Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko hari uburiganya buba hagati y’abayobozi n’abaturage, bikagira ingaruka mbi ku mitangire ya serivisi kuko usanga baba abayobozi baka ruswa, baba abaturage bamenyereye ko bagura serivisi bose baba batagamije inyungu rusange.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwakoze igikorwa cyo gukusanya inkunga ya miliyoni 136 z’amafaranga y’u Rwanda yavuye mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa leta, abacuruzi, abanyenganda, abacuruzi b’bikomoka kuri petelori, amahoteli n’abandi bakora imirimo zitandukanye, bakorera muri Gasabo cyangwa bahatuye.
Umugore witwa Mukabucyana Penina amaze imyaka itanu atabana n’uwari umugabo we w’isezerano witwa Ntakiyimana Ezechia, wamutaye ajya gushaka undi mugore kubera ko nyirabukwe atishimiye ko yabyaye abakobwa gusa kandi we yarashakaga abyara umuhungu.
Fawusitini Ndayisaba ukomoka mu karere ka Nyamagabe, umurenge wa Uwinkingi, yahimbiye umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame indirimbo, kuko amukesha kuba akiriho biciye mu miyoborere myiza.
Imiryango 100 y’abatishoboye bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yashyikirijwe inkunga y’ihene 100 zatanzwe n’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, Diyoseze ya Kibungo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye bemeza ko Perezida Paul Kagame akwiye gukomeza kuyobora igihugu, bashinigiye ku ijambo yigeze kuvuga ko nta wuhindura ikipe itsinda bakemeza ko nawe nk’umutoza wayo adakwiye guhinduka.
Eng. Protais Musoni ushinzwe iterambere ry’ubuyobozi mu Muryango wa RPF-Inkotanyi, yasabye Inteko rusange y’uyu muryango mu Mudugudu wa Gacuriro 2020, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, gutanga inama zafasha indi midugudu n’utugari mu gihugu hose, kwitabira gukora uko babisabwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB), kuri uyu wa 02 Mata 2015, cyasuye uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’imyumbati n’ibigori mu Karere ka Ngororero nyuma y’aho rusuriwe n’abadepite bakanenga imashini zarwo zikozwe mu byuma bigaragara ko zatangiye kurwara umugese.
Polisi y’igihugu iri kongerera ubumenyi abakozi bakora muri ISANGE One Stop Center muri serivisi zo gufasha abagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ku buryo bahuza imikorere n’ubumenyi mu kongera ubunararibonye mu kazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba abagore baharitswe kwirinda amakimbirane bakemera gusangira umugabo mu ituze, ariko abakobwa batarashaka bakabuzwa guharikwa abagore bagenzi babo.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa aravuga ko ikibazo cy’ihohoterwa mu muryango nyarwanda gikwiye kurandurwa kugeza ubwo gihinduka amateka.
Mu gihe hari abayobozi binubira kuba hari abanyamakuru bagirana ikiganiro (interview) hanyuma bagatangaza agace batari biteze, Aimé Kajangana, umukozi w’urwego rw’Umuvunyi avuga ko abayobozi baha abanyamakuru amakuru baba bari bukoremo inkuru batabaha inkuru.
Uhagarariye igihugu cy’u Burundi mu Rwanda, Ntukamazina Aléxis aravuga ko agiye kuvuganira impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda bityo bakareka gukomeza guhunga, kuko imbonerakure bahunga zitari hejuru y’amategeko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ngo muri we si umunyapolitiki nubwo ayikora. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 2 Mata 2014, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Ikigo cyongerera ubumenyi abafite ubumuga kirabibutsa ko badakwiye kubera umutwaro abakoresha cyangwa ngo abakoresha babafate nk’abadashoboye byabadindiriza imirimo ngo bitumen babima akazi cyangwa babima agaciro ku isoko ry’umurimo.
Abagiraga ibibazo by’ihungabana cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, nyuma yo gufashwa ndetse no guhugurwa ngo nabo biteguye gutanga ubufasha mu gihe cy’icyunamo ku bantu bazagira ihungabana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko ahari imiyoborere myiza, ibikorwa byigaragaza binyuze mu kugeza ku baturage serivisi nziza kandi inoze.
Imvugo “ Amasaha y’abirabura” imaze gusakara mu mvugo yacu y’Ikinyarwanda ku buryo urahura n’umuntu wategereje undi akamubura ati “Iby’amasaha y’abirabura ntawabishobora”, wahura n’undi wakererewe akazi ati ”Dukora mu masaha y’abirabura”.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yabwiye abavuga ko bashaka ko akomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017 ko bagifite akazi gakomeye ko kubimwumvisha bakanabyemeza Abanyarwanda, kuko Itegeko Nshinga risanzweho ribimubuza kandi akaba we ntawe yasabye kurihindura.
Abaturage bo mu Tugari twa Hehu, Rusiza na Mutovu two mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu bahangayikishinjwe n’amazi ava muri pariki y’igihugu y’ibirunga agasenyera abaturage ndetse agatwara n’ubuzima bw’abantu.
Bamwe mu bakozi bakoraga isuku mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare n’inkiko z’ibanze 4 zirushamikiye bakoreshwaga na Kompanyi Shine Rwanda Ltd barasaba ababifitiye ubushobozi kubishyuriza kuko rwiyemezamirimo bamubuze bityo bakaba badahembwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bwegukanye igikombe cy’ishimwe gitangwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kubera intambwe iba imaze guterwa mu mitangire y’amasoko aba yakozwe mu buryo bunyuze mu mucyo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alivera Mukabaramba yasabye abatuye Akarere ka Rubavu kuba hafi y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu gihe cy’icyunamo, cyane cyane inshike n’abandi batishoboye baba bakeneye ababafata mu mugongo.
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Rwamagana bashyigikiye ko umunsi wo kubeshya uba tariki ya 1 Mata washinga imizi ngo kuko ufasha abantu kuruhuka babeshya kugira ngo bishimishe ariko abandi bakavuga ko kubeshya ari icyaha kandi biteza ingaruka mbi zirimo igihombo n’ihungabana.
Mu Karere ka Bugesera hashyizweho inkambi iri kwakira Abarundi barimo guhunga ku bwinshi, bavuga ko baterwa ubwoba n’abashaka kubica.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakarenzo baravuga ko bababajwe n’amafaranga yabo batanze kuri biyogaze ariko hakaba hashize imyaka 2 zidakora.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu atangaza ko nta gihugu cy’igihangange ku isi cyagira icyo kibaza Abanyarwanda igihe bahinduye Itegeko Nshinga ryemerera Perezida Kagame kongera kwiyamamariza manda ya gatatu izaza nyuma ya 2017 kuko ibyo bihugu byagize aba-perezida banditse amateka nka Perezida Kagame bituma bahindura (…)
Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa 01 Mata 2015 yakiriye ba ambasaderi babiri bashya barimo Mme Namira Babil Mohamed El Mahdi Negm waje guhagararira igihugu cya Misiri mu Rwanda na Ali Idi Siwa waje guhagararira Tanzaniya mu Rwanda.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Rosemary Mbabazi mu mpanuro yahaye intore z’urubyiruko ziva mu Ntara y’Iburasirazuba zisaga 1032 yazisabye gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu kuko u Rwanda rwabahaye amahirwe yose.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara barasaba ubuyobozi bw’akarere kabo kubatumikira ko bashaka gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame ngo kubera ibyiza amaze kubagezaho.