Abanyeshuri ba E.S. Ruhango, baravuga ko nyuma yo kubona mateka mabi yatewe n’ubuyobozi bubi, ko batazigera bumva ibitekerezo bibaganisha ahabi.
Urubyiruko rw’u Rwanda na Kongo rwibumbiye muri Tujenge Amani, ruhamya ko rwashoboye kubana neza mu gihe ibihugu bitari bibanye neza.
Umusore wo mu kagari ka Ruhingo umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yarohamye mu kiyaga cya Kivu .
Abantu 2 bakubiswe n’inkuba umwe arapfa mu murenge wa Karangazi, akarere ka Nyagatare, kuri uyu wa 27 Nzeri 2015.
Abaturage bo mu Kagari ka Rwayikona mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bagiye kwiyuzuriza umuhanda n’ikiraro bizabafasha kugirana imigenderanire n’utundi tugari.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko bahangayikishijwe no kuba baboneza urubyaro ariko abakobwa babo bakibyarira.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette, araburira abayobozi muri iyo ntara ko ko abatarara aho bakorera bagiye gufatirwa ibihano bikarishye birimo no kwirukanwa.
Abana 4023 bahuguwe na Imbuto Foundation muri gahunda ya 12+ program mu mwaka ushize barasabwa kuba abafashamyumvire kuri bagenzi babo.
Icyumba cyaberagamo amasengesho mu ishuri rya EAV Kabutare bikanze inkongi y’umuriro bavamo ikivunge bamwe bibaviramo guhungabana.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barasabwa guhunika ibiribwa bitegura guhangana n’ibura ry’umusaruro igihe hashobora kuba ibiza bitewe n’ikirere.
Nyuma y’igihe kinini mu Ngororero bahiga gukuraho amabati ya Asbestos (Fibrociment) ntibigerweho, ubu noneho ngo 2016, uzasiga yaraciwe burundu.
Njyanama y’Akarere ka Ruhango, irimo kwitegura umwiherero ugamije kwisuzuma ireba ibyo imaze kugeraho ndetse n’ibyo itakoze mbere y’uko mbanda irangira.
Ubuto mu myaka y’ubukure mu bayobozi b’inzego z’ibanze budindiza ikemurwa ry’amakimbirane mu miryango kuko batizerwa ngo babwire imvano yayo.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Abashakashatsi bo mu bigo bitatu ari byo Laterite, ikigo cy’Abanyakanada IDRC n’icyo mu Rwanda gikora ubushakashatsi kuri gahunda za leta IPAR nibo babitangaje bagendeye ku bundi buherutse gutangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR).
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari tugize Akarere ka Karongi bagiye guhinduranywa mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi basanzwe baha ababagana.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Gakenke basanga kwikoreza umwana imizigo ntacyo bitwaye kuko baba barimo kubashakira amaramuko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko ubu abaturage bo muri ako karere bamaze kugezwaho imiyoboro y’amazi meza babarirwa muri 90.2%.
Abatuye ikirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bagiye kwimurwa bajyanwe i musozi.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, atangaza ko azakora ibishoboka byose kugira ngo abana bahuye n’ibibazo bagire imibereho myiza.
Niyobyiringiro Callixte w’imyaka 25 wakoreraga Umurenge Sacco–Mushubati ho mu karere ka Rutsiro aracyashakishwa aho akurikiranyweho gutorokana 1,651,500frw.
Abayobozi b’ibitangazamakuru byandika barasabwa gukora indi mirimo ifitanye isano n’ibyo bakora kugira ngo bongere ubushobozi bw’ibitangazamakuru byabo bifite ikibazo cy’amikoro.
Kubera ko ikibazo cy’amasoko atangwa atinze ari kimwe mu byatumye tumwe mu turere tw’intara y’Iburengerazuba tutaraje ku myanya myiza mu mihigo cyafatiwe ingamba.
Impanuka y’ikamyo ya Bralirwa yahirimye igeze mu karere ka Gakenke, yatumye abaturage bari hafi aho bahita binywera inzoga yari yikoreye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugiye gukosora ibitagenda mu mitangire ya serivisi kugira ngo abaturage bakomeze kurushaho kugirira abayobozi icyizere.
U Rwanda rwamaganye raporo y’umuryango Human Rights Watch ivuga ko i Gikondo mu Mujyi wa Kigali hafungirwa abantu mu buryo butemewe n’amategeko.
Nyirarwango Esperance acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira, mu karere ka Nyabihu, nyuma yo gufatanwa utubure 1000 tw’urumogi.
Abaturage basaga 500 batunganyije amaterasi mu Murenge wa Mwurire mu Karere ka Rwamagana barinubira kuba bararangije imirimo muri Gicurasi, bikaba bigeze muri Nzeri batarishyurwa.
Amasezerano yasinywe hagati y’Umujyi wa Kigali na Sendika y’Abanyamyuga, STECOMA, agena ko abafundi bazajya bazubakira umuntu ufite ibyangombwa gusa.
Ubuyobozi bw’Umujyiwa Kigali, kuri uyu wa 23 Nzeri 2015 bwatangije gahunda yogusana imihanda ishaje mu rwego rwo kongera isuku mu mujyi no kuwuha isura nziza.