Ingengo y’Imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2023-2024 ingana n’Amafaranga y’u Rwanda miliyari 5,030 na miliyoni 100. Iyi ngengo y’imari yamurikiwe Inteko Ishinga amategeko imitwe yombi tariki 15 Kamena 2023. Imishinga iteganyijwe gukoreshwa aya mafaranga, ikubiye mu nkingi eshatu ari izo: Iterambere ry’Ubukungu, Imibereho Myiza (…)
Ubuyobozi bwa Zion Temple Celebration Center mu Karere ka Bugesera bwatangije ivugabutumwa ngarukamwaka rizajya ryifashisha siporo mu gushyigikira gahunda za Leta zirimo iyo kurwanya ibiyobyabwenge n’inda ziterwa abangavu.
Uruzinduko Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, Victoria Kwakwa, yagiriraga mu Rwanda rwamuhuje na Perezida Kagame ndetse na Minisitiri w’Intebe. Uyu muyobozi wungirije wanasuye ibikorwa bitandukanye iyi banki itera inkunga mu Rwanda, yavuze ko yasanze Igihugu cyarageze ku bikorwa byinshi (…)
Françoise Mukamazimpaka w’i Mugobore mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, arishimira kuba yarasaniwe inzu na IPRC-Huye, ubu ikaba ari inzu yagutse noneho n’abana be basurwamo na bagenzi babo.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yasshimiye Musenyeri Smaragde Mbonyintege wayoboye Diyosezi ya Kabgayi, anasaba Musenyeri mushya w’iyo Diyosezi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, kugera ikirenge mu cy’uwo asimbuye ku buyobozi bwa Diyosezi ya Kabgayi.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi ucyuye igihe, Musenyeri Simaragde Mbonyintege, yashimiye Perezida Kagame kuba yaramubaye hafi mu bikorwa bya Diyosezi, mu myaka 17 ishize ari umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Kamena 2023 muri Diyosezi ya Kabgayi habereye umuhango wo kwimika ku mugaragaro Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa uherutse gutorwa na Papa Francis kuba Umwepisikopi wa Kabgayi asimbuye Musenyeri Smaragde Mbonyintege ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Abagize Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AGPF) hamwe n’Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga Amategeko (FFRP), basuye abasaza n’abakecuru basigaye bonyine mu miryango yabo bazwi nk’Intwaza ku wa 16 Kamena 2023.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Dr. Victoria Kwakwa, Umuyobozi wungirije wa Banki y’Isi, ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.
Mbarukuze Fabien wo mu Kagari ka Cyabayaga, aratakambira Urwego rw’Umuvunyi nyuma yo gusenyerwa inzu ye n’ikorwa ry’umuhanda Nyagatare-Base, mu guhabwa ingurane y’ibyangiritse agahabwa sheki itazigamiye.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Kayonza zirino gushakisha umugabo witwa Musonera Théogène uri mu kigero cy’imyaka 40, ukekwaho kwica umugore we n’abana batatu babyaranye, maze agahita atoroka.
Ubwo mu minsi ishize hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga bw’uruhu rwera, ubutumwa bwagarutsweho n’abahagarariye inzego zinyuranye, bwagarutse ku gukangurira abafite ubumuga bw’uruhu rwera, guhuza imbaraga binyuze mu matsinda, amashyirahamwe cyangwa amakoperative kugira ngo iterambere ryabo n’iry’umuryango (…)
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango (JADF) n’ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko biyemeje gushyira hamwe bakareba uko umuturage yungukira mu bikorwa bihuriweho n’izo nzego, hagamijwe gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso wabereye mu karere ka Rwamagana tariki ya 14 Kamena 2023 cyahaye Ikimenyetso cy’ishimwe (Certificat) Mukagahiza Immaculee na Mureganshuro Faustin kubera gutanga amaraso inshuro nyinshi mu ntara y’Uburasirazuba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu bwemeje ko hari umusore warashwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro rya tariki 14 Kamena 2023, aho yari amaze gutega abantu babiri abambura telefoni n’amafaranga.
Umuryango mpuzamahanga wita ku bafite ubumuga (Humanity&Inclusion/HI), uvuga ko imyumvire no kutagira ubumenyi kw’abatanga serivisi bikomeje gutuma abafite ubumuga bahezwa mu burezi, mu buzima no mu mirimo yabateza imbere.
Umuryango mpuzamahanga wita ku bidukikije ARCOS ugiye gushora miliyoni zirenga 500 z’amafaranga y’u Rwanda mu guhangana n’ibibazo byangiza ibinyabuzima byo mu kiyaga cya Kivu mu turere twa Karongi na Rutsiro.
Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena, humviswe umutangabuhamya warangije igihano cye nyuma yo kwemera ko yikoreye isanduku yarimo amasasu yicishijwe Abatutsi bari barahungiye kuri Isar-Songa mu 1994.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) Nsanzineza Noel yavuze ko ibibazo isoko rya Gisenyi rifite uyu munsi, byatewe no kuba ryaratangiye kubakwa ridafite icyangombwa ndetse no kudakorerwa ubugenzuzi buhagije, bigatuma imyubakire yaryo itangira idakurikije ibisabwa ku nyubako (…)
Imiryango 3000 idafite ubushobozi, yasenyewe inzu n’ibiza byibasiye tumwe mu turere tw’Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru muri Gicurasi 2023, igiye kubakirwa.
Musenyeri w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’Umuryango uharanira gukurikiza ibyo Bibiliya yigisha, GAFCON, Laurent Mbanda yatangaje ko itorero abereye umuyobozi ritazigera rinyuranya n’amahame ya Bibiliya ngo rigendere mu buyobe ndetse ko ritazemera umuntu uribera umuyobozi kandi ari mu nzira itari iyo (…)
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Bugesera, biyemeje kwigisha urubyiruko amateka, ubukana, n’ubugome byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo na rwo rurusheho kuyamagana.
Umuhanda mushya wa ‘Kivu Belt’, uzengurutse ikiyaga cya Kivu uhereye mu Karere ka Nyamasheke ukagera i Karongi na Rutsiro, ubu uri gucanirwa. Uwo mushinga wo kuwucanira wose ugeze ku kigero cya 80%.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu burashimira abafatanyabikorwa, uruhare bagize mu gufasha abaturage kuva mu bukene no kugira imibereho myiza bityo bakiteza imbere.
Aline Umurizaboro w’i Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko yavutse ku mubyeyi wafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abamwiciye abe, agakurana ibikomere ku mutima, kandi ko umuti wabyo ari we ubwe wavuyemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abaturage bari bakuwe mu byabo n’ibiza bagashyirwa mu nkambi bamaze gusubira mu miryango yabo, aho bamwe basubiye mu nzu zabo, abandi bagakodesherezwa aho kuba mu gihe cy’amezi atatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye ababyeyi bo mu Murenge wa Bugeshi, kongera isuku y’abana, kubagaburira indyo yuzuye mu kubarinda igwingira ndetse bakerekwa urukundo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, avuga ko kuva indwara y’uburenge yagaragara mu nka guhera muri Gicurasi 2023, muri uyu Murenge by’umwihariko inka 205 arizo zimaze gukurwa mu bworozi hagamijwe kudakwirakwiza indwara.
Mu ngendo abasenateri bagiriye mu turere dutandukanye basura abatujwe mu midugudu bakaganira n’abahatuye, basanze Leta ikwiye kunoza imicungire y’iyi midugudu kuko hari ikigaragaramo ibibazo birimo ibikorwaremezo bidahagije.
Umugore w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri ari muri koma, nyuma yo kunywa umuti batera mu myaka witwa Rocket, ubwo yakekaga ko gukeka ko umugabo we yamwibye amafaranga.