Urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwimbogo, Gashonga na Nzahaha yo mu Karere ka Rusizi, rwishimiye intsinzi y’umukandia wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame mu busabane.
Ikigo kita ku bahuye n’ihohoterwa, Isange One Stop Center Kibuye gitangaza ko abantu benshi bahura n’ihohoterwa batinda kubigaragaza cyangwa bagahitamo kubihisha burundu.
Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Karuranga Euphrem ahamya ko umukirisitu nyawe ari ukura amaboko mu mufuka agakora agashaka ibimutunga n’ibitunga umuryango we aho kwirirwa yicaye gusa.
Abayoboke b’itorero ry’Abametodisite mu Rwanda bahamya ko kuva iryo torero ryagera mu Rwanda bageze kuri byinshi bituma ubuzima bwabo buhinduka bava mu bukene.
Urubyiruko rugize umuryango ’Never Again’ Rwanda ruvuga ko nta mahoro Abanyarwanda bashobora kugira mu gihe baba badakunze gusoma.
Abagororwa 30 bafungiye muri Gereza ya Rilima bahujwe n’abo biciye imiryango yabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, babasaba imbabazi barazihabwa.
Abahagarariye umugabane wa Afurika muri Amerika, Abanyarwanda baba muri icyo gihugu n’inshuti z’u Rwanda bakoze ibirori byo kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.
Itsinda ry’abavugabutumwa 76 ryitwa “New Life in Africa” ryaturutse muri Tanzania ryatangiye igikorwa cy’ivugabutumwa mu Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Gisagara bakoresha umuhanda wa Kinteko-Huye barasaba gukorerwa iteme bakoresha kuko ryangiritse cyane.
Uruhinja rwo muri Kirehe rwakuwe mu musarani wa metero umunani ari ruzima, nyuma yo gutabwamo na nyina wari umaze kurubyara, rwiswe izina.
Umuryango wa Rene Rutagungira, Umunyarwanda washimutiwe mu gihugu cya Uganda, ku cyumweru cyashize, urasaba ko wafashwa kugaruza uwo muvandimwe wabo.
Nyakwigendera Kunda Thérèse, wari umugore w’umuvugabutumwa KWIZERA Emmanuel yatabarutse mu cyumweru gishize tariki 6 Kanama 2017.
Imiryango Nyarwanda itari iya Leta isaba ko gahunda y’imbaturabukungu ya gatatu (EDPRS3) irimo gutegurwa, yakwita cyane ku ireme ry’uburezi n’ibura ry’imirimo.
Ambasaderi Arnout Pauwels wari umaze imyaka itatu ahagarariye u Bubiligi mu Rwanda, yatangaje ko ubwo asoje ikivi mu Rwanda ahandi agiye azaba umuvugizi w’u Rwanda nk’igihugu cy’intangarugero kandi cyuzuye amahirwe.
Raporo y’imiryango itari iya Leta yibumbiye muri CLADHO ivuga ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yagenze neza, igasaba abagore ko baziyamamaza ubutaha.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa diyosezi gaturika ya Butare, avuga ko umupadiri atari umukozi w’Imana kuko umukozi aruhuka, nyamara bo bakaba bagomba gukorera Imana ubutaruhuka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryo muri Afurika yo hagati n’Iburasirazuba (CECAFA), ryashimiye Perezida Paul Kagame ku ntsinzi yegukanye mu matora aheruka.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) itangaza ko Abanyarwanda bari mu Burundi n’abari muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo batatoye kubera ikibazo cy’umutekano muke muri ibyo bihugu.
Umumotari, Ndayiramiye Donat agiye kujya agendera kuri moto ye nshya yahembwe kubera ubunyangamugayo yagaragaje ubwo yasubizaga amafaranga y’umugenzi yari ahetse wakoze impanuka agakomereka bikomeye.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrika (MINUSCA) barashimwa ko bakomeje gukora akazi kabo neza ko kurinda abakozi b’umuryango w’Abibumbye (UN) n’impunzi.
Mu Rwanda, ku nshuro ya mbere mu Kwezi k’Ukuboza 2017 hagiye gutangirwa ibihembo ngarukamwaka byo ku rwego rw’isi byo kwakirana abantu ubwuzu no kubatwara neza (travel and hosipitality).
Umuryango w’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na za kaminuza barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG),uravuga ko ugiye guhangana n’ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abana mu miryango.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere mu Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari isomo ku isi yose.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere w’u Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rwatangiye kuri uyu wa 25 Nyakanga 2017 rukazamara iminsi ibiri.
Abagide baturutse mu bihugu bitandukanye bari mu nama mu Rwanda yigirwamo uko abana b’abakobwa bazavamo abayobozi beza babereye ibihugu byabo.
Hashize imyaka 100 Abanyarwanda babiri ba mbere bahawe ubusaseridoti bityo kwigisha ivanjiri no gutanga amasakaramentu bijya mu maboko y’abana b’u Rwanda.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga abanyamakuru n’abahanzi bafite ijwi rigera kure ku buryo bafasha mu kurengera umwana.
Akon, Umuriribyi w’icyamamare w’Umunyamerika, avuga ko igihe cyose umuntu ageze mu Rwanda atungurwa n’uburyo usanga ibintu byose biri ku murongo kandi buri wese yuzuza inshingano ze.