Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Mukasine Marie Claire, yagaragaje ko mu gihe Isi yose ifata umwanya ikazirikana Umunsi Mpuzamahanga w’Uburenganzira bwa Muntu, u Rwanda na rwo rutagomba gusigara inyuma mu kuzirikana no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Mu Karere ka Musanze, hari abaturage bemeza ko gucika ku kurarana n’amatungo bikomeje kubabera ihurizo rikomeye, bitewe n’uko iyo bayaraje mu biraro hanze abajura bayiba; imvune, igihe ndetse n’amafaranga baba barashoye mu kuyitaho, bigahinduka imfabusa.
Unity Club Intwararumuri n’abafatanyabikorwa bayo, tariki ya 9 Ukuboza 2022 bifatanyije n’ababyeyi b’Intwaza mu rugo rw’Impinganzima mu Karere ka Huye, mu gikorwa ngarukamwaka cyo gusangira no kwifurizanya Noheli nziza n’umwaka mushya muhire wa 2023.
Umugore witwa Mukanoheli Jeannette, arishimira ko ari mu gihugu cye cy’u Rwanda, nyuma y’igihe kinini aba mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Avuga ko yayinjiyemo mu 1994 afite imyaka itandatu, ubu akaba ari umubyeyi w’abana babiri ufite imyaka 35 y’amavuko.
Abagore n’abakobwa 147 bagororerwaga mu kigo ngororamuco cya Gitagata, giherereye mu Karere ka Bugesera, basubiye mu miryango yabo nyuma yo kumara umwaka bagororwa, biyemeza kutazasubira mu buzima bavuyemo bwo kunywa ibiyobyabwenge.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Kirehe, bagabiye Perezida wa Repubulika inka y’ishimwe kubera ko yahagaritse Jenoside akanabarokora.
Umushinga wo gutanga serivisi zijyanye n’iby’ubuzima w’ikigo Lifesten Health, ni wo wegukanye igihembo nyamukuru cy’asaga Miliyoni 50 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu irushanwa rya Hanga PitchFest rya 2022.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga WaterAid ufasha mu kubona amazi meza, batashye amavomo umunani yubakiwe abaturage. Ni igikorwa cyahuriranye n’umunsi mpuzamahanga wo gukaraba intoki ndetse no gukoresha ubwiherero buboneye.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA) tariki 9 Ukuboza 2022 cyahembye amatsinda umunani y’urubyiruko rwitwaye neza mu marushanwa ku kubyaza umusaruro ibikomoka ku nka.
Abagize Inteko zishinga Amategeko baharanira iterambere ry’ubuhinzi n’imirire muri Afurika y’Iburasirazuba, tariki 09 Ukuboza 2022 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo.
Abakunze kunyura mu muhanda Kigali-Musanze, bakunze kugira ikibazo cy’inzira, cyane cyane mu gace ka Gakenke, aho mu gihe cy’imvura imihanda ikunze kuriduka igafunga umuhanda.
Urubyiruko rurangije kwiga rwifuza akazi rwahuye n’abagatanga cyangwa abaranga aho kari, bamwe barufasha kumenya ahari amahirwe, abandi barwizeza kuzagahabwa nyuma yo guhugurwa no kwitoza nk’abakorerabushake.
Visi Perezida wa Sena ushinzwe kugenzura amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma, Nyirasafari Esperance ni we kuri ubu uyoboye Sena mu buryo bw’inzibacyuho nyuma y’iyegura rya Dr Augustin Iyamuremye, nk’uko bigenwa n’Itegeko rigenga imikorere ya Sena y’u Rwanda.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Prof. Jeannette Bayisenge, ubwo yatangizaga aya amahugurwa, yabibukije ko baje guhaha ubumenyi buzatuma babasha guhatanira imyanya ikomeye no gufata ibyemezo, mu miyoborere y’Umuryango w’Abibumbye.
Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi mu Karere ka Kirehe kwahujwe no kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ndetse no kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana ariko hanabungwabungwa umutekano.
Mu rwego rwo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge binyujijwe muri Ndi Umunyarwanda, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Nyaruguru baganirijwe kuri Ndi Umunyarwanda, banasabwa kuyimakaza mu bigo bayobora.
Dr Iyamuremye Augustin wari Senateri ndetse anayobora Sena y’u Rwanda yatangaje ko yeguye kuri iyo myanya yombi kubera uburwayi, kugira ngo kwivuza kwe bitabangamira inshingano ashinzwe.
Ku bufatanye bwa Kiriziya Gatorika na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango batangije ihuriro ry’ingo rizatangirwamo inyigisho zizafasha abagize umuryango kubana mu mahoro no mu bwumvikane.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyarugenge, kuwa Gatatu tariki ya 7 Ukuboza, yafatiye litiro 3120 za mazutu mu rugo rw’umuturage zacuruzwaga mu buryo bwa magendu.
Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar aho yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bihabwa indashyikirwa mu kurwanya ruswa, bizwi nka ‘Anti-Corruption Excellence Award’. Ni ibihembwo bigiye gutangwa ku nshuro ya karindwi, bikaba byaritiriwe Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani.
Abafite ubumuga bagaragaza ko kubona insimburangingo no kwiga ururimi rw’amarenga bikiri imbogamizi kuri bo, bagasaba Leta kubakorera ubuvugizi kuri ibyo bibazo.
Kuva tariki ya 8 kugera tariki ya 18 Ukuboza 2022 i Kigali hagiye kubera imurikagurisha ridasanzwe rigenewe iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Muri gahunda y’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Akarere ka Rulindo gakomeje ubukangurambaga hirya no hino mu mirenge, hatangwa inyigisho ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abaturage 36 batishoboye batagira amacumbi, mu Murenge wa Rukira, bashyikirijwe amazu yo kubamo n’ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’isuku hagamijwe kubatuza neza no kuzamura imibereho yabo. Izi nzu zikaba zarubatswe ku bufatanye bw’Akarere, Umurenge ndetse n’uruhare rw’abaturage binyuze mu miganda.
Ubuyobozi bw’umujyi wa kigali butangaza ko bugiye gukurikirana ibibazo by’urubyiruko rugororerwa ku kirwa cya Iwawa hirindwa ko hari uwagorowe wakongera kwisanga mu bikorwa bituma asubira yo.
Urwego rwa Police rushinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), inzego z’ubuyobozi bw’ibanze, Ikigo cy’Igihugu Gikwirakwiza Amashanyarazi (REG) n’igishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), ni byo bigo bya leta biza ku mwanya wa mbere mu kwaka ruswa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatumiye abatanga akazi n’abagakeneye, kuza guhurira muri ’Kigali Exhibition and Cultural Village (Camp Kigali)’ kuri uyu wa Kane tariki 08 Ukuboza 2022, kuva saa mbili za mu gitondo kugera saa cyenda z’igicamunsi.
Nsabimana Jean w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Kampanga Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze agira ikibazo cy’ubuzima kubera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’abaganga.
Nyuma yo guhabwa inyunganirangingo zigizwe n’amagare, inkoni zera, imbago amavuta yo kwisiga ndetse n’amatungo magufi, abafite ubumuga bo mu Karere ka Gakenke, barahamya ko bigiye kubakura mu bwigunge, bakabona uko bitabira umurimo, bityo bakihutana n’abandi mu iterambere.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille yibukije Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwo mu Karere ka Gicumbi ko ejo hazaza h’Igihugu ari bo hashingiyeho, bityo ko rugomba gusigasira ibyagezweho no kubyubakiraho rukagiteza imbere. Yanabibukije ko bagomba kurangwa no gukunda Igihugu ndetse no kugira imyitwarire myiza.