Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Cote d’Ivoire Didier Drogba ni umwe mu bazitabira inama ya YouthConnect Africa, bakazanatanga ikiganiro muri iyo nama iteganyijwe ku matariki ya 9 kugeza kuri 11 Ukwakira 2019.
Ubundi umuhango wo guhambanwa ni umwe mu mihango y’umuco Nyarwanda yakorwaga mu gihe cyo gushyingura ariko ubu usa nk’aho utagikorwa.
Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wagenewe abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu, abasaza n’abakecuru bavuga imyato Perezida wa Repubulika wabashyiriyeho gahunda zigamije kubaherekeza neza mu zabukuru.
Tariki ya 30 Nzeri 2019 nibwo mu ishuri rya Polisi rya Gishari (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana hatangijwe amahugurwa y’abapolisi bo mu muryango w’abibumbye. Ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019 bakoze urugendo shuri, basura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye i Kigali mu Murenge (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko hari itsinda ririmo gukora inyigo mu duce twose tugize uwo mujyi hagamijwe kumenya ahemerewe kubakisha amatafari ya rukarakara, bikazatangarizwa Abanyarwanda bitarenze Ukwakira uyu mwaka.
Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge itangaza ko abafitanye ibibazo bakwiye kubikemura ku gihe, kugira ngo babone umwanya wo kongera kwiyubaka batarangiza byinshi.
Akimanimpaye Judith wo mu Murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu, avuga ko yabagaho agira umwanda ukabije, awukira nyuma yo guhabwa inyigisho n’umushinga ‘Gikuriro’, none ubu akaba ari we ntangarugero mu isuku.
Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Mukabarisa Donatille avuga ko itegeko ngenga rigena uburyo inteko ishinga amategeko imenya kandi ikagenzura ibikorwa bya guverinoma rishobora kuvugururwa kuko ririmo ibyuho byinshi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abaturage b’akarere ka Musanze guca ukubiri n’amacakubiri no kwirinda ibishobora guhungabanya ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda; kuko ari wo musingi amahoro, iterambere n’imibereho byubakiyeho.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko abanyamadini n’amatorero bigisha bibiliya gusa bakibagirwa ubuzima busanzwe bw’abayoboke babo.
Imibiri umunani y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabonetse mu mbago z’urusengero rwa ADEPR Gahogo mu mujyi wa Muhanga ubwo bacukuraga ubwiherero aho Abakirisitu bakoreraga amasengesho mu cyo bita Icyumba.
Ku wa 03 Nyakanga 2019, nibwo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hafatiwe inka 157 z’aborozi bo mu turere twa Kayonza na Gatsibo bihana imbibi, harimo 104 za Safari Steven.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga, HVP Gatagara, hamwe n’abakozi bakorera mu mashami yacyo yose, begeranyije ubushobozi bubakira ufite ubumuga inzu yo kubamo.
Abatuye mu Kagari ka Rugango mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye bavuga ko nyuma yo kugezwaho amazi meza isuku yaganje iwabo.
Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite (PAC) iratangaza ko miliyari zisaga 250frw zakoreshejwe nabi.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara yagaragaje ibyishimo ubwo yahabwaga mituweli n’abahaji maze abaragiza Bikira Mariya.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko tariki ya 01 Ukwakira 2019 hateganyijwe gushyiraho ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge ku rwego rw’Umudugudu mu rwego rwo gutangiza ibikorwa byo kuzirikana ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda.
Akarere ka Musanze kuwa gatanu 27 Nzeri 2019 kabonye komite nyobozi nshya, iyobowe na Nuwumuremyi Jeannine watorewe kuba umuyobozi w’akarere, Andrew Rucyahanampuhwe yabaye umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, hakaba na Kamanzi Axelle, watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije (…)
Buri wa gatandatu usoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange, aho abayobozi mu nzego zitandukanye, inzego z’umutekano n’abaturage bahurira ku gikorwa cyateguwe bagakora imirimo y’amaboko.
Mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki ya 27 Nzeri 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushizwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yakiriye itsinda ry’abantu batandatu baturutse mu nzego zitandukanye zishinzwe imiyoborere myiza no kurwanya ruswa mu gihugu cya Côte d’Ivoire.
Kuri uyu wa gatanu 27 Nzeri 2019, habaye amatora y’abayobozi b’uturere n’ababungirije basimbura abaheruka kwegura mu turere tumwe two mu ntara y’Uburengerazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bitabaje amadini n’amatorero kugira ngo yigishe kureka ibyaha no kudahishira abahohotera abana.
Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze n’imitunganyirize y’inzuri mu ntara y’Uburasirazuba iratangaza ko aborozi bazageza mu kwezi kwa Gashyantare 2020 bataratunganya inzuri bahawe, bazazamburwa zigasubizwa Leta.
Umushinga Mastercard Foundation w’Abanyakanada ukorera no mu Rwanda washoye miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 46 z’Amanyarwanda) mu gufasha urubyiruko kwiga imyuga izarufasha kubona akazi cyangwa rukakihangira kugira ngo rwiteze imbere.
Umuvunyi Mukuru Anastase Murekezi, avuga ko abayobozi icumi bamaze gusabirwa ibihano bazira kutamenyekanisha imitungo yabo ku rwego rw’Umuvunyi.
François Karangwa ukora mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ufite inzu aho bita i Madina hafi y’ishami rya Kaminuza ry’i Huye, yagujije banki ashyira kaburimbo mu muhanda ntawumufashije.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ine mu Karere ka Nyamasheke bazindutse basezera ku mirimo yabo bavuga ko bafite ibindi bagiye gukora.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Uwimana Fortunée, yahagaritswe by’agateganyo kubera raporo z’abagenzuzi.
Perezida w’Umuryango SOS ku rwego rw’isi, Siddhartha Kaul, asanga imbere hazaza hasaba Leta gufatanya n’abaturage guha umwihariko uburere bw’abana.
Abaturage barenga 1000 batuye mu midugudu ya Kangondo na Kibiraro muri Nyarutarama mu murenge wa Remera ahazwi nka ‘Bannyahe’ basabwa kwimurirwa mu nzu bubakiwe mu karere ka Kicukiro, bagejeje ugutakamba kwabo muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), basaba uburenganzira ku mitungo yabo.