Abayobozi n’inzego z’abagore mu Karere ka Kamonyi bariyama abagore bahohotera abagabo bitwaje ihame ry’uburinganire, kuko ribasaba kungurana ibitekerezo n’abo bashakanye.
Abana barindwi bajyaga ku ishuri n’umugore mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi bariwe n’imbwa.
Sosiyete Nivile nyarwanda isanga umwanya ifite muri gahunda za Leta wakongerwa kugira ngo ibikorwa byayo bigere ku baturage benshi.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yashingiye ku byo abagore mu Rwanda bashoboye bijyanye n’ikoranabuhanga, asaba Transform Africa2015 kutabasiga inyuma.
Restora zo mu Rwanda zitabiriye inama ya Transform Africa2015, zabonye uko zigurisha ibiryo byo mu Rwanda zinamenyekanisha imitekere yarwo.
Leta ya Mali irashimira iy’u Rwanda kuba imaze kugira uruhare rukomeye mu kugarura amahoro muri iki gihugu.
Itegeko rigena imicungire y’umutungo w’abashakanye impano n’izungura ryatowe na Sena nyuma y’uko rikorewe ubugororangingo hagamijwe gukemura ibibazo byari mu risanzwe.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bishimiye ko ubwato perezida Paul Kagame yabahaye bwatangiye kubaha umusaruro
Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe mu murenge wa Rweru mu Bugesera bagwiriwe n’ikirombe, umwe arapfa.
Mu gihe inama ya Transform Africa igeze ku munsi wayo wa kabiri, twabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze ibihe by’ingenzi ku munsi wa mbere, ubwo yatangiraga kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukwakira 2105.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Burera baragaya bagenzi babo bahohotera abagore babo babaziza ko bamaze kwiteza imbere.
Umunyamategeko Me Nkongoli Laurent, Komiseri muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, avuga ko buri muyobozi akwiye gusoma indahiro ye uko atangiye akazi.
Kuva kuri uyu wa 19 Ukwakira 2015, abakozi b’Akarere ka Kamonyi batangiye gukorera mu biro bishya byubatse i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge.
Umucuruzi Mudenge Seleman arishyuza ibihumbi 980,Theobard Ruhumuriza uyobora Elite General Contractors company, washeshe amasezerano n’Akarere ka Ngoma yo kwagura isoko rya Kibungo 2014.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe umugore, urubyiruko rufatanyije n’abandi baturage, bubakiye umugore banaremera abandi batishoboye tariki 17/10/2015.
Lt. Col. Ntibibaza Gerard wari ushinzwe igice cy’abarwanyi muri FDLR, abasaba gutaha mu Rwanda kuko yasanze ibyo baharanira byaramaze kugerwaho.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo muCcyaro, ku wa 17 Ukwakira 2017, bamwe mu bagore ba Tabagwe banenzwe isuku nke n’ubusinzi.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wizihirijwe murenge wa Muyira ku rwego rw’Akarere ka Nyanza wasize uhwituriye abagore kutiyandarika.
Abaturage batishoboye baremerwa ngo bagomba gukurikiranwa hakarebwa niba bashyira mu bikorwa inama bagirwa, badategereje guhora bahabwa ahubwo ibyo bahawe bakabibyazamo umusaruro.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Burera batangaza ko kimwe mu bibazo basigaranye ari icyo kutamenya gusoma no kwandika bigatuma badatera imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi bizera ko korozanya muri gahunda ya Girinka bizafasha abakiri mu murongo w’ubukene kubateza imbere.
Urugaga rw’abagore bo mu Karere ka Rutsiro rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rwatangiye mitiweli abagore 100 batishoboye runaremera undi umwe inka.
Depite Astrid Schimitt wo mu gihugu cy’Ubudage ubwo yari i Kansi ku wa 16 Ukwakira 2015 yavuze ko umubano mwiza hagati y’abantu ari ipfundo ry’iterambere rirambye.
Mu muhango wo kwizihiza Umunsi w’Umugore wo mu Cyaro wabereye mu Karere ka Gicumbi ku rwego rw’igihugu abagore bashimiwe uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umubyeyi witwa Mpombetsendora Gertrude aratangaza ko ahereye ku gikoma yacuruzaga amaze kugera ku gishoro kirenze miliyoni y’amanyarwanda.
Abaturage barashishikarizwa gukora cyane, bongera amasaha y’akazi bakareka utubari kugira ngo barusheho kubona umusaruro uhagije kandi babashe no kwiteza imbere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gatsibo, baragaragaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ibicanwa bidahagije bigatuma basigaye biyambaza ibitsinsi by’ibiti.
Ndayitegereje Ndagije watashye nyuma y’imyaka itandatu aba muri FDLR, avuga ko kuwubamo ari ukuba mu bucakara, agasaba abawurimo kwibwibohora.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango bwatangije ikinyamakuru buvuga ko kigamije kuzamura imyumvire y’abaturage bo muri uwo murenge.
Abaturiye isoko y’amazi ya Samuko yo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe barinubira ko batakibona amazi meza.