza bitarimo guhanga udushya!!!

Derrick yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Ibyo wibigenderaho ngo ntiyamuguriye imyase kuko we icyo yaragamije cyambere kwari ukumwakira ibyamuvunaga bidahwanye nimbaraga afite kuko yarashaje cyane. ahubwo abantu nibyiza gutekereza mbere ikigenderewe tukabona kunenga.

Nizeyimana abdoul-razac yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

gitifu yamwakiriye umutwaro wamuvunaga, nawe wemerewe gukomereza aho gitifu yaragejeje,maze izonkwi nziza z’imyase uzimushyire nka muntu ugutangiraaa.... cyangwa nawe udushya ushaka kugaragaza utwereka

muda yanditse ku itariki ya: 25-05-2018  →  Musubize

Ibi bintu ni Byiza Cyane rwose Ariko amugurire n’Inkweto

k yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Ibi babyita ’’nshimwe nshimwe’’ igikorwa yakoze ubwacyo ni kiza! ariko se byari nhombwa guhmagara gafotozi ngo aze gufotora uko Gitifu akora igikorwa cy’impuhwe???? ibi ni nka byabindi bya Gitifu waraye mw’ihema ku kagari agahamagara abanyamakuru ngo baze babitangaze..... kwiyamamaza.com

wellars yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Ugize ishari ntabwo dukeneye abapfobya abandi

munisso yanditse ku itariki ya: 24-05-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka