Perezida Omar al-Bashir wa Sudani ageze i Kigali

Perezida Omar Al-Bashir ushakishwa na ICC yageze i Kigali.
Perezida Omar Al-Bashir ushakishwa na ICC yageze i Kigali.

Perezida Bashir ashinjwa ibyaha byibasiye inyoko muntu harimo n’ibya Jenoside yakorewe abaturage bo mu Ntara ya Darfour muri Sudani.

Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Fatou Bensouda, yasabye ibihugu Omar al-Bashir azakandagiramo kumuta muri yombi bikamumushyikiriza ngo acirwe urubanza.

U Rwanda ariko rwateye utwatsi icyifuzo cya ICC cyo kumuta muri yombi aje mu nama ya AU kuko abakuru b’ibihugu by’Afurika basabye ko igihe umuperezida akiri ku butegetsi aba agomba kurekerwa ubudahangarwa bwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru bitabiriye inama ya AU yabibukije kandi ko Rwanda rutari muri ICC kuko rutigeze rusinya amasezerano yayo.

Minisitiri Mushikiwabo yongeyeho ko u Rwanda rwubaha ibyemezo by’abaperezida b’Afurika kuruta ibya ICC kuko uru rukiko ngo rwataye inshingano z’ubutabera rukaba rukora mu nyungu za Politiki.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ntibakadusuzugure
abasize bahekuye urwanda birirwa bidegembya iwabo ntibabafate none bara rindagira gusa.uwo mu president si mushyigikiye nagato kubera nawe yakoze nabi,ariko aho aba barahazi nabo bazamusange yo.

dada yanditse ku itariki ya: 17-07-2016  →  Musubize

Omari Bashiri Niumusaza Mwiza Kandi Wiyubashye Umeze Neza Ibyo bavu Ngourwandarumfat Sibyonamba Urwandarwacurufit Amaho Nibahari Ibyaha afite Bazamwifatire?

Tuyishime Joshuw yanditse ku itariki ya: 17-07-2016  →  Musubize

0mari Bashiri Ni Umusza Mwiza Abobashaka Baribeshy Nibamurekere Ubudahangarwabwe Rwos Niba Hari Ibyobamushinja Bazabe Bamukurikirana Murakoz

Tuyishime Joshuw yanditse ku itariki ya: 17-07-2016  →  Musubize

mfite agahinda ntewe numuyobozi wa green part bwana habineza yaraye avuze ko u rwanda rufata H E Mareshal Bashil koko habineza abona politikeye izamugeza hehe.

juvenal yanditse ku itariki ya: 17-07-2016  →  Musubize

abanyarwanda turamwakiriye neza kuko ni umwana wa Africa kandi twanze Icc yivanga mubikorwa byabanyafrica

vava yanditse ku itariki ya: 16-07-2016  →  Musubize

All presidents well come in Rwanda

sibomana jean claude yanditse ku itariki ya: 16-07-2016  →  Musubize

Eeee baramenye bazamusange mugihugu cye Ubundi se harya Twe abagenosideri bariwabo barabohereje??

sibomana jean claude yanditse ku itariki ya: 16-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka