Abanyarwanda baba Dakota bitoyemo abayobozi

Abanyarwanda baba muri Leta ya North Dakota ho muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bitoyemo ababahagarariye by’agateganyo mu rwego rwo kubyutsa no gushinga umuryango mugari w’Abanyarwanda batuye muri iyo leta.

Abayobozi batowe by’agateganyo ni: Ally Soudy Uwizeye,Umuyobozi Mukuru, Murenzi Moris , Umuyobozi wungirije, Kalisa Grace, Umunyamabanga mukuru akaba anashinzwe imari n’igenamigambi Ndayambaje Andrew, Ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho.

Ally Suddy watorewe kuyobora Abanyarwanda baba Dakota
Ally Suddy watorewe kuyobora Abanyarwanda baba Dakota

Aya matora yabaye kuri icyi cyumweru dushoje yitabiriwe na bamwe mu banyarwanda batuye muri North Dakota cyane mu mujyi wa Dickinson dore ko ari nawo muri iyo leta utuwe n’Abanyarwanda batari bake.

Moris Murenzi umuyobozi wungirije
Moris Murenzi umuyobozi wungirije

Umuryango w’Abanyarwanda baba muri North Dakota/ USA (Diaspora nyarwanda yo muri North Dakota) ni ubwa mbere ubayeho.

Ndayambaje Andrew, Ushinzwe Itangazamakuru n'Itumanaho
Ndayambaje Andrew, Ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho

Mu inshingano ubu buyobozi bwa agateganyo bwahawe akaba ari ugutegura andi matora rusange mugihe kitarenze amezi atandatu.

Mu zindi nshingano bahawe harimo gutegura igikorwa cya amatora ya kamarampaka ku itegekonshinga ateganyijwe kuba kuri uyu wa kane tariki ya 17 Ukuboza muri Diaspora Nyarwanda zose.

Kalisa Grace, Umunyamabanga mukuru akaba anashinzwe imari n'igenamigambi
Kalisa Grace, Umunyamabanga mukuru akaba anashinzwe imari n’igenamigambi

Umujyi wa Dickinson ukaba muduce twatoranyijwe kuzaberamo amatora aho iyi komite yahise ikangurira abanyarwanda bose batuye muduce dutandukanye twa North Dakota no mu nkengero zayo kuzaza kwifatanya nabandi kwitorera itegekonshinga rijyanye n’ibyiyumviro n’ubushake bwa benshi mu banyarwanda.
Aya matora ya kamarampaka ku itegekonshinga akazabera muri Dickison/North Dakota ahitwa Ramada Grand Dakota Lodge Dickinson kuva saa kumi n’ebyeri z’igitondo kugera saa kumi n’ebyeri z’umugoroba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

@ Andrew bravo

fredo yanditse ku itariki ya: 17-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka