Ishuli rikuru ry’ingabo z’u Rwanda ryateguye iserukiramuco rihuza ba Ofisiye baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane w’Afurika baje kuryigamo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanyomoje abavuga ko u Rwanda nta mutungo kamere rufite avuga ko uhari kandi ko guhera muri 2017 uzabyazwa umusaruro by’umwihariko.
Umuhango wo gutabarizwa k’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, watangiye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Mutarama 2017, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama ku buzima bw’imyororokere byahuje abafasha b’abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Inama ihuza abayobozi b’ Ubufaransa n’ abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Afurika (Sommet France Afrique).
Imyiteguro yo gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa ikomereje aho atabarizwa mu mudugudu wa Mwima, akagari ka Rwesero, umurenge wa Busasamana muri Nyanza.
Abamotari bibumbiye muri Koperative Intambwe Motari (CIM) ikorera i Huye, baremeye Christine Mukabutera, umupfakazi wa Jenoside yakorewe abatutsi, bamugabira inka y’imbyeyi n’inyana yayo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankano Marie Rose arahamagarira abaturage b’Akarere ka Gisagara kujyana abana babo mu mashuri kuko bizabagirira akamaro bidatinze.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase arizeza abarimu ko ibibazo bitandukanye bafite bizagenda bikemuka kuko hari n’ibindi byinshi Leta y’u Rwanda yakemuye.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bifuza ko hajyaho umugoroba wahariwe kurwanya iboyobyabwenge kugira ngo babirwanye bicike kuko biri kwangiza urubyiruko.
Abagize umuryango w’Abahindiro bemeje ko Umugogo wa Kigeli V Ndahindurwa uzatabarizwa ku cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017, i Mwima na Mushirarungu mu Karere ka Nyanza.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itangaza ko buri mukozi utari nyakabyizi yemerewe ikiruhuko cy’iminsi 18 buri mwaka nkuko kigenwa n’amategeko.
RwandAir igiye gutangira ingendo zijya i Mumbai mu Buhinde, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’iki gihugu.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyoseze ya Byumba avuga ko abantu nibahinduka bakumvira Imana aribwo amakimbirane agaragara mu miryango azacika.
Urubyiruko rwiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) “Indatwa n’Inkesha” biyemeje kuzakora itangazamakuru rizajya riba ikiraro hagati y’ubuyobozi n’abaturage nibamara kugera mu kazi.
Polisi y’igihigu ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abantu bane bakurikiranweho kugurisha inzitiramibu zari zigenewe abaturage.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu Buhinde aho yitabiriye inama ya munani ya "Vibrant Gujarat Global Summit" yiga ku iterambere ry’ubukungu burambye.
Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wakiriye umugogo we, kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2017.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira kuba barakuriweho ikimoteri cyari hagati y’ingo bikababangamira.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Rwamagana bavuga ko muri uwo mujyi hagaragara umwanda kubera ko nta kimoteri rusange bashyiramo imyanda gihari.
Mu butumwa bwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2017, Twagiramungu Faustin uyobora ishyaka RDI ritaremererwa gukorera mu Rwanda, yatangaje ko umwaka wa 2016 wasize ibikorwa by’ingirakamaro, bigomba kongerera u Rwanda ishema mu ruhando rw’amahanga.
Ikigo 94Histudio gikora ibijyanye na filime n’umuziki, cyemeye gutunganya ku buntu indirimbo 20 zo Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bukuru bwa Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi (EUCL) iramenyesha abafatabuguzi bayo ko kugura amashanyarazi byongeye gukora nkuko byari bisanzwe.
Abatuye umurenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara,baravuga ko iteme n’umuhanda bibahuza n’umurenge wa Mugombwa ryangiritse bikadindiza ubuhahirane.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barishimira amahirwe bahawe yo kwandikisha abana mu gitabo cy’irangamimerere.
Mu mukwabu ngarukamwaka wiswe “Fagia” Polisi y’u Rwanda ifatanije na Polisi mpuzamahanga (Interpol) yafashe ibiciruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni 140.6RWf.
Urwego ngenzuramikorere ruzwi nka RURA, rubicishije mu itangazo rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peterori mu Rwanda byazamutse.
Bamwe mu bakoze imirimo yo kubaka mu muhanda Save-Mamba-Gikonko mu Karere ka Gisagara bahangayikishijwe no kuba umwaka urangiye batabonye amafaranga bakoreye.
Abaturage bo mu Murenge wa Remara mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi n’amazi bibadindiza mu iterambere.
Abari mu isengesho ryo gusabira abarwayi kwa Yezu Nyir’Impuhwe mu Ruhango banyagiwe n’imvura irimo amahindu, bayifata nk’umugisha bagendeye k’ukuntu yari yarabuze