Ibitaro bya Gisenyi byongeye kwakira ababigana bose nyuma y’icyumweru byari byarimuriye serivisi ahandi kubera imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ikangiza inyubako z’ibyo bitaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ikibazo cy’imitingito yumvikanye muri ako Karere, kizatuma abakeneye kubakirwa biyongera.
Ku wa Gatatu tariki ya 02 Kamena 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi, IGP Dr. George Hadrian Kainja, ari kumwe n’intumwa ayoboye, basuye ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, uwo muyobozi ashima amasomo ahatangirwa, aniyemeza kureba uko aba Ofisiye bo mu gihugu cye bazaza kwiga muri iryo shuri.
Abaturage 2,450 barimo abacuruzaga ibiyobyabwenge bitandukanye ndetse bakora n’ubucuruzi bwa magendu mu mirenge itandatu ihana imbibe n’igihugu cya Uganda, bahawe imirimo igamije kubakura muri ubwo bucuruzi butemewe.
Kuva aho icyunamo cyatangiriye ku itariki 7 Mata 2021, mu Karere ka Huye hamaze kugaragara ibikorwa 10 by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byakorewe abayirokotse.
Twagira Thadée wo mu mudugudu wa Kizirakome, akagari ka Rwinyemera, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare amaze imyaka 19 yishyuza Ikigo cy’igihugyu cyo gukwirakwiza amashanyarazi (REG), ingurane y’ibikorwa bye byangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwifuza gufashwa kuvugurura igishushanyo mbonera cy’akarere n’umujyi wa Gisenyi, bikajyana nimiterere y’imitingito iterwa n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Abahagarariye amadini n’amatorero mu Karere ka Kicukiro bari mu mwiherero ugamije kwigira hamwe uko bakwigisha abayoboke babo inyigisho zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, isanamitima ndetse na gahunda ya Ndi Umunyarwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko abataritabira kuboneza urubyaro bafite abana bagwingiye, batagomba kwirara no kwishinga ubufasha bahabwa burimo n’amafaranga.
Abenshi mu Banyarwanda, by’umwihariko Abakirisitu Gatolika ntibashidikanya ku butwari bwaranze Musenyeri Aloys Bigirumwami wimitswe ku itariki 01 Kamena 1952 aba umushumba wa mbere w’umwirabura mu cyahoze ari Afurika Mbiligi yari igizwe n’icyahoze ari Rwanda-Urundi na Congo Mbiligi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 02 Kamena 2021 Imirenge ya Rwamiko muri Gicumbi na Bwishyura muri Karongi ikuwe muri Guma mu Rugo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, ku cyumweru tariki 30 Gicurasi 2021, yagaruye moto y’uwitwa Bizimana Jean Paul, yari yayambuwe n’itsinda ry’abantu barimo uwitwa Tuyizere Alexandre w’imyaka 20 wanafashwe.
N’ubwo gahunda ya Leta ari uko malariya ivurwa n’abajyanama b’ubuzima, mu Karere ka Nyaruguru ntibyitabirwaga uko bikwiye, none agahimbazamusyi abavura malariya basigaye bagenerwa katumye bongeramo imbaraga kandi biratanga umusaruro mwiza.
Ubuyobozi bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR) na Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) batangaje ko basigaranye impunzi z’Abanyekongo bahunze iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo zibarirwa mu 1300, mu gihe abandi basabye gusubira mu gihugu cyabo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Kamena 2021, yatangaje amabwiriza agenga imihango y’ubukwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kamena 2021, abafashamyumvire 30 mu bumwe n’ubwiyunge bo mu Karere ka Bugesera bahawe amagare mashya 30 afite agaciro ka Miliyoni enye z’Amafaranga y’u Rwanda, ayo magare akazabafasha mu ngendo zijyanye n’akazi kabo bityo bakakanoza.
Umuryango Uwezo Youth Empowerment, ugizwe n’abafite ubumuga b’urubyiruko, urakangurira abagize umurwango nyarwanda, kwita ku burenganzira bw’abana bafite ubumuga b’abakobwa, gukora ibishoboka byose ngo boroherezwe muri gahunda z’isuku n’isukura ndetse na serivisi z’uburezi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Kamena 2021, Banki ya Kigali Plc. yinjiye mu bufatanye na Sheer Logic Management Consultants (SLMC), ikigo cy’inzobere mu gutanga ubujyanama mu micungire y’abakozi n’amahugurwa ku nzego zitandukanye, yaba abikorera ku giti cyabo ndetse n’inzego za Leta.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, arizeza abaturage bagizweho ingaruka n’ikorwa ry’umuhanda Kabarore-Nyabicwamba bakisanga mu manegeka, ko umwaka w’ingengo y’imari utaha bazishyurwa bakajya gutura ahandi.
Abayobozi b’ingo mbonezamikurire hamwe n’ababyeyi mu Karere ka Nyanza bavuga ko ayo marerero y’abana bato arimo gutuma ababyeyi badasiga abana bandagaye cyangwa bangizwa n’abakozi bo mu rugo, kuko akenshi bataba bazi uko bita ku bana.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 31 Gicurasi 2021, yemeje ko mu Karere ka Karongi ingendo zemewe kuva saa kumi za mu gitondo kugera saa moya z’umugoroba, mu gihe ahandi ingendo zemewe kugera saa yine z’ijoro.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 31 Gicurasi 2021, yemeje ko imikino y’amahirwe yari imaze umwaka urenga ifunze ifungurwa, ariko yongeraho ko izafungurwa mu byiciro kandi Minisiteri y’ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ikabanza ikagenzura ko ingamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19 zubahirizwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 31 Gicurasi 2021 yayoboye Inama y’Abaminirisitiri, ibera muri Village Urugwiro, ikaba yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Ku Cyumweru tariki 30 Gicurasi 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi, IGP Dr. George Hadrian Kainja, ari kumwe n’abandi ba Ofisiye bakuru muri Polisi ya Malawi bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko rw’akazi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 31 Gicurasi 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasobanuriye abaturage ku kibazo bajya bibaza cyo kuba bajya gushyingura kure ibyo bikabateza ibibazo mu gihe bapfushije.
Abaturage ibihumbi mu Karere ka Rubavu bakomeje kurara mu mahema, abandi bakarara mu bibanza by’inzu zabo zangijwe n’imitingito kuva tariki ya 23 Gicurasi 2021, bakifuza kuvanwa muri ubwo buzima kuko imbeho ibarembeje.
Akarere ka Kicukiro katangije gahunda yiswe ‘Igicaniro cy’Abarinzi b’Igihango’, igamije koroza inka Abarinzi b’Igihango, no kubashimira uruhare bagize mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatusti mu 1994.
Abatuye mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru bavomaga amazi y’Akanyaru, barishimira ko begerejwe amazi meza, kuko ngo baza kujya bakaraba bagacya bityo bagatandukana n’umwanda wabatezaga n’indwara zinyuranye.
Aborozi b’intama mu Karere ka Nyagatare bari mu rujijo ku nyamanswa ibarira intama kugeza ubu bakaba batarayimenya ngo barebe n’uko yakwirindwa.