Abari mu isengesho ryo gusabira abarwayi kwa Yezu Nyir’Impuhwe mu Ruhango banyagiwe n’imvura irimo amahindu, bayifata nk’umugisha bagendeye k’ukuntu yari yarabuze
Shyaka Kanuma uyobora Ikompanyi yitwa Rwanda Focus Limited, akaba na Nyir’ igitangazamakuru cyitwa The Rwanda Focus giherutse gufunga imiryango, yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu akurikiranyweho ibyaha birimo kutishyura imisoro, ndetse no gukoresha impapuro mpimbano.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Ukuboza rishyira tariki ya 1 Mutarama 2017, Mu Mujyi wa Kigali habaye ibirori bitandukanye bisoza umwaka, byagaragaza ibyishimo n’umunezero abantu binjiranye mu mwaka wa 2017.
Perezida wa Repubulira Paul Kagame arahamagarira Abanyarwanda kurushaho gukora cyane mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’u Rwanda.
Muri uyu mwaka dusoza, u Rwanda rwaranzwe no gufata imyanzuro ikomeye ku bukungu bwarwo ndetse runatsura umubano n’ibindi bihugu byinshi birimo n’iby’ibihangange.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ibicishije mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, yatangaje ko umuganda rusange usoza ukwezi k’Ukuboza uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu uzakorerwa mu ngo, abantu basukura aho batuye.
Abakora isuku mu muhanda Musanze- Cyanika mu rusisiro rwa Kidaho barasaba kongezwa amafaranga y’umushahara kuko bavuga ko ayo bakorera atabatunga.
Ababyeyi basiga abana ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo (DRC) bagiye gucuruza i Goma, bagiye gushyirirwaho amarerero bazajya basigamo abana babo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko urwego rw’imari rwazamutse muri uyu mwaka wa 2016, bikagaragazwa n’uko amabanki, ibigo by’imari n’iby’ubwishingizi byazamuye umutungo wabyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko nubwo hari abakozi bagera kuri 47 beguye, nta cyuho basize kuko ngo hari abo bakoranaga basigaye bakora.
Bamwe mu bakecuru batanze umusanzu bahabwa ku nkunga y’ingoboka mu Karere ka Nyamagabe, bifuzwa gusubizwa amafaranga yabo, kuko batizeye ko bazazibamo kubera izabukuru.
Uwanyirigira Consolée wo mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yigiye ku muco wa Perezida Kagame wo gusangira n’abana Noheli n’Ubunani, akabitangiza muri Muhanga.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), riratangaza ko umugororwa witwa Simbarikure Theodore wari ufungiye muri gereza ya Rusizi, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kubera gutoroka.
Nyuma gukorerwa ubuvugizi n’itangazamkuru Surwumwe Fabien utuye mu Karera Kamonyi, yubakiwe inzu ava aho yabaga mu nzu isaje, yamuviraga.
Abaturage batandukanye bagenda mu mujyi wa Rusizi batangaza ko bagorwa no kubona aho biherera kuko uwo mujyi utagira ubwiherero rusange.
Mu butumwa bwifuriza ingabo n’izindi nzego zishinzwe umutekano Noheli nziza n’umwaka mushya muhire, Perezida Kagame yavuze ko ubwitange, ubunyamwuga n’ikinyabupfura cyabo, ari yo nkingi y’iterambere u Rwanda rugezeho.
Musenyeri Philippe Rukamba, umushumba wa diyosezi ya Butare, ukuriye inama y’Abepiskopi mu Rwanda, avuga ko hakiri uburenganzira abana bavutswa.
Abayobozi b’imidugudu n’abagize inama njyanama z’utugari n’imirenge bari mu itorero ry’Imbonezamihigo basabye imbabazi kubera amakosa atandukanye bakoraga.
Guhera mu masaha ya saa cyenda n’iminota hafi 30 Gereza ya Nyarugenge izwi ku izina rya 1930, yibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Ihuriro ry’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Rukoma muri Kamonyi ryahaye ibiribwa imiryango 12 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego rwo kubafasha kwizihiza Noheli n’Ubunani.
Abaturage bari batuye mu manegeka muri Nyabihu na Musanze batangaza ko banejejwe no kuba barubakiwe inzu z’icyerekezo bakaba batazongera guhura n’ibiza.
Sosiyete itwara abagenzi mu ndege, RwandAir, yahaye abana bafite ubumuga bo mu murenge wa Kanombe ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 40Frw.
U Rwanda na Congo Brazzaville byashyize umukono ku masezerano yemerera ibigo by’ubwiteganyirize bw’abakozi muri buri gihugu, kohererezanya amafaranga y’ubwiteganyirize bw’izabukuru.
Ubuyobozi bw’ Akarere ka Nyamasheke buvuga ko abana bagera ku 3080 bakize indwara ziterwa n’imirire mibi mu gihe cy’imyaka itatu.
Umwe mu myanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 14, ugaruka ku kugena igihe ntarengwa u Rwanda ruzagera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.
Kuba abatuye mu murenge wa Mugunga bamaze igihe kirenga amezi atandatu batarakorerwa ikiraro byatumye havuka umutwe witwa ndakwemera ubafasha kwambuka.
Abamotari bo mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’Akarere kugabanya amande y’ikirenga bubaca, igihe bakerewe gutanga umusoro w’aho baparika.
Abatuye Umudugudu wa Bibundu, Akagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve muri Musanze batangaza ko babangamiwe n’urusaku ruva mu rusengero ruhubatse.
Babifashijwemo n’ikigo SACCA abana babaga mu muhanda, bari imbata y’ibiyobyabwenge bahamya ko nyuma yo kubona ububu bwabyo bakabireka biteje imbere.
Leta y’u Rwanda n’uruganda rwa Volkswagen rwo mu Budage rukora amamodoka, baragirana amasezerano agamije kwemerera urwo ruganda gutangira kujya ruteranyiriza imodoka mu Rwanda.