Ibyo yabitangaje tariki 13/10/2012, mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ku rwego rwa kagari ka Kamashangi umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe.
Abanyamuryango bagaragarijwe bimwe mu byagezweho Abanyarwanda bakesha uwo muryango harimo gufasha abaturage kuboroza inka mu rwego rwo guca ubukene, kubaka amashuri, kunga Abanyarwanda, kwegereza abaturage ubuyobozi, n’ibindi.

Mu muhango wo kwizihiza iyo sabukuru muri ako kagari abakecuru n’abasaza batishoboye borojwe inka 10 mu rwego rwo kubakura mu bukene.
Uwitwa Iyamuremye arashima umuryango FPR-Inkotanyi wamutekerejeho ukaba umukuye mu bukene akaba ahindutse umworozi ukomeye kandi nta n’inkoko yagiraga.

Mu gusoza ibyo birori abanyamuryango basabwe kurushaho gukundana bakunda igihugu ndetse banacyitangira mu buryo ubwo ari bwo bwose bwagifasha kugiteza imbere harimo kugishakira umutekano kuko ariwo dukesha ibyagezweho byose.
Musabwa Euphrem
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|