Ku munsi wa Gatatu, FESPAD yakomereje mu Karere ka Kayonza - Amafoto

Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) ku munsi waryo wa gatatu, ryabereye i Mukarange mu Karere ka Kayonza kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kanama 2016.

Abitabiriye iserukiramuco beretswe inyambo zororerwa i Kayonza.
Abitabiriye iserukiramuco beretswe inyambo zororerwa i Kayonza.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko gahunda ya FESPAD irimo kugenda neza, avuga ko ibyiza biyigaragaramo bidakwiye kujya bitegereza rimwe mu myaka ibiri.

Ati "Umuco wo gutarama no guhiga ni mwiza ntabwo dukwiye gutarama ku munsi w’umuganura gusa. Dukwiye kubyinjiza mu buzima bwacu bwa buri munsi."

Iri serukiramuco Nyafurika ry’imbyino mu Karere ka Kayonza ryitabiriwe n’amatorero yo mu bihugu bitatu, Rwanda, Misiri na RDC.

Abaturage baryitabiriye bishimiye kuba begerejwe iserukiramuco nk’iri.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, ashimira guverinoma yatekereje kumanura iri serukiramuco rikava ku rwego rw’igihugu rikagera no mu turere.

Mu bikorwa byaranze iri serukiramuco i Kayonza, harimo kumurikirwa inyambo, imbyino z’ibihugu no guha abana amata.

Amafoto:

Minisitiri w'Umuco na Siporo, Uwacu Julienne.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka