Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Cote d’Ivoire yaraye yambitswe umudali w’ikirenga muri iki gihugu, awutura Abanyarwanda baruhanye mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.
Perezida Paul Kagame aherekejwe na Madame Jeannette Kagame bageze i Abidjan muri Cote d’Ivoire, aho bari buhabwe ibihembo bikomeye muri iki gihugu.
Perezida Paul Kagame yemeza ko gushyiraho ibikorwa byorohereza urubyiruko kwishakamo ibisubizo atari impuhwe abayobozi barugirira ahubwo ari zo nshingano zabo za mbere.
Perezida Paul Kagame, umaze umwaka ayobora Afurika yunze Ubumwe (AU), yemeza ko bitazorohera Afurika kwikura mu bukene bwayibase kubera imyumvire yo gutega amaboko.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu mwaka amaze ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yubakiye ku byo abamubanje basize akaba anizera ko uzamusimbura azakomereza ku byo nawe yakoze.
Perezida Kagame yashimiye uruhare rw’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) mu gutuma amavugururwa arimo gukorwa atanga umusaruro.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko kuva Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) utangiye kwishakamo inkunga binyuze mu misanzu y’ibihugu, nta faranga rigipfa ubusa.
Umuyobozi w’Umuryango ugamije kubohora Abanyafurika (Pan African Mouvement/PAM)-Rwanda, Protais Musoni aravuga ko batangije urugamba rwo kubohora Abanyafurika mu bijyanye n’ubukungu.
Perezida Paul Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yitabiriye irahira rya Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa uherutse gutsinda amatora n’amajwi 50.8%.
Kofi Anna wigeze kuba umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kanama 2018.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yashimiye Umuryango Uharanira Iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) wagerageje kugabanya ibibazo by’umutekano mu bihugu biwugize.
Perezida Kagame yatumiwe muri Djibouti na Perezida Ismail Omar Guelleh, aho afungura igice cyahariwe gukorerwamo ubucuruzi mpuzamahanga (International Free Trade Zone).
Perezida Paul Kagame yavuze ko imishinga u Rwanda ruhuriyeho na Uganda na Kenya itoroshye ariko kuyishobora ari uko impande zombi zihura zikaganira aho imirimo igeze.
Perezida Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama y’umuhora wa ruguru, igamije kwihutisha iterambere no koroshya urujya n’uruza rw’abantu muri aka karere.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibanga rimwe ryo gutuma umugabane wa Afurika utera imbere ari ugushora imari mu baturage bawo.
Perezida Paul Kagame ari muri Ghana aho yitabiriye ihuriro riganira ku mpinduka ziganisha ku iterambere rya Afurika.
Umwe mu bakandida biyamamariza kuyobora Zimbabwe witwa Nelson Chamisa yatunguranye, atangaza ko yaba yarafashije Perezida Paul Kagame mu guteza imbere u Rwanda.
Perezida Kagame atangaza ko umunsi wahariwe ukwibohora kwa Afurika wibutsa Abanyafurika umuco ubaranga ariko by’umwihariko ukanabibutsa akazi kabategereje ko kugera ku kwibohora nyako.
Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’ibitangazamakuru bya Afurika bikoresha amajwi n’amashusho (Africa Union of Broadcasting), Arthur Asiimwe, asanga itangazamakuru rikeneye ishoramari ngo rigire uruhare mu kwibohora kwa Afurika.
Umubano w’u Rwanda na Ethiopia wageze ku yindi ntera nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Abiy Ahmed agabiye Perezida Kagame inka akanamumenyesha ko atari Perezida w’u Rwanda gusa.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Ethiopia, yatemberejwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Dr. Abiy Ahmed ahahariwe inganda.
Perezida Paul Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr. Abiy Ahmed, nyuma yo kuva mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama ku ikoranabuhanga ya VivaTech.
Ingabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) zakoze igikorwa cy’umuganda wo gusukura Umurwa mukuru Bangui.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yakoreraga muri Centrafrique.
Ambasaderi Habyalimana Jean Baptiste yashyikirije Perezida wa Tchad Idriss Deby Itno impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Yifashishije urugero rwa Sahel, Minisitiri Mushikiwabo yagaragaje uburyo kudahuriza hamwe kw’Abanyafurika bigira ingaruka mu gukemura ibibazo byugarije umugabane wa Afurika.
Perezida Paul Kagame yagaragaje agahinda yatewe n’igitero k’iterabwoba cyagabwe kuri ambasade y’Abafaransa muri Burkina Faso, kigahitana abantu umunani.
Perezida Paul Kagame atangaza ko ikibazo cy’intambara z’urudaca mu gace ka Sahel gikomeye ariko akemeza ko habayeho imikoranire inoze cyabonerwa igisubizo.
Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyafurika ko iterambere umugabane wa Aziya wagezeho uvuye mu bukene bukabije na Afurika yarigeraho ari uko ihuje imbaraga.
Harabura amasaha make ngo Perezida Paul Kagame atangire kuyobora umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU), ariko yatangiye gukoresha imvugo zimwe zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda aho aba asaba Abanyarwadna gukorera hamwe.