Kenya: Umwana w’imyaka ine yatabaye umuryango we awukiza ibyihebe

Umwana witwa Elliott Prior ufite imyaka ine ari kuvugwa mu bitangazamakuru binyuranye nyuma y’aho ahagaze bwuma agahangana mu maso n’ibyihebe byateye inzu y’ubucuruzi ya Westgate i Nairobi muri Kenya mu mpera z’icyumweru gishize.

Uyu mwana aravugwa kubera ko ubwo ibi byihebe byasangaga we n’umuryango we muri Westgate, byahise birasa nyina mu kaguru, noneho umwana aho kwirukanka ajya kwihisha cyangwa ngo ahungabane avuze induru, ngo yarebye mu maso umugabo w’icyihebe wari umaze kurasa umubyeyi we, aramutumbera aramubwira mu ijwi rinini ati “Uri umuntu mubi cyane, ndakwanze. Ndeka nigendere.”

Icyi cyihebe ngo cyafashije imbunda hasi, gifata uwo mwana na mushiki we witwa Amelie wari ugihagaze kibaha shokola kirababwira ngo nibasohoke bigendere bose n’umubyeyi wabo.

Elliot na mushiki we Amelie imbere ya Westgate barindiriye ko nyina asohoka. Baracyafashe mu ntoki chocolates ibyihebe byabahaye.
Elliot na mushiki we Amelie imbere ya Westgate barindiriye ko nyina asohoka. Baracyafashe mu ntoki chocolates ibyihebe byabahaye.

Ubwo ngo basohotse biruka, umubyeyi wabo wari ugihaguruka kubera gukomereka abasanga hanze ariko ngo yabashije gusohokana abandi bana babiri, barimo umwe nawe wari umaze kurasirwa nyina we wahise ashiramo umwuka.

Ikinyamakuru The Independent dukesha aya makuru kiravuga ko ibi byihebe byaretse uyu muryango ugasohoka kandi ngo bikababwira ko ngo bibasaba imbabazi, kuko ngo ibyo byakoze byabitewe no gushaka kwihorera ku gihugu cya Kenya na Amerika biri kubarwanya cyane mu gihugu cyabo cya Somaliya.

Umubyeyi wa Elliot witwa Amber yasohotse nawe yiruka akizwa n'amaguru.
Umubyeyi wa Elliot witwa Amber yasohotse nawe yiruka akizwa n’amaguru.

Amakuru ya nyuma aturuka muri Kenya aremeza ko ubu bwicanyi bwitiriwe Westgate bwaguyemo abantu 69, abandi 65 bakaba bakiri kuvurwa mu bitaro bitandukanye mu mujyi wa Nairobi.

Ibyihebe bikekwa kuba ibyo mu mutwe wa Al Shabaab byinjiye mu nyubako ikomeye ya Wetsgate ikorerwamo ubucuruzi bunyuranye muri Nairobi bigafata bugwate abantu benshi barimo, aho bamaze iminsi ine barwana n’ingabo za Leta ya Kenya zaje kubohoza abari bafatiwemo kuwa kabiri tariki 24/09/2013.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Umugabo ahora ari umugabo niyo yaba ari igitambambuga
Congs Eliot

Bido yanditse ku itariki ya: 26-09-2013  →  Musubize

Kano kana ndakemeye!gatumye ndira!

eva yanditse ku itariki ya: 25-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka