Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Bugesera tariki 27/12/2011, umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, yasabye abayobozi kudasiragiza abaturage ahubwo bakajya bakemura ibibazo byabo ku gihe.
Inzu y’umugabo witwa Kazeneza Elias wo mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza, ku mugoroba wa tariki 26/12/2011, yafashwe n’inkongi y’umuriro ibikoresho byose byo munzu bihiramo. Kugeza ubu nta muntu uzi icyateye iyo nkongi kandi nta muntu yahitanye.
Ngamije Jean Bosco utuye mu kagali ka Gashenyi, umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare uzwi cyane ku kabyiniriro ka Mahungu yizihije umunsi wa Noheli yishimana n’abana barenga magana atanu bo mu mirenge ya Rukomo na Nyagatare.
Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, tariki 22/12/2011, yakiriye itegeko rya Guverinoma riteganya kongera amafaranga y’u Rwanda miliyari 54 na miliyoni 400 ku ngengo y’Imari y’umwaka 2011-2012 yari isanzwe ari tiriyari 116.
Ubwo umugabo witwa Kalisa Callixte yasezeranaga n’undi mugore, tariki 24/12/2011, mu kagari ka Kigembe, murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, haje undi mugore witwa Nyirabahashyi Jeanne azanye abana babiri avuga ko yababyaranye na Kalisa.
U Rwanda, tariki 27/12/2011, ruzohereza abapolisi 160 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Haiti. Aba bapolisi bazaba bayobowe na Chief Superintendent Toussaint Muzezayo bazajya mu mujyi wa Jeremie uri mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Haiti, Port-de-Prince.
Ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro hatangiye imirimo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwitiriwe Congo Nil kubera ko ruzashyingurwamo imibiri y’abantu bishwe n’abahoze ari abakozi ba komini Rutsiro. Uru ributso si urw’akarere.
Ku nshuro ya kabiri, ikigo kigisha imyuga abana bahoze ari abo mu muhanda cyiri ku kirwa cya Iwawa mu kiyaga cya Kivu, ejo, cyatanze impamyabushobozi ku rubyiruko 593 rurangije amasomo.
Amahugurwa yahuje abagize inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Nyanya, tariki 23/12/2011, yasoje urubyiruko rwatowe kuva ku rwego rw’utugali kugeza ku rwego rw’Akarere rwiyemeje kuzuza neza inshingano rwatorewe.
Ejo, abanyamahirwe 72 batomboye ibihembo bitandukanye birimo laptop, Samsung Galaxy Tabs, telephone za Blackberry, LG na Gitego mu gikorwa kitwa “Izihize na MTN” cyabereye ku ishami rya MTN i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali.
Mu nteko rusange ya FPR-Inkotanyi mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo yateranye ejo, abanyamuryango biyemeje gutanga inkunga y’amafaranga miliyoni eshanu mu gikorwa cyo kwiyubakira Ingoro yabo ku rwego rw’akarere.
Mu gikorwa cyo gutangiza imirimo y’isanwa ry’umuhanda Gatuna-Mbarara, uyu munsi, Perezida Kagame yatangaje ko bidakwiye ko abagutera inkunga mu bikorwa aribo bagira n’uruhare mu kubyitaho.
Raporo yakozwe na komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge ku gipimo cy’ubwiyunge mu banyarwanda igaragaza ko Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Gatsibo bemeza ko ibikorwa rusange Leta itegura bigira uruhare mu kumvikanisha Abanyarwanda no kongera ubumwe n’ubwiyunge.
Umuryango wibarututse abana batatu b’impanga utuye mu murenge wa Bungwe mu karere ka Burera, ejo, washyikirijwe inka ihaka wagabiwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, n’uwa Uganda, Yoweri Museveni, uyu munsi baratangiza ku mugaragaro igikorwa cyo gusana umuhanda munini uhuza Kigali na Mbarara, unyuze i Gatuna. Igikorwa kirabera ku mupaka w’ibihugu byombi.
Rumwe mu rubyiruko rw’abanyarwanda ruba mu buhunzi rurifuza gusobanurira Abanyarwanda baba mu buhungiro ko mu Rwanda ari amahoro kandi rukabibutsa ko amaboko yabo ariyo yonyine azubaka u Rwanda.
Imvura nyinshi irimo umuyaga n’urubura yaguye ku manywa tariki 20/12/2011 yasenye amazu ku Ruyenzi mu murenge wa Runda.
Professor Sam Rugege, watorewe kuyobora Urukiko rw’Ikirenga, aravuga ko azakora akazi ke atibanze mu gupiganwa, ahubwo ko azashingira kuri byinshi yigiye kuri Aloysie Cyanzayire mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umurimo w’ubutabera mu Rwanda.
Ejo mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ikamyo ipakiye sima yakoze impanuka ifunga umuhanda winjira aho bategera imodoka i Remera i Kigali amasaha agera kuri atatu ariko nta muntu wapfuye.
Nyuma y’ibyumweru biriri inteko rusange ya sena iri mu gihembwe kidasanzwe, Iyi nteko yatoye itegeko rishyiraho ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH).
Uyu munsi saa saba z’amanywa ikamyo yo mu gihugu cya Tanzaniya yakoze impanuka igeze mu gasentere ka Rwamenyo mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke ariko ntiyagira umuntu ihitana.
Umushinga PPIMA (Public Policy Information, Monitoring and Advocacy) ugiye gutangiza ikigo kitwa AJIC (Anti-corruption, Justice and Information Center) kizajya cyakira, gikurikirane kandi kinatange inama ku bibazo by’abaturage, cyane cyane ibijyanye na ruswa n’akarengane mu karere ka Ngororero.
Ejo, abavoka 172 barahiriye imbere y’Urukiko rw’Ikirenga kuzuza inshingano zisabwa n’Urugaga rw’Abavoka b’umwuga mu Rwanda, nyuma y’uko ibyifuzo byabo byo kujya muri uyu muryango byemewe.
Abaturage 47 bafite amasambu hafi y’ikiyaga cya Muhazi mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza bavuga ko hashize amezi atatu bategereje kwishyurwa amafaranga y’amasambu yabo babujijwe kugira icyo bakoreramo kubera ko hagiye kubakwa uruganda rutunganya ibikomoka kuri soya.
Abapolisi 329 bashoje amahugurwa yihariye yari amaze amezi ane arebana n’uburyo bwo guhashya umwanzi, kubohora imbohe, uburyo bwo kwirinda ndetse no kurasa yaberaga mu ishuri ry’amahugurwa i Nasho mu karere ka Kirehe.
Inama ya Biro Pilitiki y’Ishyaka Riharanira Demokarasi nImibereho Myiza yAbaturage (P.S.D) yateranye ejo muri Alpha Palace Hotel i Kigali yafashe umwanzuro wo gukangurira abayoboke baryo n’Abanyarwanda muri rusange gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama ya cyenda y’igihugu y’umushyikirano kuko ari myiza.
Mu nama nkuru isanzwe ya 11 y’Umuryango FPR-Inkotanyi yabaye ejo kuri petit stade i Remera i Kigali, Chairman w’uwo muryango, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, yibukije abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi ko buri wese afite inshingano agomba kuzuza.
Mu ijambo rye risoza inama y’umushyikirano, Perezida Kagame yongeye gutangaza ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza guharanira kwihesha agaciro; yongeraho ko birushaho kugira isura nziza iyo umuntu ku giti cye agahaye mugenzi we.
Umugaba w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Charles Kayonga, yashimye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gucunga umutekano mu gihugu cya Sudan.
Perezida Kagame aremeza ko Abanyarwanda badakeneye ubigisha kwigenga kuko ari bo ubwabo bihitiramo uburyo bubaka igihugu cyabo. Ibi yabigarutseho mu nama y’umushyikirano y’iminsi ibiri yatangiye uyu munsi mu nzu Inteko Ishinga Amategeko ikoreramo ku Kimihurura i Kigali.