Abamasaderi bashya mu Rwanda bashyikirije Perezida Kagme impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, bizeje ko bazashyigikira igihugu umutekano n’ubukungu.
Leta y’u Rwanda yashyize abagenzuzi mu mahoteli agera kuri 84 yo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bakurikirane uko abaje mu nama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe bakirwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rushamikiye ku muryango wa FPR Inkotanyi, rwiyemeje gushishikariza bagenzi babo umurimo no kurwanya inda zitateganyijwe.
Mukamuganga Cecile, umubyeyi ufite ubumuga bw’amaguru uhinga indabo mu Karere ka Gisagara, yiteze ko umwuga yinjiyemo nyuma yo kugira ubumuga uzamuteza imbere.
Abaturage bimuwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera mu Murenge wa Rilima barasaba akarere kubaha ibyo bemerewe mbere yo kwimurwa.
Abaturage batuye mu Kagari ka Rusenge,Umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kuva bavuka binywera amazi y’imigezi itemba.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irashinja bamwe mu bafite ibigo byegamiye kuri Leta kwirukana abakozi babyo badakurikije amategeko, bigateza Leta igihombo kuko amasezerano abagenga ari ayayo.
Mu gihe abatuye Agasozi Ndatwa ka Mbayaya bavuga ko nta bikorwa remezo bihari ubuyobozi wo bu buvuga ko byose bihari ahubwo abaturage banze kuhatura.
Akarere ka Karongi gatangaza ko inka 214 muri gahunda ya «Gira inka» zaburiwe irengero burundu.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Dr Nkosazana Dlamini Zuma yahamagariye ibihugu kwita ku buhahirane mu rwego rwo kwirinda gusabiriza.
Perezida Kagame yibukije abagabo ko bagomba gufata iya mbere mu gushyigikira no guharanira ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore.
Tumwe mu tuzu tw’amazi abatuye muri Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bubakiwe twatangiye kwangirika batarabona amazi.
Ihuriro ry’imiryango iharanira iterambere ry’umugore muri Afurika, ryageneye Perezida Kagame igihembo cy’intangarugero mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ziba i Nariobi muri Kenya bizihije umunsi wo kwibohora, bashimira ingabo zahoze ari iza RPF-Inkotanyi zabohoye igihugu.
Rondpoint yari isanzwe kuri Kigali Convention Centre haruguru ya KBC yafunzwe burundu mu rwego rwo kwakira neza abashyitsi.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro inyubako nshya muri Kigali ya Kigali Convention Centre, kuri uyu wa gatanu tariki 8 Nyakanga 2016.
Katende Abraham Semwogerere, ukomoka muri Uganda, amaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda mu muhango wabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kayonza kuri uyu wa Gatanu, tariki 8 Nyakanga 2016.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Bugarama baravuga ko babangamiwe n’indaya zibatwara abagabo bagasigara bahangayikishwa no kurera abana babyaranye.
Kuba hari imiryango yasezeranye mu Karere ka Gakenke ariko ikaba itanditse mu gitabo cy’irangamimerere bituma hari ababyitwaza bagahohotera abo bashakanye.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba abagoronome guhagurukira ikibazo cy’abana bagwingira kigacika burundu.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze bashimira ubuyobozi bwabavanye muri nyakatsi, bagatura ahantu heza mu gihe batumvaga ko byashoboka.
Abagize komite za Girinka mu nzego z’ibanze i Nyabihu barasabwa ubunyangamugayo mu nshingano bahawe hirindwa ko haba ibibazo muri Girinka.
Abaturiye ruhurura ya Kivugiza mu murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bariruhutsa nyuma yo gutunganywa kuko itazongera kubangiririza.
Umuyobozi wa Islam mu Karere ka Kayonza, Sheikh Nshimiyimana Mubarak, avuga ko uwashaka gushora aba-Islam mu iterabwoba atabona aho amenera.
Minisitiri w’Intebe wa Islael na Perezida Paul Kagame baratangaza ko ibihugu byombi bizakomeza gufatanya mu kuzamura iterambere ry’abaturage.
Ubuyobozi bw Hotel CIVITAS buratangaza ko imirimo yo kwakira abayigana ikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe.
Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatangaje ko amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari kimwe mu bimenyetso by’amateka mabi ya muntu ku isi.
Abayisilamu mu Karere ka Nyagatare bashimiye leta y’ubumwe ko yabahaye uburenganzira batahoranye mbere bita gushyirwa ku ibere.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.