Iyi mpanuka yabereye mu muhanda Kagitumba-Kayonza mu karere ka Nyagatare. Brig. Gen. Dan Gapfizi ngo yashize umwuka nyuma y’iminota mike ubwo indege yari imukuye aho impanuka yabereye umujyanye ku bitaro byitiriwe umwami Faisal i Kigali.

Urupfu rwa Brig. Gen. Gapfizi rwemejwe n’umuvugizi w’ingabo z’igihugu, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita. Yagize ati: “igisirikare cyacu kibabajwe n’inkuru y’urupfu rwa jenerali Gapfizi, yari umusirikare mukuru w’inyangamugayo”.
Hari amakuru avuga ko Brig. Gen. Gapfizi yakoze impanuka ari kumwe n’abandi bantu batatu nabo bitabye Imana. Imana ibahe iruhuko ridashira.
Gerard GITOLI Mbabazi
Ibitekerezo ( 31 )
Ohereza igitekerezo
|
Tuzahora twibuka ibigwi byawe Afande kandi imana iguhe iruhuko ridashira,Ibyo warokotse ni byinshi none Accident tuuuu!!!!!!!mbaya sanaaaaa!!!! RIP AFANDE
Afande Brig Gen Dan GAPFIZI yatubabaje cyane,Imana imwakire mubayo.Ariko Police itumenyere icyateje impanuka kabisa kuburyo imodoka ishwanyuka bigeze hariya.
IMANA imuhe iruhuko ridashira
Nanjye ndashakako nzaba umusirikare nka BRIG.GEN.DAN GAPFIZI
Brig Gen Dan gapfizi Imana imuhe iruhuko ridashira yabaye intwari ntituzamwibagirwa sinzamwibagirwa
RUKARISHYA Igendere IMANA Niyo i
fite umugambi wanyuma kumuntu.Rip
imana imuhe iruhuko ridashira
Brig GENERAL Dan gapfizi yari intangarugero mungabo zigihugu yakoze byinshi byiza yari afite ibitekerezo byubaka kandi akaba intangarugero uhereye ni aho yari atuye niboye imana imwakire mubayo gusa agiye tukimukenrye yambereye umubyeyi sinzamwibagirwa mubuzimz bwange imana imwakire mubayo