Intumwa za Amerika zanyuzwe n’imikorere ya Rwanda Peace Academy

Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zasuye Rwanda Peace Academy mu karere ka Musanze hagamijwe kugira ngo bamenya neza ibihakorerwa.

Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zishimiye uburyo u Rwanda rutera inkunga mu bijyanye no kubungabunga amahoro ku isi.
Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zishimiye uburyo u Rwanda rutera inkunga mu bijyanye no kubungabunga amahoro ku isi.

Babitangarije mu ruzinduko rwabo rwo kuri uyu wa gatanu tariki 22 Nyakanga 2016, muri iki kigo cyigisha ibijyanye n’amahoro.

Umuyobozi wa RPA Col Jull Rutaremara, yavuze ko Abanyamerika ubwabo ari bo bisabiye kuzasura u Rwanda bagasura ahantu hatandukanye harimo no muri RPA.

Yagize ati “Bashimiye u Rwanda cyane cyane inkunga rutera mu bintu bijyanye no kubungabunga amahoro kw’isi, kuko Amerika ni cyo gihugu cya mbere gitanga amafaranga menshi mu bintu bijyanye no kugarura amahoro mu rwego rwa Loni.

Ni nayo ninayo mpamvu mu bintu bavugaga bashimiraga u Rwanda ukuntu rwifata, inkunga rutanga mu bintu byo kubungabunga amahoro ukuntu ruba intangarugero.”

Izi mpuguke nizo zihitiyemo kuzasura u Rwanda mu bijyanye n'igisirikare.
Izi mpuguke nizo zihitiyemo kuzasura u Rwanda mu bijyanye n’igisirikare.

Intumwa za leta zunza ubumwe za America zasuye RPA n’impuguke mu bijyanye n’ingengo y’imari muri kongere y’iwabo n’abashinzwe ibikorwa bya gisirikare muri ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, beretswe imikorere y’iki kigo.

Biteganyijwe ko bazasura ibitaro bya gisirikare bya Kanombe, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, bakareba ibintu bijyanye n’ubuvuzi n’imibereho by’Abanyarwanda.

RPA yafunguye muri 2010, imaze gutanga amahugurwa kubijyanye n’umutekano no kugarura amahoro inshuro 54. Hahugurirwamo abantu 1.540 barimo abasirikare, abapolisi, abacungagereza n’abasiviri baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

turabishimiye kandi tubifurije kugaruka

alias yanditse ku itariki ya: 24-07-2016  →  Musubize

barakora amahanga nabemere nibaze bige kuko rwandan police oyeeeeeeeeeeeeeee

cyubahiro yanditse ku itariki ya: 24-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka