Ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro byatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki ya 21 Kanama 2023 Perezida Paul Kagame yabonanye n’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya BK Group Philippe Prosper, baganira ku ngamba n’amahirwe y’iterambere ry’iki kigo.
Umuyobozi Mukuru wa gahunda yo kurwanya Malariya mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Buzima, OMS, Dr. Daniel Ngamije, arasaba abanyarwanda gukomeza ingamba zisanzwe zo kurwanya Malariya by’umwihariko bita ku isuku y’aho batuye ku buryo hatakororokera imibu kubera hari ubwoko bushya bw’umubu utera Malariya.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith ahangayikishijwe n’ubushomeri bwugarije urubyiruko mu karere ayoboye, yemeza ko hagiye gufatwa ingamba zo gushakira urwo rubyiruko icyo gukora.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu bimurwa mu manegeke, abagera kuri 85% ari abakodesha naho 15% akaba ari abatuye.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mathilde Mukantabana, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Eric Kneedler, uhagarariye inyungu za Amerika mu Rwanda.
Mu mujyi wa Iten muri Kenya haravugwa urupfu rw’umugabo witwa Rubayita Sirag bikekwa ko ari Umunyarwanda wari uzwi mu gusiganwa ku maguru, akaba yaguye mu bushyamirane bwatewe no gufuha hagati y’abantu batatu.
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy, yifatanyije mu kababaro n’umuryango wa The Ben, uherutse kugira ibyago byo gupfusha umubyeyi.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 isoza uku kwezi kwa Kanama 2023 (kuva tariki 21-31), rigaragaza ko ahenshi mu Gihugu nta mvura izaboneka, ndetse ko hazabaho ubushyuhe bwinshi bugera kuri dogere Selisiyusi 32 (⁰C) i Kigali, Iburasirazuba, Amayaga n’i Bugarama(Rusizi).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) cyagaragaje ko Uturere dutanu two mu Ntara y’Iburengerazuba n’akandi kamwe ko mu Majyepfo ari two twibasirwa n’ibiza kurusha utundi mu Gihugu. Ni urutonde ruriho n’utundi turere twose aho tugabanyije mu byiciro bitatu bitewe n’uburyo dusumbana mu kwibasirwa n’ibiza. Ni amakuru (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yahumurije abatuye mu Karere ka Gicumbi bibaza ku wahoze ari Umuyobozi w’Akarere kabo, ababwira ko n’ubwo ari mu zindi nshingano, hari ubwo yazabagarukira agakomeza inshingano ze zo kubayobora.
Umuryango World Vision ukorera mu bice bitandukanye by’Igihugu, tariki 16 Kanama 2023 wifatanyije n’abana baturuka mu miryango itishoboye kwizihiza isabukuru y’amavuko y’abo bana mu rwego rwo kubashimisha, ndetse no kubibutsa zimwe mu nshingano zabo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yahumurije abaturage baturiye Sebeya muri metero 10 bari bahawe tariki 10 Kanama 2023 kuba bimutse ariko n’abandi batuye muri metero 50 bagerwaho n’ingaruka za Sebeya basabwa kuhimuka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifatanyije n’urubyiruko rwitabiriye iserukiramuco rya Giants of Africa mu muganda udasanzwe wo kubaka imihanda mu Mudugudu wa Mukoni mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yibukije Guverineri Mugabowagahunde Maurice, ihame akwiye gushyiramo imbaraga, mu nshingano yahawe zo kuyobora Intara y’Amajyaruguru.
Ku wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yujuje imyaka itandatu ya manda y’imyaka irindwi yarahiriye muri 2017, akaba icyo gihe yarijeje kuzakomeza igihango cyo gukora ibyiza yari afitanye n’urubyiruko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Silvio José Albuquerque e Silva, ufite icyicaro i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023, bikaba byibanze ku mubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, no kurebera hamwe uko (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye David Adedeji Adeleke uzwi ku izina rya Davido, umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, uri mu Rwanda mu gusoza Iserukiramuco rya Giants of Africa Festival.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda, REWU, Mutsindashyaka Andre, avuga ko abakozi bari mu kazi baramutse bafashwe neza n’abakoresha babo ikibazo cy’ubushomeri cyaba amateka kuko nabo bagira uruhare mu gutanga akazi.
Umuyobozi w’inama y’Ubutegetsi y’Umurenge SACCO Karangazi, Gatarayiha Dan, avuga ko abibye iki kigo cy’imari bari baracurishije imfunguzo ku buryo byaboroheye gufungura bakagera ku mutamenwa nawo bakawutwara.
Umugore witwa Leah Williams ufite umubiri udakorana n’ubunyobwa cyangwa se ugira ‘allergie’ ku bunyobwa, yabuze andi mahitamo yiyemeza kugura amapaki yose y’ubunyobwa yari mu ndege kugira ngo budahabwa abagenzi bari kumwe muri iyo ndege bigashyira ubuzima bwe mu kaga.
Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yagejeje ku basore n’inkumi ba RDF ubwo basozaga imyitozo ihambaye yo kumasha, yavuze ko RDF itabereyeho gushoza intambara, ahubwo ibereyeho kwirinda no kurinda amahoro hano iwacu n’ahandi hose ijya.
Ambasaderi mushya wa Leta ya Isiraheri (Israel) mu Rwanda, Einat Weiss, ku Gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 17 Kanama 2023, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, yunamira inzirakarengane ziharuhukiye ndetse anahashyira indabo.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abakozi bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (REWU), Mutsindashyaka Andre’, avuga ko abakozi bose bakwiye guhabwa amasezerano y’akazi kandi bakanateganyirizwa kugira ngo ejo batazaba umusaraba kuri Leta.
Musenyeri Célestin Hakizimana, umushumba wa diyosezi gatolika ya Gikongoro, arahamagarira abakirisitu bose kwigomwa bagatanga amafaranga yo kugura ahazubakwa Kiliziya nini y’i Kibeho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi tariki 16 Kanama 2023 yasohoye amabwiriza agenga gahunda ya girinka n’uko izashyirwa mubikorwa aho ibyiciro by’ubudehe bitazongera kugenderwaho, hakazajya hiturwa inyanay’amezi 9 kandi ifite ubwishingizi ikazaba yarakingiwe n’ikibagarira.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), irahamagarira abikorera bakora ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda), gushyira ibicuruzwa byabo ku rubuga rw’ikoranabuhanga Made in Rwanda, kubera ko ari bo ubwabo bagomba kubyishyiriraho.
Inzego z’umutekano zirimo Polisi n’urwego rw’UbugenzacyaIB mu Karere ka Muhanga, ziragira inama urubyiruko ngo rwirinde ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka nyinshi ku buzima bwarwo, zirimo no gufungwa kugeza ku gifungo cya burundu.
Ubuyobozi mu Ntara y’Iburasirazuba bwatangaje ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bumaze kwangiza imiyoboro y’amazi ifite agaciro kabarirwa muri miliyari imwe na miliyoni 800Rwf mu Karere ka Gatsibo honyine. Ubuyobozi buvuga ko bwafashe ingamba zo guhangana n’iki kibazo mu turere twose tw’iyi Ntara.
Hashize iminsi itari mike Abanyarwanda batandukanye bibaza imyambarire ikwiye n’idakwiye aho abantu bamwe bakumiriwe bazira kwambara nabi ariko ntihasobanurwe imyambarire ikwiye n’idakwiye.
Inteko Rusange ya Sena yemeje Mugabowagahunde Maurice ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla ku mwanya wa Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari Abasirikare na Dr. Mugenzi Patrice ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe amakoperative mu Rwanda.