
Byari saa tatu n’iminota 10 z’ijoro ubwo iyo tagisi yaturukaga kuri RP ijya mu mujyi, ikimara kurenga dodani agonga indi Hiace, arikomeza agonga Carina E irongera igonga Benz ML mbere yuko igonga Fuso igahagarara; nk’uko byasobanuwe na Patrick Gasana wabonye uko iyo mpanuka iba.
Umushoferi wa tagisi yagonze hamwe n’uwo bari bicaranye imbere nibo bakomeretse cyane naho abandi bagera kuri barindwi ntabwo bakomeretse cyane.

Icyateye impanuka ntabwo cyamenyekanye neza ariko, abakoze ubutabazi bavuze ko i tagisi yagonze yarimo umwuka w’inzoga mwinshi bivuze ko bashobora kuba bari bangweye ariko abandi bavuze ko imodokari yari yagize ikibazo cyo gucika feri.
Jovani Ntabgoba
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|