Senegal: Perezida Obama yasuye inzu ndangamurage y’ubucakara
Akimara kugera muri Senegal kuwa kane tariki 27/06/2013, Perezida Barack Obama aherekejwe n’abo mu muryango we, bahise bajya gusura ikirwa cya Goree cyubatseho inzu ndangamurage w’ubucakara.
Iyo nzu yafungirwagamo by’agateganyo abirabura bategereje kujyanwa bunyago mu mirimo y’ingufu i Burayi no muri Amerika.

Kuwa kane tariki 27/06/2013, umunsi wa mbere w’uruzinduko rwe muri Senegal, Perezida Obama, ari kumwe na Perezida wa Senegal Macky Sall bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru i Dakar mu murwa mukuru wa Senegal.

Obama yabwiye mu genzi we wa Senegal ko ashimishijwe no kubona iterambere Abanyafurika bamaze kugeraho, yongeraho ko amahanga akwiye kubona ko Afurika ari umugabane wavuye kure kandi ugomba gushyigikirwa binyuze mu ishoramari.

Ikinyamakuru Daily News dukesha iyi nkuru, kiravuga ko uruzinduko rw’iminsi itatu rwa Obama ku mugabane w’Afurika ararukomereza muri Tanzania no muri Afurika y’Epfo.
Gasana Marcellin
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Ninde wibuka itariki ya(4) 07 94 ikirere kitamburutse kumasaha atandukanye mukongera kugirikizere cyokubaho! None ubu bamwe mwaraminuje mbese ubuzima burakomeza imana igira neza.....mukomeze mushimire ababafashije mungeri zitandukanye mugaye ababahigiraga kubamara mugiramahoro.
Demokarasi wambwira ishusho abayivuga bayibonamo murahererekana ubutegetsi ok! Mukaheza rubanda mubutindi mumyunvire yimyaka (100) ishize! Akarengane kabagore nabana niyo demokarasi?
Singombwa ko twunva ibibazo kimwe nabanyamahanga obama yadasura atadusuye urwanda ruraho rufite uko rwikura mubibazo rutunga ikizere hejo hazaza abafite uko babyunva ukundi ubwo birabareba
Ntawigeze abivuga.Kandi rero ngo uwo muperezida aho azagenderera ni ahari demokarasi iseseye.No mu Rwanda se ni ko biri?
mwiriwe!ese?komwavugaga obama azagera nomurwanda byajyenze gute?