Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rulindo bagaragaje ko bazashyira amafaranga arenga miliyari mu bikorwa by’imihigo y’uyu mwaka wa 2016-2017.
Abubatsi bo mu Burasirazuba baravuga ko bishyuzwa umusoro ku bikoresho bagurira abaturage, bo ntibabashe kuwugaruza kuko abo baturage atari abacuruzi bemewe.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi Mukantabana Seraphine arasaba Abanyarwanda bahunze gutahuka, kuko nyuma y’uyu mwaka bitazaborohera gutahuka kuko ibyo bafashwagamo bitazongera kubaho.
Bamwe mu bagore bizigama mu bimina bivuguruye bavuga ko byabongereye umutuzo n’abo bashakanye kuko batakibategaho buri kimwe.
Abakorerabushake b’Abanyakoreya bari bamaze imyaka itanu babana n’abaturage mu Karere ka Kamonyi, barabasaba gusigasira ibikorwa by’iterambere babafashije kugeraho kuko bo bagiye gusubira iwabo.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko muri 2020, abunzi bazaba bari ku rwego rwo gukemura ibibazo by’abaturage ku kigero cya 95% kubera umurava bakorana.
Ikigo Mpuzamahanga cy’Umutungo mu by’Ubwenge (WIPO) cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, byahanze udushya.
Abayeshuri bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko gusura parike bikenewe kugira ngo baboneshe amaso ibyo biga mu bitabo, bityo barusheho gusobanukirwa.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo Mwumvaneza Anaclet yahaye ububasha bw’ubusomyi bw’ivanjili n’ubuhereza Abafaratiri 14 bitegura kuba ba Padiri, abasaba kuzakora inshingano bahawe.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette, arashima uruhare rw’amadimi mu bikorwa batanyana n’ubuyobozi mu iterambere ry’iyi ntara.
Abagabo batuye mu kagali ka Ndekwe Umurenge wa Remeramu Karere ka Ngoma, bashinja abagore babi kwitwaza uburinganire bagakora ibikorwa biteza amakimbirane mu ngo.
Abatuye mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save muri Gisagara barasaba kwishyurwa ingurane z’ibyabo byangijwe hacibwa imihanda mu myaka ine ishize.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zigize Akarere ka Karongi basanga uburyo bushya bwo guhiga hifashishijwe ikoranabuhanga buzatanga umusaruro kurushaho.
Nubwo hashize umwaka hatangirwa amasomo y’imyuga, urubyiruko ruhamya ko kutagira umuyoboro wa internet bituma Ikigo cy’Urubyiruko cya Kamonyi kitagendwa cyane.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yakoze umukwabu wo gufata abantu bananiranye bazwi ku izina ry’“ibihazi” inafata bimwe mu biyobyabwenge n’ababigurishaga.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Rubavu ryatangije ibikorwa byo gushishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge no kwirinda imitwe yitwaza intwaro.
Maj. Sabimana Iraguha uzwi ku mazina ya Mugisha Vainqueur wari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR FOCA, Gen. Mudacumura, yafashwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Nyaminga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly, yifatanyije na ’Association Mwanukundwa’ maze atangiza ku mugaragaro ikigega kizarihira kaminuza abana batishoboye.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2016, isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally ryakomeje ku munsi waryo wa Kabiri, rizenguruka imihanda Nemba – Ririma yo mu Karere ka Bugesera.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), by’umwihariko izikora mu bijyanye n’indege, zashimiwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), ku bw’ubunyamwuga mu kazi kabo.
Gervais Biziramwabo wari Visi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yeguye ndetse n’Inteko Rusange ya Njyanama irabimwemerera.
Nyuma y’imyaka itandatu Perezida Kagame na Perezida Kabila bahuye, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 bongeye guhurira mu Mujyi wa Rubavu baganira ibyateza imbere ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burizeza abaterwa impunge n’ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ko mu kubagenera serivisi hazajya habanza gushishozwa ku bushobozi bwabo.
Nyirabagirishya Hillary na Kanyenduga Florien bavuga ko ibanga ryatumye barambana imyaka 66 nk’umugabo n’umugore babikesha gusenga no kumenya kubahana
Ibiciro by’ibicuruzwa byiganjemo ibyaturutse mu mahanga byagabanutse cyane mu minsi igana umusozo w’Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 ribera i Kigali.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere Prof Shyaka Anastase aratangaza ko kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage bitagira abayobozi abamarayika ahubwo biha imbaraga umuturage.
Gusobanukirwa n’uko ubuvugizi bw’ibibazo abaturage bahura nabyo bukorwa, bigiye gufasha sosiyete sivile n’inzego z’ibanze za leta kubonera umuti ibyo bibazo.
Mu Karere ka Burera umuturage ufashwe abiba amasaka ahagenewe ibindi bihingwa baramuhagarika kandi bakamuca amande y’amafaranga ibihumbi 10.
Abikorera mu Karere ka Rubavu bajabura umucanga mu mugezi wa Sebeya bakawugurisha abubatsi, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere ku musoro bashyiriweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubwitabire buke bw’abatanga ubwisungane mu kwivuza kandi ngo abiganje ni abataraboneje urubyaro ndetse n’ababyara mu mihana.