Bamwe mu bahagarariye amadini bo mu Karere ka Kirehe bashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa ngo bafite impungenge ko nyir’ubwite ataratangaza niba yemera gukomeza kubayobora none ngo batangiye gusengera icyifuzo cyabo ngo azavuye “Yego”.
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 2 Kanama 2015, babahamirije ko basaba ku bwabo ko Itegeko Nshinga rivugururwa kandi ko nta wundi muntu ubibahatira.
Abatuye umurenge wa Rukumbeli akarere ka Ngoma barashima ubuyobozi bwa perezida Kagame, banasaba ko yakomeza kuyobora kugirango hamwe n’ibyo byiza yabagejejeho abashe kubageza kubindi byinshi yasezeranije abanyarwanda muri viziyo 200 birimo n’umuhanda wa Kaburimbo Ngoma-Bugesera Ramiro.
Abaturage bifitiye ikimenyetso cy’uko Perezida Kagame amanuka akabegera, bitewe n’imiyoborere myiza ye, akabasha kubaganiriza no kubagira inama mu bijyanye no kwigira no kwiteza imbere ngo akaba ari yo mpamvu bifuza ko ahabwa amahirwe agakomeza kubayobora.
Uhagarariye igihugu cy’u Bwongeleza mu Rwanda William Gelling, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ari ugushaka umuti urambye wo kuyirwanya uzanafasha urubyiruko rw’ejo hazaza guhindura amateka mabi yaranze igihugu.
Umwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR, akaza gufatirwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano muri 2001, avuga ko yitaweho ku buryo bushoboka anahabwa amafaranga yo gutangiriraho yiteza imbere ubwo yasozaga ingando i Mutobo kandi ngo nta handi biba ku isi bityo agasaba ko Perezida Kagame akomeza kuyobora u Rwanda.
Abenshi mu bakozi bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, n’abakora muri IPRC-South, bagaragaje ko bifuza ko perezida w’u Rwanda atakongera kugira inzitizi ya manda, ahubwo amatora akazajya aba ariyo agenda niba akwiye gukomeza kuyobora.
Mu biganiro byahuje abadepite n’abarimu, abikorera n’abafite ubumuga mu Karere ka Ngoma, ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga igena manda za Perezida wa Repubulika,ibi byiciro byagaragaje ko kwitesha Kagame byaba ari ishyano bakoze bitewe n’uko ngo bamubonamo umuyobozi udasanzwe.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko rimwe mu terambere babashije kugeraho mu myaka 21 ishize u Rwanda rwibohoye, ari ukwibohora mu bukene bwo kwiyorosa ibirago kuko nta bundi bushobozi bari bafite.
Ngo mwarimu wo ha mbere yarangwaga no kwambara inkweto zamusaziyeho, zisa nabi umubonye wese akavuga ngo Gakweto arahise iyo nyito ifata abarimu bose, ariko ubu ngo abarimu bahawe agaciro na Perezida Paul Kagame wabashingiye Umwarimu sacco n’ibindi bikorwa bibafasha kwiteza imbere.
Abarezi bo mu mirenge igize Akarere ka Muhanga baravuga ko kubera ibyiza bagejejweho na Perezida Kagame bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakongera bakumutorera kuyobora kuko ntawundi babona ushoboye.
Abahanga mu by’amategeko, abarimu muri kaminuza, abashakashatsi n’abashumba b’amatorero, bunze mu ry’abandi baturage bavuga basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahindurwa, aho na bo bifuje ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.
Ingendo abadepite bari bamazemo iminsi bakora mu karere ka Rubavu mu rwego rwo kumva ku bitekerezo byabo ku ihindurwa ry’ingingo y’i 101, byasojwe abaturage babahamirije ko nta w’undi muyobozi bashaka mu Rwanda nyuma ya 2017 atari perezida Kagame.
Abakora muri servise y’ubuzima bagizwe n’abaganga n’umushinga Partners in Health baganira n’intumwa za rubanda ku wa 1 Kanama 2015 bavuze ko kuba bifuza ko Perezida Kagame akomeza kuyobora atari ukumunaniza ahubwo ari ugufatanya kubumbatira iterambere yabagejejeho rijyanye cyane cyane n’ibikorwa by’ubuzima.
Abagore bari mu nzego zitandukanye mu karere ka Ruhango, baravuga ko bagikeneye Kagame, kuko bafite impungenge ko baramutse bamubuze bakongera bagusubizwa mu icuraburindi yari yarabakuyemo.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bavuga ko bishimira ko bungukira mu mubano Perezida Kagame agirana n’ibindi bihugu, kuko bizana imishinga ibafasha bakabasha gutera imbere.
