Uwineza Esperance warashwe na FDLR ahorwa umugabo we Majoro Ntagisanimana watashye mu Rwanda, yatashye acyuye abandi basirikare bakuru ba FDLR.
Abakanishi b’amagare n’abadozi b’inkweto bo mu Rwanza mu Karere ka Gisagara, baravuga ko imyuga yabo ibatunze ikabafasha gutera imbere, bityo ko ntawe ukwiye gusuzugura umurimo.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Anastase Murekezi, kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2016, yemereye ababishaka bose umwanya ungana n’isaha imwe ngo baganire ku rubuga rwa “Twitter” kuri gahunda za guverinoma ayoboye.
Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasinyanye na Leta y’u Rwanda amasezerano ayemerera gukorera mu Rwanda ibikorwa bifasha abaturage.
Abayobozi b’Ibitaro bya Kibogora ntibabashije kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo kuko umwe muri bo yavuze ko atarabona umwunganira mu mategeko.
Ubuyobozi bwa Banki “AGASEKE” mu Karere ka Rubavu butangaza ko abajura batoboye idishya bica ububiko bw’amafaranga, bagatwara arenga miliyoni 50Frw.
Gasutamo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda igiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera izuzura itwaye miliyari 6 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Intumwa y’u Rwanda mu gihugu cya Uganda, Amb. Frank Mugambage, arasaba urubyiruko gukora cyane kugira ngo rurusheho guteza imbere Umugabane wa Afrika.
Nshimyumukiza Richard wo mu Kagari ka Murama, Umurenge Bweramana mu Karere ka Ruhango, ababajwe n’uko imibiri y’ababyeyi be bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi imaze imyaka 22 ishyinguye ahororerwa ingurube.
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barasabwa gufata amazi bayarongeramo, kuko yanduza imigezi ashokeramo. Abatabikora ngo bakazahabwa ibihano biteganyirijwe abangiza ibidukikije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwishyurije umuturage wari umaze imyaka itatu ashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare, Uwiringiyimana Bosco, kumwambura ibihumbi 30Frw.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza yatangaje ko ku bushake bw’abazunguzayi, ikibazo cyabo kizakemurwa vuba kandi burundu.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi rigiye kubaka amashuri n’amavuriro bigezweho mu turere twa Nyanza na Rubavu, hagamijwe gufasha abaturage kubona serivise hafi no kugira imibereho myiza.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga muri Afurika (ID4Afrika) bavuga ko iyi ndangabuntu izafasha ibihugu kumenya no gukurikirana abakora ibyaha bagatoroka.
Abashakashatsi n’impuguke z’Abanyarwanda n’Abanyekongo batangiye guhana amakuru ku buryo gaz methan yo mu kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro wiyongera ku mashanyarazi.
Mu Rwanda hagiye kuba inama mpuzamahanga yo gukangurira ibihugu bya Afurika kwitabira gukoresha indangamuntu zikoranye ikoranabuhanga, kuko hari byinshi yakemura.
Koperative “Tuvugibyayo” ikorera mu Murenge wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, yiyemeje kongera uruhare rwo guhuza imiryango yari isanzwe irangwamo amakimbirane.
Mu gihe cy’ukwezi, Abizera b’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda, bamaze gufashisha abatishoboye inkunga isaga miliyoni 262 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda yanyuze mu bikorwa bitandukanye.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke baravuga ko ubufatanye bw’umugabo n’umugore bwarandura ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara mu bana ndetse n’ubukene bwugarije imiryango.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abanyamadini kubaka umuryango nyarwanda wubaha Imana ariko abakwiza impuha bavuga ko bashingiye ku buhanuzi, bakihana.
Musenyeri Habiyambere Alexis umaze imyaka 19 ku bushumba bwa Diyoseze ya Nyundo yashyikirije inkuni y’ubushumba mugenzi we Mwumvaneza Anaclet, ajya mu kiruhuko.
Akarere ka Nyaruguru kagiye kongera gusubira mu ibarura ry’abatuye mu manegeka, nyuma yo kubisabwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (Rwanda Housing Authority).
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), iravuga ko ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi kugira ngo gikemuka burundu.
Abasirikare batangiye koroherezwa akazi ko gukemura ibibazo binyuze mu mahugurwa agenerwa abasivili, kugira ingufu zose zifashishwe mu gukemura amakimbirane.
Abatuye Umurenge wa Kilimbi muri Nyamasheke bamaze amezi atandatu bagorwa no kubona serivisi z’irangamimerere kuko nta we ubishinzwe uhari.
Minisiteri ishinzwe Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yizeje abasenyewe n’ibiza mu Karere ka Ngororero ko bazahabwa ubufasha bwihuse bwo kubakirwa.
Depite Rose Mukantabana wayoboye Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite muri manda yashize, yabaye umwe mu banyeshuri b’indashyikirwa basoje amasomo mu Ishuri Rikuru ryo guteza imbere Amategeko (ILPD) riri i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Imwe mu miryango ibana mu makimbirane igaragaza ko kunywa ibisindisha by’inzoga z’inkorano nk’ibikurura ihohoterwa mu muryango kuko bitera gusesagura umutungo w’urugo.
Bamwe mu bamugaye imibereho yabo iradindira kuko batitabwaho, nk’uko bikwiye bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi bagafatwa nk’aho ari ikibazo mu muryango.