Abakora isuku mu mihanda ya Kigali babonye umufuka hafi y’ikiraro [iteme] ujya ku rwibutso rwa Gisozi bagirango n’umwanda urunzemo; bagiye kuwutoragura ngo bawujyane ahagenewe imyanda, bawuteruye basanga harimo umuntu wapfiriyemo.
Umuvugizi wa polisi, Theos Badege, yavuze ko uyu musore bamwishe bamuhambiriye bakamushyira mu mufuka nyuma bamujugunya mu mugezi wa Rwanzekuma.
Badege yavuze ko kugeza ubu, bataramenya umwirondoro wa nyakwigendera ndetse n’abamwishe. Umurambo wahise ujyanwa ku bitaro bya polisi ku Kacyiru. Ipereza riracyakomeje.
Eric Muvara
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
nari ngize ngo umurambo watoraguwe n’uwuriya mwana nabonye ku ifoto. Mwagiye mushakisha uburyo mubona amafoto koko?