“Camera” ya iPhone 7 yageragerejwe mu Rwanda

Camera ya telefone igezweho, iPhone 7, yageragerejwe mu Rwanda mu rwego rwo kureba ubwiza bw’amafoto ifotora.

Aha gafotozi Austin Mann yafotoye imirima y'icyayi mu Ntara y'Amajyepfo
Aha gafotozi Austin Mann yafotoye imirima y’icyayi mu Ntara y’Amajyepfo

Iryo geragezwa ryakoze na gafotozi kabuhariwe w’Umunyamerika witwa Austin Mann. Uyu azwi ho kuzenguruka ibihugu bitandukanye byo ku isi afata amafoto.

By’umwihariko ariko azwiho kugerageza camera z’amatelefone ya iPhone. Abikora buri uko hasohotse nimero nshya yazo.

Ku itariki ya 07 Nzeli 2016, ni bwo iPhone 7 na iPhone 7 Plus zashyizwe ahagaragara, n’uruganda ruzikora rwa Apple.

Nyuma yuko zigiye hanze, gafotozi Austin Mann nabwo ntiyazuyaje. Yahise azifata aza mu Rwanda gufata amafoto azifashishije, agerageza camera zazo. Areba niba koko zafata amafoto abereye ijisho.

Yifashishije izo telefone zombi, yafotoye mu ishyamba rya Nyungwe, Ingagi zo mu birunga, ubwato mu kiyaga cya Kivu n’imirima y’icyayi iri mu Ntara y’Amajyepfo.

Yifashishije camera ya iPhone 7 yafotoye ingagi zo mu Birunga
Yifashishije camera ya iPhone 7 yafotoye ingagi zo mu Birunga

Uyu gafotozi avuga ko yahisemo kugeragereza camera ya iPhone 7 mu Rwanda kuko ruzwiho kuba ari igihugu cy’imisozi 1000. Ibyo ngo bikaba byaramufashije gufata amafoto mu buryo yifuza, agendeye kuri izo “camera” z’izo telefone.

Tim Cook, umuyobozi w’uruganda rwa Apple, yishimiye ayo mafoto yafatiwe mu Rwanda, ayasangiza abamukurikira ku rubuga rwa Twitter.

Umuyobozi w'uruganda rwa Apple rwakoze iPhone 7 yishimiye ayo mafoto, ayasangiza abamukurikira kuri Twitter
Umuyobozi w’uruganda rwa Apple rwakoze iPhone 7 yishimiye ayo mafoto, ayasangiza abamukurikira kuri Twitter

Ayo mafoto yafotoye yose agaragara ku ruguga rwe rwa Interineti, http://austinmann.com ndetse no ku rubuga rwa http://www.nationalgeographic.com.

Yanafotoye ikirunga cya Sabyinyo. Aha ni mu Kinigi muri Musanze
Yanafotoye ikirunga cya Sabyinyo. Aha ni mu Kinigi muri Musanze

Kugira ngo abashe gufata ayo mafoto mu buryo yifuza, yafashijwe n’abantu batandukanye mu Rwanda barimo ikompanyi y’indege ya Akagera Aviation yamufashije gufotora ari mu kirere.

Andi mafoto yafotowe mu Rwanda hifashishijwe iPhone 7

Austin Mann yafotoye iyi foto mu Kiyaga cya Kivu
Austin Mann yafotoye iyi foto mu Kiyaga cya Kivu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

iphoe7igura angahe?

Theogrne yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka