Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiye kwakira abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu 54 bya Afurika kugira ngo baganire ku ishyirwa mu bikorwa ry’ivugururwa rya Afurika yunze Ubumwe.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi mu Rwanda (EU) wafunguriye amarembo Abanyarwanda bose babyifuza kuzaza kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 umaze ubayeho.
Abahwituzi b’imirenge itandukanye yo mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko akazi bakora bagakunze ariko bifuza ko bajya bagenerwa agahimbazmusyi buri kwezi.
Umugenzuzi w’imari ya Leta yatahuye ko hari abantu n’ibigo bakoresha amazi abarirwa ikiguzi cya miliyari zikabakaba 9RWf buri mwaka kandi ntibishyure.
Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EALA) igiye gutangira gukoresha gahunda y’iya kure (Video Conference) mu nama zayo, hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’amikoro make.
Impunzi z’Abanyarwanda 10 ziri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije kureba isura nyayo y’u Rwanda nyuma y’imyaka 23 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Abaturage bo muri Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba basanga gahunda yo kugayira mu ruhame abagabo bahohotera abagore izagabanya amakimbirane mu miryango.
Nyuma y’uko muri 2007 nta nkura y’umukara yari isigaye muri Parike y’Akagera, kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017 zongeye kuhaba ziturutse muri Afurika y’Epfo.
Babiri muri ba bana bane bavutse batagejeje igihe bitabye Imana; nkuko amakuru aturuka mu bitaro bya Kaminuza i Butare (CHUB) abisobanura.
Abagize ihuriro ry’abakunzi ba KT Radio, Radio y’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd, bayisuye banayiha impano y’isaha imanikwa mu nzu.
Umuganda usoza ukwezi kwa Mata, wakozwe kuri uyu 29/04/2017. Mu bice bitandukanye by’igihugu hibanzwe kuri gahunda yo kurwanya nkongwa mu bigori haterwa umuti. Uretse kurwanya Nkongwa, hagiye hanakorwa ibindi bikorwa bitandukanye harimo ibyo gutunganya imihanda yangiritse, hakorwa amateme, no kuremera uwarok otse Jenoside (…)
Ambasaderi George Nkosinati Twala aremeza ko mu kwezi gutaha kwa Gicurasi u Rwanda na Afurika y’Epfo bazasubukura umubano wari warajemo agatotsi kuva mu 2010.
Umugore wa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Madame Romane Tesfaye uri mu ruzinduko mu Rwanda yasuye ikigo Isange One Stop Center ashima imikorere yacyo.
Umuryango wita ku bana (Save The Children), uvuga ko guha abana umwanya mu itegurwa ry’ingengo y’imari ari uburenganzira bwabo bigatuma nta bibareba byibagirana.
Abajyanama b’Akarere ka Nyarugenge bemeza ko gusura abaturage babatoye kenshi ari ingenzi kuko bituma basabana bakaboneraho gufatanya mu gukemura ibibazo bikivuka.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) itangaza ko imikorere y’umuganda igiye kuvugururwa hagamijwe ko wajya ugera ku bikorwa bifatika bifitiye abaturage akamaro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Dessalegn na Madame we Romane Tesfaye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, yasabye Intore 149 z’Abanyamakuru zasoje itorero, kwimakaza Ubunyarwanda kuko ariyo ntwaro izafasha Abanyarwanda kugera ku byifuzo byabo.
Imibare itangwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) igaragaza ko umubare w’impunzi z’Abarundi ukomeje kwiyongera mu Rwanda.
Lieutenant Habyarimana David wari umurwanyi muri FDLR Foca yatashye mu Rwanda avuga ko yari arambiwe ubuhanuzi butagerwaho no kumena amaraso.
Muri ibi bihe Abanyarwanda boroherwa no kubona amakuru no kuyahanahana, bifashishije, telefoni, amaradiyo, ama televiziyo, imbuga za interineti, imbuga nkoranyambaga, amaposita atandukanye n’ibindi.
Perezida Paul Kagame ukuriye komisiyo ishinzwe kuvugurura Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, avuga ko ibizavamo bizaba bishingiye k’ukuzamura ubukungu bw’Umunyafurika.
Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda badakorera kuri kontaro (Sous Statut), bagiye kumara amezi abiri nta mushahara bahabwa kandi ntibasobanurirwe impamvu.
Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James yabwiye intore z’Impamyabigwi ziri gutorezwa mu Kigo gitoza Umuco w’ubutore ko, iyo urwana urwanira ukuri kandi uharanira uburenganzira bwawe wavukijwe, nta kabuza utsinda urugamba.
Umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, yasabye intore z’Abanyamakuru gukorana umwuga wabo umutima nama, birinda gukora bagamije indonke gusa, icyo mw’itorero bita kuba Mitima Nda.
Mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Mata 2017 inka yaraye iramburuye (ibyaye inka zitagejeje igihe) utunyana dutanu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori rigomba kurwanywa aho riva rikagera bihereye mu miryango.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwemeza ko gahunda rwatangiye yiswe ‘Nk’uwikorera’, yo kureba uko servisi zitangwa ahantu hanyuranye izazana impinduka ifatanyije n’izindi zisanzweho.
Hakizimana Evariste bakundaga kwita Muneza wari umwe mu bakozi batatu bakomerekejwe n’inkongi y’umuriro yibasiye uruganda rukora inzoga muri Tangawizi rw’i Musanze yitabye Imana.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, uherutse kwitaba Imana yashyinguwe mu cyubahiro.