Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside (GAERG), urifuza abafatanyabikorwa bawufasha kubonera akazi urubyiruko rugera ku bihumbi 32 rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruri mu bushomeri.
Mu rwego rw’ubukangurambaga ku isuku n’isukura bwateguwe n’Akarere ka Bugesera guhera muri Kanama, bukazarangira mu kwezi k’Ukuboza 2023, hateguwe amahugurwa ku byiciro bitandukanye, bahereye ku rubyiruko. Ni ubukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa: Isuku Hose Ihera kuri Njye”.
Guverineri Dushimimana Lambert wagizwe umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, yasabye abatuye iyo Ntara n’abayobozi bahakorera, ubufatanye mu kugera ku iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Minisitiri mushya w’Ibikorwa remezo, Dr. Jimmy Gasore, gushyira imbere inyungu z’Abanyarwanda kurusha ibindi byose, kubera ko ari zo nshingano z’ibanze.
Isoko ry’ibiribwa rya Musanze rizwi ku izina rya Kariyeri, ryari ryatangiye kubakwa mu buryo bujyanye n’icyerekezo, ryahagaritswe mu buryo butunguranye, bitera benshi urujijo.
Abagize ibihugu bigize isoko rusange ry’Ibihugu byo mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika (COMESA), bashobora gutangira gukoresha uruhushya rumwe rwo gutwara ibinyabiziga (Permis), aho bari hose muri ibyo bihugu.
Urubyiruko rurashishikarizwa gukunda gusenga ariko ntibanibagirwe gukunda umurimo, kuko ngo umujene udasenga asenyuka, udakora bikarusha.
Abarimu 416 bigisha isomo ry’amateka baturutse mu gihugu hose, batangiye amahugurwa abongerera ubumenyi bwo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Imibare y’Umujyi wa Kigali ku miturire igaragaza ko mu ngo 3,131 z’abagomba kwimurwa mu manegeka, izigera kuri 85% ari imiryango ikodesha, mu gihe ingo 15% ari ba nyiri inzu bagomba kwimurwa mbere y’ibihe by’imvura nyinshi.
Ibiyobyabwenge biheruka gufatirwa mu Mirenge yiganjemo iy’igice cy’umujyi wa Musanze, byamenwe ibindi bitwikirwa, mu ruhame mu gikorwa cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023.
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023 yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na kompanyi Dual Fluid Energy Inc agamije kugerageza ikoranabuhanga rishya rizakoreshwa mu kubyaza amashanyarazi ingufu za Atomike.
Perezida Paul Kagame yakiriye Romuald Wadagni, Minisitiri w’Ubukungu n’Imari wa Benin, akaba n’intumwa idasanzwe, wamugejejeho ubutumwa bwa Mugenzi, Perezida Patrice Talon.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize Dr. Jimmy Gasore ku mwanya wa Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, akaba asimbuye Dr. Ernest Nsabimana wari kuri uwo mwanya kuva tariki 31 Mutarama 2022, bivuze ko yari awumazeho umwaka n’amezi arindwi.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda watangarije abafite ubumuga bwo kutabona ko wababoneye Bibiliya zanditse mu rurimi rwitwa ‘Braille’, zizajya zibafasha kwisomera aho kumva gusa ababasomera Bibiliya zisanzwe.
Ni mu butumwa yageneye Abanyarwanda abinyujije ku rubuga rwe rwa X, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023.
Ku wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, Inama y’Abaminisitiri yarateranye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ifata imyanzuro itandukanye.
Bamwe mu mu batuye mu Ntara y’Amajyaruguru, by’umwihariko abatishoboye, barashima urubyiruko n’abagore bo mu muryango FPR-Inkotanyi muri iyo Ntara, ku ruhare rwabo mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.
Iteganyagihe ry’igice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nzeri 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20), ryerekana ko hari imvura nyinshi kurusha isanzwe muri iki gihe, ubushyuhe bwinshi ndetse n’umuvuduko ukabije w’umuyaga.
Hashize icyumweru abasore icyenda bafatiwe mu mukwabu wabaye mu cyumweru gishize, nyuma y’urugomo ruherutse gukorerwa abasekirite b’isosiyete icukura amabuye y’agaciro ya Gifurwe Wolfram Mining.
Mu muhango wo gusezera kuri Senateri Ntidendereza William wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023 mu Nteko Ishinga Amategeko, yashimiwe uruhare yagize rwo gufatanya n’abandi mu kubohora u Rwanda.
Mu Kagari ka Gashanje, Umurenge wa Kivuye mu Karere ka Burera, haravugwa inkuru y’umwana w’imyaka itatu waguye mu cyobo gifata amazi y’imvura ahita apfa.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, mu Murenge wa Gacaca Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka 17 warohamye mu kiyaga cya Ruhondo’ ubwo yari kumwe n’abagenzi be babiri bo batabawe ari bazima.
Rutihimbuguza Daniel w’imyaka 75 y’amavuko utuye mu Kagari ka Nyarurema Umurenge wa Gatunda, avuga ko yahunze urugo rwe gatatu kubera amakimbirane, inshuro ya nyuma agarurwa n’abana yiyemeza gusezerana n’umugore byemewe n’amategeko, nk’ikimenyetso cy’uko atazongera gukimbirana na we.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Rania El Banna, Ambasaderi wa Misiri urimo gusoza imirimo ye mu Rwanda.
Abantu bataramenyekana babarirwa muri 40, biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabirandura, bashyira mu mifuka barabitwara.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Maroc bibasiwe n’umutingito, wahitanye benshi abandi barakomereka. Perezida Kagame yihanganishije Maroc ku bw’ibyago by’umutingito iki gihugu cyahuye na byo, aho yagize ati "Mu izina ry’Abanyarwanda bose, nifatanyije mu (…)
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 109 bo mu Karere ka Gicumbi, batangaza ko moto bahawe zizabafasha kunoza akazi kabo neza, umuturage agahabwa serivisi ku gihe.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera (ba Mutimawurugo), bakanguriwe gutinyuka bagakorana n’ibigo by’imari, kugira ngo babashe kwiteza imbere n’imiryango yabo.
Umunyamerika witwa Greg Stone wahimbwe Mabuye, yahawe igikombe cy’ishimwe nyuma yo gufasha abagore barenga 5,000 guhindura imibereho, binyuze mu kuboha uduseke n’ibindi bikoresho.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ishoramari, Investment Corporation of Dubai unakuriye ikigo cya Kerzner International, Mohammed Al Shaibani, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y’iki kigo n’Igihugu cy’u Rwanda.