Ushobora gusaba uruhushya rw’inzira ujya gushaka serivisi z’ingenzi ukoresheje ikoranabuhanga
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko muri ibi bihe abantu basabwa kuguma mu ngo mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, abantu bashobora gusaba uruhushya rwo kujya gushaka serivisi za ngombwa bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga.

Mu butumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije kuri Twitter, ivuga ko zimwe muri serivisi z’ingenzi harimo guhaha, kujya kuri banki, farumasi, gushyingura, kwivuza n’ibindi byihutirwa.
Kugira ngo usabe urwo ruhushya, bisaba kwinjira ku rubuga rwa www.mc.gov.rw, cyangwa se ugakoresha telefoni igendanwa, ugakanda *127#.
Nyuma bisaba kwandika umwirondoro wawe, nomero yawe y’indangamuntu n’iya telefoni, hanyuma ukinjizamo ibikubiye mu rugendo rwawe, werekana aho uva n’aho ujya, impamvu y’urugendo n’ibirango by’ikinyabiziga (purake).
Hakurikiraho kwinjizamo itariki, igihe ugendeye n’igihe ugarukira, hanyuma ukohereza ugategereza igisubizo.
Iyo urugendo rwawe rwemewe cyangwa se rutemewe, Polisi ikoherereza ubutumwa ibikumenyesha.
Polisi y’u Rwanda isaba abantu bose bemerewe kujya gushaka serivisi zemewe ko bagomba kwerekana ubutumwa bugufi bubemerera kugenda, igihe Polisi ibahagaritse.
Ushobora gusaba uruhushya rw’inzira ujya gushaka serivisi z’ingenzi ukoresheje ikoranabuhanga. Zimwe muri serivisi z’ingenzi harimo: guhaha, kujya kuri Banki, Farumasi, gushyingura, kwivuza n’ibindi byihutirwa .Reba iyi videwo umenye uko ushobora gusaba uruhushya rw’inzira: pic.twitter.com/Fvy2QdPzLd
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) April 25, 2020
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Perezida Museveni wa Uganda bamusanzemo COVID-19
- Bangladesh: Habonetse abantu 68 banduye COVID-19 mu masaha 24
- #COVID19: Abantu 32 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 11,440
- #COVID19: Abantu 27 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,528
- #COVID19: Abantu 28 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,555
- #COVID19: Abantu 23 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 8,951
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,212
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,215
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,290
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,131
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,224
- #COVID19: Abantu batanu banduye babonetse mu bipimo 1,515
- #COVID19: Abantu 6 banduye babonetse mu bipimo 974
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,828
- #COVID19: Abanduye batatu babonetse mu bipimo 2,071
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,500
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,467
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,207
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,328
- #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye ni 2,195
Ibitekerezo ( 14 )
Ohereza igitekerezo
|
Kucyi twaka uruhushya mukatwereka ko mwabyemeje ntimuduhe message kd rubarukenewe murakoze
Kucyi twaka uruhushya mukatwereka ko mwabyemeje ntimuduhe message kd rubarukenewe murakoze
Mwadufasha kutubariza ahantu twajya tunyura dusaba uruhushya rwokujya Mukazi dufite imodoka kuko Police ya Rubavu irikuzidukuramo zigafungwa ngo ikarita yakazi ntihagije kuba twakajyamo dutwaye imodoka zacu ubworero turasaba uruhushya bakatubwirako urujya Mukazi Atari Police irutanga ko rutangwa na Ministry y’umurimo kdi ntarubuga yagaragaje cyangwa nimero twanyuraho ngo tubavugishe Mwatubariza tukarenganurwa kuko twahashiriye pe kdi tujya ahantu henshi hatandukanye nkabakorera mumipaka hatandukanye Murakoze.
Ndumunyeshuri nkeneye uruhusha twurugendo rwogukora ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu wamashuri yisumbuye murakoze
Ko tugerageza kwandika dusaba uruhushya hakazamo ngo the nid may not be greater than 16 characters,biba byapfiriye he? Byakosoka gute?
I
Ndabasuhuje!
Ndashimira cyane RNP ukuntu ikomeje kutwitaho no kudushakira ibisubizo aho rukomeye,
nasabaga ko mwanoza uburyo bwo gusaba uruhushya ry’urugendo, maze iminsi 2 nsaba uruhushya ryo kujya mu kazi byanze.
mudufashe.
Ngiye gusarura imyaka nahinze mukarere ka Nyagatare,umurenge wa Nyagatare,akagari ka bushaga
Twabasabaga uruhushya rwo kujya gutabara amatungo yacu aho yabaga mwifamu hatewe numwuzure twasabaga kujya kuzishakira aho tuzikodeshereza kugirango zibone aho ziba
KUKI MU VUGA KO UDASHOBORA GUTEGURA GAHUNDA MBERE Y,IMINSI IRENZE 2 ? NDUMVA NTAGITANGAZA CYABA KIRIMO
Abagenda namaguru twe nti twemerewe uruhushya
Murakoze
Mwiriwe? Abakene batagira imodoka cg amapikipiki twe ntitwemerewe?
mwiriwe neza mbere nambbere ndashimira RNP kubunyamwuga nubwitange bahorana mukazi kabo kabiri minsi .ndasabako mwanoza ububuryo bwo gisaba uruhushya hifashishijwe ikorana buhanga ntibiranoga neza haba kuri Internet no kuri terefone nibirigikunda ubu maze amasaha abiri mbigerageza byanze .Iyaduhanze ikomeze iturinde iturindire ningobyi iduhetse idufashe gutsinda covide 19 murakoze