Abagize amakoperative akorera mu Karere ka Ruhango baravuga ko bagikeneye gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame kuko ngo yabakijije ubukene akabereka inzira banyuramo bagatera imbere, ari na byo bashingiraho bamugereranya n’umukinnyi witwara neza mu kibuga, kuko ngo iyo atavunitse ntavanwa mu kibuga.
Guteza imbere ibyiciro by’Abanyarwanda byari byarasigaye inyuma, birimo urubyiruko, abagore n’abantu bafite ubumuga, biri mu bituma bashyigikira ivugururwa ry’ingingo y’101 y’itegeko nshinga; kugira ngo Perezida Paul Kagame akomeze ayobore .
Abarimu bigisha mu bigo bitandukanye byo mu karere ka Gakenke, barasaba ko Perezida Kagame yakwemererwa kongera kwiyamamaza kuko bamufata nk’umwarimu w’umuhanga wigisha ibyiciro bitandukanye by’Abanyarwana n’isi muri rusange.
Kuri uyu wa 01 Kanama 2015, ubwo abasenateri baganiraga n’abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bo mu Karere ka Nyagatare, abarimu baburiye Abanyarwanda kutagurana icyo batarabona icyo bamaze kwibonera maze bagasimbuza ikipe itsinda kuko bishobora gusubiza inyuma ibyaharaniwe imyaka myinshi.
Abaturage batandukanye bo muri Burera bahamya ko Perezida Paul Kagame ariwe wubatse Ubunyarwanda none ubu u Rwanda rukaba rufite agaciro ku isi, akaba ariyo mpamvu bifuza ko ingingo ya 101 yahinduka agakomeza kuyobora u Rwanda.
Ubwo abadepite bumvaga ibyifuzo by’abafite ubumuga, urugaga rw’urubyiruko n’urugaga rw’abagore kuri uyu wa 02 Kanama 2015 ku ngingo y’101 y’Itegeko Nshinga, bavuze ko Perezida Kagame yabagejeje kuri byinshi ku buryo bamwe ngo byabarenze bita bamwita Imana y’i Rwanda.
Abagize urugaga rw’abikorera n’abahagarariye amakoperative mu karere ka Gisagara, barasaba ko Perezida Kagame ahabwa amahirwe yo gukomeza kubayobora, kuko iteramberere yabagejejeho rigaragara kandi hakiri urugendo batifuza ko ahagarara atarusoje.
Abagize urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara barasaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihinduka bakazabasha kongera gutora Perezida Paul Kagame ngo babanze bamwereke ko atareze ibigwari, kuko ngo ubumenyi yabahaye batangiye kububyaza umusaruro.
Abafite bo mu karere ka Nyamagabe bifuza ko Itegeko Nshinga rivugururwa, ingingo y’i 101 igahindurwa, kugira ngo Perezida Kagame akomeze abayobore kuko yabahaye ijambo bakagira agaciro aho bafashwe kimwe n’abandi Banyarwanda bose.
Abahinzi bo mu Karere ka Muhanga barifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakongera guhabwa amahirwe yo kwitorera Perezida Kagame kuko yahinduye ubuzima bw’abahinzi basuzugurwaga mu myaka yashize.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Murenge wa Shyira bavuga ko Perezida Kagame yateje imbere ubuzima ku buryo serivisi z’ubuzima zitangirwa hafi uhereye ku midugudu bityo ngo bakaba bamwifuza ubuziraherezo.
Rubanda Jean Berekimasi, umusaza w’imyaka 86 utuye mu Kagari ka Kimanzovu mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu avuga ko afata Perezida Kagame nka Malayika Imana yoherereje Abanyarwanda.
Abamotari n’abanyonzi bo mu Karere ka Musanze basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ivugururwa kugira ngo Perezida Kagame akomeza kubayobora kuko ngo ari umuyobozi ushoboye wabagejeje kuri byinshi bagereranya n’umukinnyi w’umuhanga uhagaze neza mu izamu rye.
Kuri uyu wa 1 Kanama 2015, mu biganiro intumwa za rubanda zigizwe na Depite Mukarugema Alphonsine na Depite Mukakarangwa Clotilde zagiranye n’abikorera bo mu Karere ka Kamonyi ku bijyanye n’ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga; abikorera batangaje ko bashyigikiye ko ivugururwa.