Muri ibyo, Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, yavuze ko abo muri Dubai bakeneye avoka zo mu Rwanda, aho yagize ati "Dubai yantumye ngo ikeneye avoka zo mu Rwanda. Mumfashe kuzishaka."
Mu mwaka wa 2024/2025, u Rwanda rwohereje mu mahanga toni zigera ku 4,200 za Avoka.
Ibi bigaragaza izamuka rikomeye cyane kuko mu 2018/2019, u Rwanda rwoherezaga toni zitaragera ku 1,000 byiyongereye bigera kuri toni 4,200 mu myaka ya vuba.
Mu 2022/2023, izoherezwa mu mahanga byari hafi toni 3,200.
Iteganyagihe rya Guverinoma n’inganda rigaragaza ko, bitewe n’uko ibiti bishya byatewe bigenda bikura neza, u Rwanda rushobora kugera ku toni zigera kuri 16,000 za avoka zoherezwa mu mahanga buri mwaka bitarenze 2026.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) ni kimwe mu bihugu bikomeye cyane mu gukoresha avoka mu karere k’Ikigobe.
Mu 2024, UAE yakoresheje toni zigera ku 22,000 z’avoka. Hamwe na Arabie Saoudite, ibi bihugu byombi bihariye 89% by’avoka zose zikoreshwa muri kariya karere.
Ibi bisobanura ko Dubai (nk’umujyi n’ihuriro rikuru ry’ibiribwa muri UAE) ari irembo rikomeye ryinjiriramo avoka zigenewe Isoko ryo mu Burasirazuba bwo Hagati (Middle East).
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20
- Dore imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
- Abarezi bahangayikishijwe n’abangavu baterwa inda
- MINISANTE yijeje gutanga serivisi zinoze kandi zegereye abaturage
- Ubu turi mu miyoborere izira ‘cachot, cachet na cash’
- Turasaba ko mwanoza gahunda y’imiturire kuko ikigaragaramo ibibazo - Umuturage
- Perezida Kagame : Ubwenge n’ubushobozi murabufite, ni iki kitubuza gutera imbere?
- U Rwanda rwahisemo imiyoborere myiza igaragara mu buzima bwa buri munsi bw’umuturage
- Ikibazo si ugushyira umukono ku masezerano, ikibazo ni ubushake bwa Politiki - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano ni umwanya mwiza wo gusuzuma ibyagezweho - Depite Mukabalisa Germaine
- Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame
- Umunyarwenya yatumiye Perezida Kagame mu ‘Isetsa Rusange’
- U Rwanda ni umufatanyabikorwa wizewe, uhamye kandi wubahwa - Minisitiri Nduhungirehe
- Ikibazo cya serivise z’ibyangombwa by’ubucuruzi cyongeye kugaruka mu Mushyikirano
- Abatuye Ngoma batakambiye Perezida Kagame ngo abagarurire Kaminuza ya INATEK
- Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda barasaba koroherezwa kuzibyaza amafaranga
- Abiga amashuri yisumbuye bikubye inshuro zirenga 20 mu myaka 32 ishize
- Umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura yasabye Leta kugira amafaranga igenera abanyamakuru
- Kuki u Rwanda rutarega Congo?
- Amasezerano ya DRC n’u Rwanda i Washington twaranayasengeye - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|