Impunzi z’Abarundi 595 zari mu Rwanda zakiriwe ku mupaka wa Nemba zisubira mu gihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abantu bose bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, agaragaza ko ari bo batumye igihugu kigera ku iterambere kigezeho ubu.
Mu ntangiriro z’urugamba rwo kubohora u Rwanda muri 1990, ingabo za RPA ntizorohewe n’urugamba kuko mu gihe kitageze ku kwezi kumwe, abafatwaga nk’abayobozi bakuru b’igisirakare bivuganywe n’umwanzi.
Ayingeneye Léonie utuye mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubona aho aba nyuma y’imyaka itatu arwariye mu bitaro bya Ruhengeri, aho atahiye agatungurwa no gusanga uwari umugabo we yaragurishjije inzu n’ibiyirimo byose.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Fidele Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda umuntu yakirebera mu mibanire ya buri munsi y’Abanyarwanda, kuko bigaragara ko bishimiye ko babanye mu mahoro.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta umwaka wa 2019, igaragaza ko Akarere ka Karongi kagifite amakosa menshi mu mikoreshereze n’imicungire y’umutungo wa Leta, by’umwihariko mu mitangire y’amasoko yatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Gahongayire Beatrice, umuyobozi w’uruganda ‘African Buffalo Ltd’ na Niyitegeka Bonaventure umukozi ushinzwe ibikorerwa muri uru ruganda rwenga inzoga zitandukanye, bakurikiranyweho gukora no gushyira ku isoko ibiyobyabwenge.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Ngororero kwirinda kwijandika mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’ibindi bituma bahugira ku nyungu zabo ntibite ku bibazo by’abaturahe.
Mudaheranwa Augustin, umusaza ufite imyaka 85 y’amavuko,wavukiye mu cyari Sheferi ya Migongo, ubu ni mu Karere ka Kirehe, ubu atuye mu Mudugudu wa Kigabiro, Akagari ka Kigabiro, Umurenge wa Murama, Akarere ka Ngoma.
Abafite aho bahurira n’urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu, baravuga ko kuboneza urubyaro ku bangavu byarushaho gukumira ikibazo cy’inda z’imburagihe ku bakobwa batarageza imyaka y’ubukure.
Nubwo ari umujyi ufite amahirwe menshi mu bikorwa by’iterambere, ubukerarugendo n’ubucuruzi, ni umujyi ugifite ikibazo mu nyubako zijyanye n’igihe n’imitunganyirize y’umujyi.
Imvura iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020, isambuye inzu yangiza n’imyaka myinshi ku musozi wa Gasogi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Abakunzi b’ibiganiro bya KT Radio bahora bibaza umugabo witwa Agahwayihwayi wamamaye kubera uburyo ahamagara kuri radiyo mu gukaraga ijwi no gusakuza, yewe no kudatinya kuvuga uko yumva ibintu cyane mu gusetsa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko inka ya Girinka ari ikimenyetso cy’urukundo Perezida wa Repubulika Paul Kagame akunda abaturage, bityo batagomba kuzigurisha.
Nyirakaberuka Angeline, umukecuru w’imyaka 95 utuye mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, avuga ko yashatse umugabo afite imyaka 12 abihatiwe n’ababyeyi be bashakaga inkwano.
Umunyambanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubiwyunge (NURC) Fidele Ndayisaba, arasaba Abanyarwanda kuzifatanya kuzirikana Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge mu bikorwa byose bizamara ukwezi k’Ukwakira.
Abashinzwe ubugenzuzi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Turere twa Muhanga, Ruhango, Kamonyi na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza imikorere n’imikoranire mu rwego rwo guteza imbere abaturage.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, yongeye kuburira abatekereza gutaha mu gihugu babanje guhungabanya umutekano w’Igihugu, ababwira ko batabishobora, ahubwo ko bataha ku neza kuko ari uburenganzira bwabo.
Minisiteri ya Siporo yatangaje ko ibikorwa bya Siporo zose byemerewe kongera gukora nyuma y’amezi atandatu byari bimaze byarahagaritswe.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Nyarubuye, Akagari ka Rukomo II, mu Murenge wa Rukomo, bavuga ko barembejwe n’abajura biba amatungo n’imyaka mu mazu, nyamara buri kwezi bishyura amafaranga y’abarara irondo ry’umwuga.
Mu gicuku cyo ku Cyumweru tariki ya 27 Nzeri 2020, ahagana saa cyenda z’ijoro abapolisi bafatiye abantu batanu mu rugo rw’uwitwa Kibukayire Marie Claire, bari mu birori byo gutaha inzu ya ye, barimo kunywa inzoga ndetse banacuranga imiziki yateje urusaku rwabangamiraga abaturanyi.
Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 25 Nzeri 2020, harimo uwemerera abatwara abagenzi ku magare bazwi ku izina ry’abanyonzi kugaruka mu muhanda, ariko basabwa kubahiriza amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima, ndetse no gukoresha ingofero zabugenewe (helmet/casque) kugira ngo birinde banarinda abo batwara ingaruka (…)
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, avuga ko inzu za Leta ziri i Huye zidakoreshwa, kimwe n’ibibanza by’ahitwa mu Cyarabu bikomeje gutera umwanda mu mujyi, biza gufatirwa ingamba.
Joséphine Nyiramatabaro w’i Bukomeye mu Murenge wa Mukura yahawe umuganda wo kumuhomera inzu, ariko kuri we ngo ikimubangamiye cyane ni ukuvirwa biturutse ku kuba amabati yahawe ayubaka yaramubanye makeya.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko amasoko y’amazi ari mu cyuzi cya Ruramira yakomye mu nkokora gushakisha imibiri y’Abatutsi bajugunywemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bamwe bishimiye ibyemezo byayifatiwemo, icyakora abandi bagaragaza ko hari ibindi bikorwa na byo bikwiriye kudohorerwa, nk’uko ibitekerezo batanze ku mbuga nkoranyambaga (…)
Ubuyobozi bw’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba butangaza ko insengero 110 ari zo zemerewe gukora mu gihe izindi zigisabwa kuzuza ibyo zisabwa mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Nyuma y’uko mu gihe cy’amezi atarenze atanu ba Gitifu bane b’imirenge igize Akarere ka Musanze bashyikirijwe inkiko bamwe bakaba bafunze baregwa icyaha cy’ihohotera mu baturage, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yagize impanuro atanga zijyanye n’uburyo abayobozi bagombye kwifata imbere y’abo bayobora.
Abatwara ibintu n’abantu ku magare bazwi nk’Abanyonzi bishimiye kugaruka mu muhanda ariko barasaba koroherezwa kubona ingofero zabugenewe zijyanye n’akazi n’ubushobozi bwabo.
Uku niko biba byifashe mu nama y’Abaminisitiri. Aha ni mu nama yateranye tariki 25 Nzeri 2020 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.