Perezida Kagame asaba urubyiruko kudahunga inshingano

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rw’abanyeshuri basoje itorero Indangamirwa, ko ryabafashije kugira indangagaciro zo kutazaba ibigwari no guhunga inshingano ahubwo bakamenya ibibabereye.

Perezida Kagame yanatangaje ko hagiye kongerwa imyitozo ya gisirikare mu itorero.
Perezida Kagame yanatangaje ko hagiye kongerwa imyitozo ya gisirikare mu itorero.

Kuri uyu wa kabiri tariki 19 Nyakanga 2016, nibwo Perezida Kagame yabitangaje ubwo yasozaga itorero ry’abanyeshuri biga hanze y’iguhugu n’abahize abandi mu bizami bisoza amashuri yisumbuye bagera kuri 345.

Minisitiri w'Ingabo James Kabarebe ashyikiriza Brian Kagame impamyabumenyi nyuma y'itorero.
Minisitiri w’Ingabo James Kabarebe ashyikiriza Brian Kagame impamyabumenyi nyuma y’itorero.

Yagize ati “Itorero ribafasha kutazaba ibigwari, mugahora mufatanya n’abandi mu gukorera no kubaka u Rwanda. Itorero kandi ryabatoje kumenya ubuzima bwanyu, mukamenya ikibaha agaciro nk’abantu n’icyo mushaka kuba.”

Aba banyeshuri bagaragazaga ko banezerewe nyuma yo gusoza itorero.
Aba banyeshuri bagaragazaga ko banezerewe nyuma yo gusoza itorero.

Yavuze ko nyuma y’itorero igisigaye ari ukwiyubakamo ubushobozi bufasha mu kuzamura igihugu no kugiteza imbere, bitewe n’amasomo baba baherewemo.

Bamwe mu rubyiruko barangije amasomo baherewe mu itorero Indangamirwa mu cyiciro cya cyenda baravuga ko amasomo bahawe azabafasha kuba Abanyarwanda beza no guhagarira neza u Rwanda ku biga mu mahanga.

Ababyeyi baje gushyigikira abana babo.
Ababyeyi baje gushyigikira abana babo.

Ikiciro cy’uyu mwaka cyanitabiriwe na bucura bwo mu muryango wa Perezida Kagame, hanatanzwe impamyabumenyi zigaragaza ko bitabiriye iri torero ryatangiye itariki 30 Kamena.

Andi mafoto

Amb Richard Sezibera yaje gushyigikira izi ntore.
Amb Richard Sezibera yaje gushyigikira izi ntore.
Intore z'Indangamirwa.
Intore z’Indangamirwa.
Ange kagame yaje gushyigikira musaza we.
Ange kagame yaje gushyigikira musaza we.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Ese umwana urangije secondaire mu Rwanda akora iyi ngando? Cg se niyabana bize muri Diaspora gusa? If YES conditions nizihe? biyangikisha he? amatariki na yahe?
Murakoze

BEATRICE yanditse ku itariki ya: 20-07-2016  →  Musubize

Ntabwo MINISTER ASHYIRWAHO N INAMA Y ABAMINISTERS, AHUBWO ASHYIRWAHO NA PRESIDENT KU BUBASHA AHABWA N ITEGEKO ,ABINYUJIJE MU BIRO BYA PRIME MINISTER

mama messi yanditse ku itariki ya: 20-07-2016  →  Musubize

Ariko abantu mugira ibigambo, ninde wababwiye ko Dr Richard sezibera ariwe uzaba Minister of Health?
Ni mwe se mushyiraho abayobozi?
Mwagiye mutegereza inama y’abaministre.

john yanditse ku itariki ya: 19-07-2016  →  Musubize

Urwo rubyiruko nirukomere ku mpanuro z’umukuru w’igihugu bamenye ko baba bagiye guhagararira igihugu iyo muhanga.

sylver yanditse ku itariki ya: 19-07-2016  →  Musubize

Itorero niryiza kuko ridufasha ku menya neza indangagaciro zacu na kirazira biranga umunyarwanda,ibyo bituma tuba abo turibo bo.

kankuyo jeanne yanditse ku itariki ya: 19-07-2016  →  Musubize

Richard SEZIBERA Future Minister of Health

eva yanditse ku itariki ya: 19-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka