Urubyiruko rwahuguriwe kuyobora ba mukerarugendo mu mujyi wa Butare ruhangayikishijwe no kuba hari ibirangamateka by’uwo mujyi bigenda bikendera, bagasaba ko hagira igikorwa ngo bibungabungwe.
Umunyarwanda ugeze mu Bubuligi cyangwa ubayo, ashobora gusura inzu ndangamurage ya Africa Museum, agasobanukirwa na byinshi mu byaranze amateka y’urwanda byo mu myaka ya kera biri muri iyo nzu.
Abanyaburayi baza gukoloniza ibihugu bya Afurika mu ntego zabo harimo guhindura abanyafurika bagasa nkabo mu myemerere, imibereho n’ibindi. Ahenshi nko mu Rwanda, mu Burundi na Congo kugira ngo usabane na bo hari igihe byasabaga icyemezo kigaragaza ko ibyo watojwe wabifashe bityo urimo kugenda ugera ku rwego rwo kubaho kizungu.
Inzu ndangamurage ya ‘Africa Museum’ ibitse amateka y’u Rwanda mu gihe cy’ubukoloni na mbere yabwo, ibitsemo byinshi mu birango by’amateka y’u Rwanda bimaze igihe mu Bubiligi, birimo n’Ikamba rya Rwabugiri.
Umunsi w’abakundana witiriwe Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Uwo munsi urangwa n’uko abakundana bibuka urukundo rwabo basangira, basohokana cyane cyane bahana impano zitandukanye ziganjemo indabyo.
Muri iki gihe, iyo umuntu yumvise ko ahantu runaka habaye ibirori, urugero nk’ibyo kwizihiza isabukuru y’amavuko (Anniversaires/birthdays), ahita yumva ko byanze bikunze haza gukatwa umutsima bita uwa kizungu, (cake/gateau). Ni kimwe no mu bukwe, ubu iyo abantu bategura ubukwe, ntibashobora kwibagirwa kugura uwo mutsima (…)
Abanyarwanda bari babayeho binywera inzoga gakondo zirimo ikigage n’urwagwa. Primus ifatwa nk’imfura mu zindi nzoga za kizungu, kuko mu 1957 nibwo uruganda rwa Bralirwa ruyenga rwatangiye mu Rwanda.
Umunsi w’abakundana witiriwe Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Uwo munsi urangwa n’uko abakundana bibuka urukundo rwabo basangira, basohokana cyane cyane bahana impano zitandukanye ziganjemo indabyo.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda burishimira ko abazisura bavuye ku bashyitsi igihumbi ku mwaka kuva mu 1989, bakaba bageze ku basaga ibihumbi 270, bivuze ko bikubye inshuro 270 mu myaka 30.
Nta cyapa na kimwe wahasanga cyanditseho iryo jambo, ariko ubwiye umumotari cyangwa umushoferi uti “ngeza kuri Beretwari”, ntabwo yirirwa ajijinganya.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel Gasana yahagarariye u Rwanda mu nama y’umuryango uhuza abakuru ba Polisi mu bihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika (EAPCO).
Ahagana saa kumi za mu gitondo zo ku itariki ya 15 Ukuboza 1976, nibwo Grégoire Kayibanda yashizemo umwuka ari kumwe n’umwana we w’imfura witwa Kayibanda Pie.
Tariki ya 1 Ukwakira 1990, abasore n’inkumi baturutse hirya no hino mu bihugu bahungiyemo, batangiye inzira ndende yo kwigobotora ingoma y’igitugu ya Habyarimana Juvenal.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko cyongereye ibikoresho n’ikoranabuhanga mu iteganyagihe kugira ngo ryizerwe kuko hari abakirikemanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, batangiye kubaka igicumbi cy’intwari cy’abana b’i Nyange bakazaharuhukira bose.
Abanyeshuri bari mu kigo cya gisirikare cyigisha iby’amahoro(RPA) basanga amateka ari mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ari infashanyigisho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwasabye abashinzwe imibereho myiza y’abaturage mu mirenge kuvugurura urutonde rw’abatishoboye bemerewe kuvurwa, rugahuzwa n’igihe.
Abatutage bo mu Kagari ka Agatonde mu Murenge wa Kibungo ho mu Karere kaNgoma, ubwo bizihizaga Umunsi w’Umuganura kuri uyu wa 7 Kanama 2015 bavuze ko iki gikorwa kiziye igihe kuko kibibutsa indangagaciro nziza y’urukundo, gusangira no gufata ingamba zo kongera umusaruro baharanira kwigira.
Urbyiruko rwo mu karere ka Ruhango, ruravuga ko rufite aho ruvuye heza kubera Kagame, rugasaba abadepite ko badakwiye ku rwima amahirwe yo gukomeza kugendana na Kagame, kuko hari byinshi rukeneye gukomeza kumwigiraho.
Polisi y’u Rwanda, ku wa Mbere, tariki ya 11 Gicurasi 2015, igiye kunguka aba-Ofisiye bato 462, barimo ab’igitsina gore 51, basoje amahugurwa abinjiza mu cyiciro cy’aba-Ofisiye ba Polisi y’u Rwanda (Officer Cadets) bari bamazemo igihe gisaga umwaka mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi riri i Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana aributsa urubyiruko ko rugomba guharanira ejo heza harwo n’ah’igihugu muri rusange binyuze mu gukunda umurimo.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkotsi mu Mudugudu wa Barizo barasaba ubuyobozi bw’akarere kubakemurira ikibazo cy’imitungo kababaruriye hakaba hashize hafi umwaka n’igice batarishyurwa mu gihe ngo batemerewe gusana cyangwa kurangiza amazu bari baratangiye kubaka.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) gifatanije n’amashami y’umuryango w’Abibumbye akorera mu Rwanda (One UN), bahaye amahugurwa imiryango itagengwa na Leta 26 yarushije indi kugira imishinga inoze. RGB na One UN basaba iyo miryango kugaragaza uruhare rufatika mu guharanira ineza y’abo ishinzwe kurengera.
Umuryango w’Afurika y’unze ubumwe n’umuryango w’abibumbye byemeza ko inyeshyamba z’umutwe wa FDLR ziri mu burasirazuba bwa Kongo ntacyo zikora mu gushyira intwaro hasi no kwirinda ibitero bishobora kuzigabwaho.
Ubuyobozi bwa sosiyete icukura ayo mabuye GMC (Gatumba Mining Concssion)bwatangaje ko bufite gahunda yo guteza imbere abaturage bakikije aho icukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Gatumba mu rwego rwo kubana neza nabo.
Mu Rwanda rwo ha mbere abagabo nibo bagiye bavugwaho cyane mu bigwi no mu butwari butandukanye, ariko kuri iyi nshuro twabateguriye bamwe mu bakobwa n’abagore bo ha mbere amateka avuga ko nabo bagiye bakora ibikorwa bitangaje.
Abasigajwe inyuma n’amateka bashima ishyaka rya FPR Inkotanyi kuko ari ryo ryabavanye mu nzu zitwaga “Kiramujyanye” zari zarabaye nk’umwihariko w’Abasigajwe inyuma n’amateka. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu buhamya butangwa na Mugorewishyaka Latifa wo mu kagari ka Mburabuturo mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza, (…)
Abaturage bo mu karere ka Muhanga mu murenge wa Cyeza baratangaza ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, abaturage basoraga batazi icyo basorera ndetse hakanaba n’imisoro ibakandamiza.
Umuryango Africa Innovation Prize (AIP), ushinzwe rufasha urubyiruko rwiga muri za kaminuza kunoza imishinga yarwo ukanayitera inkunga, muri iyi wikendi rwahembye abanyeshuri bagaragaje imishinga ifite akamaro mu marushanwa yari amaze amezi abiri aba.
Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 67 y’amavuko ukunze kwifashishwa mu kwigisha amateka y’u Rwanda, Kalisa Rugano, asobanura ko Ababiligi aribo bakoze iyo bwabaga kugirango bashwanishe Abahutu n’Abatutsi.