Burundi: Gen. Adolphe Nshimirimana wari umwe mu basirikare b’ibikomerezwa yishwe

Gen Adolphe Nshimirimana wahoze ayobora urwego rw’ubutasi mu Burundi, mu gitondo cy’uyu munsi tariki 2 Kamena 2015 yiciwe mu Kamenge atewe igisasu cyo mu bwoko bwa rocket ubwo yari avuye iwe mu rugo ari mu mudoka.

Mu masaha y’igitondo ubwo imodoka ya Gen Adolphe Nshimirimana yari imaze guterwa igisasu, Will Nyamitwe, Umuvugizi wa Perezidansi y’Uburundi, yanditse kuri twitter ye agira ati “Maze gutakaza umuvandimwe, inkoramutima twasangiye urugamba . Ukuri kubabaje, Gen Nshimirimana Adolphe ntakibarizwa kuri iyi si.”

Gen Adolphe Nshimirimana yitabye Imana.
Gen Adolphe Nshimirimana yitabye Imana.

Gen Nshimirimana ni umwe mu basirikare bakoraga muri Biro Bikuru bya Pierre Nkurunziza, akaba n’umwe mu bigaragaje cyane mu guharanira ko Pierre Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu agakomeza kuyobora Uburundi.

Muri Gicurasi 2013, ubwo amakuru ya Politiki yari ashyushye bamwe mu Barundi basaba Perezida Nkurunziza kubaha Itegeko Nshinga akarekura ubutegetsi, ibinyamakuru byinshi mu Burundi byanditse ko Gen Adolphe Nshimirimana, yakusanyije urubyiruko rwa CNDD FDD, Ishyaka rya Pierre Nkurunziza ari na ryo riri ku butegetsi, akarubwira ko rugomba gukora ibishoboka byose Perezida Pierre Nkurunziza akaguma ku butegetsi.

We, ubwo icyo gihe ngo yabwiye urwo rubyiruko ruzwi ku izina ry’Imbonerakure ko azakora bishoboka byose kabone n’iyo byaba gupfa ariko Perezida Nkurunziza akaguma ku butegetsi.

K2D

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Bigize imana mubareke bapfe bamenye ko isi idasakaye

sean yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

Bigize imana mubareke bapfe bamenye ko isi idasakaye

sean yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

I Burundi nukuri bari mu bibazo bikomeye kandi sinzi uko bizakemuka ariko ntago byoroshye... ahubwo Imana ibafashe

Maurice yanditse ku itariki ya: 3-08-2015  →  Musubize

pole burndi gen ni umuntu ukomeye pe mugihugu kupfa kumannya? IMANA imuhe iruhuko rindashira.

angelus bigirimana yanditse ku itariki ya: 3-08-2015  →  Musubize

ariko wowe wiyise kamo, urumva nta soni ufite? ntukavange amateka yo mu Rwanda n’ay’ikindi gihugu; umuturanyi iyo agize ibyago urishima, wowe se uziko bwira ugeze he?puu senga Imana ikubature kandi umenye ko Imana y’abarundi ari nayo Mana y’abanyarwanda; gira neza wigendere. Time will tell.Burundi mwihangane na famille yahuye n’insanganya yihangane. Uwamwishe yishyizeho umuvumo Imana ihora ihoze. sibyiza kwishimira ibyago by’abandi; kwihana ni byiza.

alias yanditse ku itariki ya: 3-08-2015  →  Musubize

Uwomusikare Imana Imwakire Mubayo

Diego Simeo yanditse ku itariki ya: 3-08-2015  →  Musubize

Ese abarundi babona bakorana ni nterrahamwe. Bakagiraamahoro

kamo yanditse ku itariki ya: 3-08-2015  →  Musubize

Imana imuhe ibiruhuko bidashira burimuntu agirigihe cyokuvuka nlgihe cyogupfa nabarundi bosenští batakaje untwari tubasabiye gukomera nokwihangana

alias yanditse ku itariki ya: 2-08-2015  →  Musubize

EH,EH,SAWA umurozi n’iwe urira mbere ya nyiri muntu

alias yanditse ku itariki ya: 2-08-2015  →  Musubize

aha mu Burundi ntibyoroshye

alias yanditse ku itariki ya: 2-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka